INTEGANYANYIGISHO Y’AMASOMO …...Ubu buryo ni ingenzi kandi bugira akamaro mu masomo...
Transcript of INTEGANYANYIGISHO Y’AMASOMO …...Ubu buryo ni ingenzi kandi bugira akamaro mu masomo...
i
i
INTEGANYANYIGISHO Y’AMASOMO
MBONEZAMUBANO N’UBUMENYI
BW’IYOBOKAMANA
P1-p3
Kigali,2015
ii
© 2015 Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB)
Uburenganzira bw’umuhanzi:
Iyi nteganyanyigisho ni umutungo w ‘Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB)
iii
IJAMBO RY’IBANZE
Mu rwego rwo gushimangira imyigire n’imyigishirize ishingiye ku bushobozi bw’uwiga, Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere
Uburezi mu Rwanda (REB) gishimishijwe no gushyira ahagaragara integanyanyigisho nshya izakoreshwa mu gihugu hose. Iyi
nteganyanyigisho igamije gutanga uburezi buboneye kandi bufite ireme mu byiciro by’uburezi rusange mu mashuri yose y’u
Rwanda. Poritiki y’uburezi mu Rwanda ni uguha urubyiruko mu byiciro byose by’uburezi amahirwe yose mu byerekeye
ubumenyi, ubumenyi ngiro n’ubukesha bikwiriye birutegurira kugira uruhare mu iterambere ry’umuryango ndetse no
guhabwa amahirwe yo kwihangira umurimo.
Kugira ngo hanozwe ireme ry’uburezi, Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu ivugurura ry’integanyanyigisho ku buryo
imyigire n’imyigishirize ndetse n’isuzuma bigira uruhare rugaragara mu kurema Umunyarwanda igihugu gikeneye. Mu rwego
rwo kubaka umuryango ushingiye ku bushobozi, byabaye ngombwa ko hakorwa integanyanyigisho ishingiye ku guha abiga
ubushobozi bukenewe kugira ngo bashobore gupigana ku isoko ry’umurimo haba mu karere u Rwanda ruherereyemo
cyangwa ku rwego mpuzamahanga. Mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi nteganyanyigisho, abanyeshuri bazagira uruhare
rugaragara mu myigire bityo bagire ubushobozi butuma bashobora guhuza ibyo bize n’ubuzima bwa buri munsi. Ibi bizatuma
bo ubwabo bigirira akamaro kandi banateze igihugu cyabo imbere.
Turashimira byimazeyo abafatanyabikorwa n’abaterankunga bagize uruhare mu ivugurura ry’iyi nteganyayigisho kuva
igikorwa gitangira kugeza kirangiye. Tuboneyeho kandi gusaba abazakoresha iyi nteganyanyigisho gutanga ibitekerezo
byatuma irushaho kunozwa.
GASANA I. Janvier
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB)
iv
GUSHIMIRA
Ndashimira mbikuye ku mutima abantu bose bagize uruhare mu itegurwa ry’iyi nteganyanyigisho. Ntabwo iyi nteganyayigisho
yashoboraga gukorwa uko bikwiye iyo hatabaho uruhare rw’abafatanyabikorwa banyuranye mu burezi ndetse
n’abaterankunga. Nejejwe no gushima ubufatanye n’ubwitange batugaragarije.
Mbere na mbere ndashimira inzego nkuru zishinzwe uburezi mu Rwanda zakurikiraniye hafi umurimo wo kuvugurura
integanyanyigisho ndetse n’abakozi b’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda bagize uruhare mu itegurwa
n’iyandikwa ry’iyi nteganyanyigisho. Harashimirwa kandi abarimu bigisha kuva mu mashuri y’inshuke, abanza, ayisumbuye na
kaminuza bitanze batizigama kugira ngo iyi nteganyanyigisho ishobore kujya ahagaragara.
Ndashimira imiryango nterankunga mu burezi nka UNICEF, UNFPA, DFID, AFR kubera inkunga mu rwego rw’imari na tekiniki
batanze mu ivugurura ry’iyi nteganyanyigisho. Ndashimira kandi uruhare rw’abafatanyabikorwa mu burezi nk’Itorero
ry’Igihugu, Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, CNLG, GMO, RBS, REMA, WDA, MINECOFIN, AEGIS Trust, Handicap
International, Wellspring Foundation, Right to Play, MEDISAR, EDC/L3, EDC/Akazi Kanoze, Save the Children n’Imiryango
ishingiye ku kwemera mu iyandikwa ry’iyi nteganyanyigisho. Byongeyekandi ndashimira impuguke mpuzamahanga ndetse
n’iz’Abanyarwanda bitanze kugira ngo iyi nteganyanyigisho ishobore gutegurwa no kwandikwa.
Iyi nteganyanyigisho ni umusaruro w’ubufatanye n’ubwitange bya buri wese mu bitabiriye iki gikorwa.
Dr. MUSABE Joyce Umuyobozi w’Ishami ry’Integanyanyigisho n’Imfashanyigisho muri REB
v
IGICE CYA MBERE AMASOMO MBONEZAMUBANO
vi
vii
URUTONDE RW’ABAGIZE URUHARE MU ITEGURWA RY’IYI NTEGANYANYIGISHO
Abakozi b’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda
Dr. MUSABE Joyce, Umuyobozi w’Ishami ry’Integanyanyigisho n’Imfashanyigisho.
GATERA Augustin, Umuyobozi w’Itsinda ry’Indimi n’Ubumenyamuntu.
BACUMUWENDA Nehemiah, ushinzwe ireme ry’integanyanyigisho n’imfashanyigisho mu Itsinda ry’Indimi
n’Ubumenyamuntu.
MUKAYIREGE Julienne , Umuteganyanyigisho w’Amasomo mbonezamubano,
Abarimu
BUZAALE Gershom (Kigali Parents School)
HATANGIMANA Jean Baptiste ( GS Shyogo)
MANIRAFASHA François Xavier (GS Rugando)
NSABIMANA Benjamin (Ecole Internationale de Kigali)
Abandi bagize uruhare mu itegurwa ry’iyi nteganyanyigisho
MURENZI Emmanuel (International Education Exchange)
Uwanonosoye integanyanyigisho
MUSABYIMANA Thacien (UR , College of Education)
viii
ix
TABLE OF CONTENTS
IGICE CYA MBERE AMASOMO MBONEZAMUBANO ...................................................................................... v
URUTONDE RW’ABAGIZE URUHARE MU ITEGURWA RY’IYI NTEGANYANYIGISHO ............................... vii
1.INTANGIRIRO ................................................................................................................................................ 1
1.1. ISOBANURAMPAMVU ........................................................................................................................... 1
1.2 Akamaro k’inyigisho y’amasomo mbonezamubano ........................................................................... 1
1.2.1 Akamaro k’amasomo mbonezamubano kuri sosiyete nyarwanda…………………………………………..……1
1.2.2 Akamaro k’amasomo mbonezamubano ku munyeshuri………………………………………………………..…….1
1.2.3 Ubushobozi……………………………………………………………………………………………………………………..………….2
2. Imbonezamasomo mu kwigisha amasomo mbonezamubano.................................................................. 4
2.1. Uruhare rw’umunyeshuri ..................................................................................................................... 4
2. 2 Uruhare rwa mwarimu ......................................................................................................................... 7
2.3 Uburezi bw’abafite ibibazo byihariye n’imyigishirize idaheza .......................................................... 8
3. ISUZUMA/ IGENZURA.................................................................................................................................. 9
3.1 Isuzuma mbere y’imyigire: ................................................................................................................... 9
3.2. Isuzuma mu gihe cy’imyigire ............................................................................................................... 9
3.3 Isuzuma nyuma y’imyigire: ................................................................................................................. 10
4.IMFASHANYIGISHO .................................................................................................................................... 11
x
4.1 Abantu................................................................................................................................................... 11
4.2 Ibidukikije .............................................................................................................................................. 11
4.3 Izindi mfashanyigisho ......................................................................................................................... 11
5. AMASOMO Y’INTEGENYANYIGISHO ........................................................................................................ 13
5.1 Imiterere y’integanyanyigisho ............................................................................................................ 13
5.2 Umwaka wa mbere .............................................................................................................................. 13
5.2.1 Intego rusange z’umwaka wa mbere………………………………………………………………………………………….13
5.3 Umwaka wa kabiri ............................................................................................................................... 37
5.3.1 Intego rusange z’umwaka wa kabiri……………………………………………………………………………………………37
5.3.2 Urutonde rw’amasomo y’umwaka wa kabiri……………………………………………………………………………..37
5.4 . Umwaka wa gatatu ............................................................................................................................. 54
5.4.1 Intego rusange z’umwaka wa Gatatu…………………………………………………………………………….…………54
6. IBYIFASHISHIJWE MU GUTEGURA IYI NTEGANYANYIGISHO ............................................................... 73
6.1 Inyandiko .............................................................................................................................................. 73
6.2. Poritiki z’uburezi ................................................................................................................................. 75
6.3. Imbuga nkoranyambaga…………………………………………………………………………………………………………….76
IGICE CYA KABIRI : UBUMENYI BW’IYOBOKAMANA ............................................................................... 77
URUTONDE RW’ABAGIZE URUHARE MU ITEGURWA RY’IYI NTEGANYANYIGISHO .............................. 78
1. INTANGIRIRO ......................................................................................................................................... 79
xi
1.1. Imvano y’ivugurura ry’integanyanyigisho ........................................................................................ 79
1.2. Impamvu zo kwigisha no kwiga Ubumenyi bw’iyobokamana ........................................................ 79
1.2.1. Ubumenyi bw’iyobokamana n’Umuryango Nyarwanda…………………………………………………………..79
1.2.1 Akamaro k’ubumenyi bw’Iyobokamana ku munyeshuri……………………………………………………………80
1.2.3 Ubushobozi...................................................................................................................................81
2. IMBONEZAMASOMO .................................................................................................................................. 84
2.1. Uruhare rw`umwarimu ...................................................................................................................... 85
2.2. Uruhare rw`umunyeshuri .................................................................................................................. 86
3. ISUZUMA ..................................................................................................................................................... 87
3.1 Isuzuma ry’intego z’isomo .................................................................................................................. 87
3.2. Kubika inyandiko igaragaza ibyavuye mu isuzuma ......................................................................... 89
3.3. Gutegura ibibazo by'isuzuma rikomatanya ...................................................................................... 90
3.4. Imiterere y'ibigomba gusuzumwa mu nyigisho y’iyobokamana .................................................... 91
3.5. Gukorera ababyeyi raporo y'isuzuma ............................................................................................... 91
5. IMITERERE Y’IYI NTEGANYANYIGISHO .................................................................................................. 93
IYOBOKAMANA RYA GIKIRISITU ................................................................................................................. 95
5.1 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa mbere ............................................ 97
5.1.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe………………………………………………………………………………………….97
5.2 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa Kabiri ........................................... 106
xii
5.2.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe………………………………………………………………………………………….106
5.2.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa kabiri……………………..107
5.3 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa Gatatu ......................................... 117
5.3.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe………………………………………………………………………………………….117
5.3.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa mbere……………………118
IYOBOKAMA RYA KIYISILAMU ................................................................................................................... 131
5.4 Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa Mbere ........................................................................... 132
5.4.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe………………………………………………………………………………………….132
5.4.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa mbere………………….133
5.5 Integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu: umwaka wa Kabiri ....................................... 143
5.5.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe………………………………………………………………………………………….143
5.5.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa mbere…………………….144
5.6 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa Gatatu ........................................ 154
5.6.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe………………………………………………………………………………………….154
5.6.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa gatatu…………………..155
6. INDANGABITABO ..................................................................................................................................... 165
7. IMIGEREKA ............................................................................................................................................... 167
1
1.INTANGIRIRO
1.1. ISOBANURAMPAMVU
Iyi nteganyanyigisho y’amasomo mbonezamubano agenewe kwigishwa mu burezi bw’ibanze mu Rwanda uhereye mu mwaka
wa mbere ukagera mu mwaka wa gatatu yakozwe ku buryo bwagutse hitawe ku nyurabwenge, ku myumvire no ku byo
abaturage b’igihugu bakeneye. Ni umusingi w'amasomo yose y'ubumenyamuntu ushimangira indangagaciro
z'umunyarwanda.
Ishingiye kandi ku gitekerezo cyo guhuza integanyanyisho z’Amashuri Abanza yo mu Rwanda n`iz`ibindi bihugu cyane cyane
iz`Ibihugu bigize Umuryango Nyafurika w`Iburasirazuba.
1.2 Akamaro k’inyigisho y’amasomo mbonezamubano
1.2.1 Akamaro k’amasomo mbonezamubano kuri sosiyete nyarwanda
Amasomo mbonezamubano akubiyemo inyigisho kuri "Ndi umunyarwanda ",Itorero ry'igihugu, Ubuzima bw'imyororokere ,
Kubungabunga ibidukikije, Kwizigamira, uburinganire, SIDA, Isuku, Umuco w'amahoro n'iterembare, uburezi budaheza
n'ikoranabuhanga, ubumwe n’ubworoherane
1.2.2 Akamaro k’amasomo mbonezamubano ku munyeshuri
Amasomo mbonezamubano atuma umunyeshuri agira amatsiko yo gusobanukirwa n'abaturage, imibereho y’abantu
n’ibidukikije. Muri iyi nteganyanyigisho nshya azagira ubushishozi, ubushakashatsi, ubumenyingiro ,ubukesha n'ubushobozi
bityo akazabasha kugaragaza ibyo ashoboye gukora aho kugaragaza gusa ubumenyi nkuko byari bimeze mu nteganyanyigisho
yari imaze igihe ikoreshwa.
2
1.2.3 Ubushobozi
Aya masomo mbonezamubano mu cyerekezo gishya afasha abanyeshuri gucengera byimbitse amasomo biga kandi ibyo bize
bakabishyira mu bikorwa.Babasha kugira ubukesha n'umumenyingiro bikenewe ku isoko ry'umurimo bityo bagateza igihugu
cyabo imbere. Bumwe mu bukesha n'ubushobozi bazagira ni :
Ubushobozi fatizo
Ubushishozi (uruhare rw'umugore mu iterambere ry'igihugu..)
Ubushakashatsi no gukemura ibibazo ( iyo batara amakuru arebana n'amateka,
imyemerere...)
Guhanga udushya ( kwikorera agashinga kabyara inyungu(ntibigaragara mu ntego), kwikorera ibikoresho
byo ku ishuri no mu rugo..)
Gushyikirana n’abandi ( kujya impaka, gukora inkuru,...)
Kubasha guhora yiyungura ubumenyi mu buzima bwe bwose no mu kazi ke.
Intego zagutse z’amasomo mbonezamubano
Intego z’iyi nteganyanyigisho y’amasomo mbonezamubano mu cyiciro cya mbere ni
Gufasha umunyeshuri kumva impamvu ari ngombwa kuba umuturage mwiza, ufite imigenzo myiza ishingiye ku
ndangagaciro nyarwanda na kirazira .
Gufasha umunyeshuri kumva ko hatagomba kubaho kubangamirana hagati y’abantu n’ibidukikije n’ingaruka nziza
zabyo ku buzima bw’abantu.
3
Kumvisha umunyeshuri akamaro k’ubuhinzi, inganda n’ubukerarugendo mu kongera umutungo w’urugo,
w’umuryango n’uw’igihugu.
Gufasha umunyeshuri kugira umutima wo gukunda umurimo no kuwukora neza afatanya n’abandi.
Gutoza umunyeshuri kugira umuco wo kwitekerereza no gushishoza.
Guha umunyeshuri ubumenyi bw’ibanze mu byerekeye icungamutungo
Gutoza guhangana (mu kigero cye) n’ibibazo by’igihugu nka Sida, kwangirika kw’ibidukikije, ubwiyongere bukabije
bw’abaturage, uburinganire no kurengera uburenganzira bwa muntu n’ubw’umwana.
Gufasha uwiga kumva aho u Rwanda ruhuriye n’ibindi bihugu haba mu karere ruherereyemo, haba muri
poritikiporitiki no mu iterambere
4
Uko amasomo mbonezamubano yubaka ubushobozi
Amasomo mbonezamubano atoza abanyeshuri kwiyigisha bakora ubushakashatsi, bitegereza, bakorera mu matsinda,
bakavumbura ibyigwa bagenewe babigizemo uruhare runini. Bitoza imigenzo myiza yiganjemo indangagaciro nyarwanda
bashungura ibyiza by’umuco wacu. Bahabwa ubushobozi bwo gushishoza mbere yo gukora icyo ari cyo cyose, kwibwiriza no
guhanga udushya.
2. Imbonezamasomo mu kwigisha amasomo mbonezamubano
Imiterere y’isomo rigomba kwigishwa akenshi ikunze kuba ari yo igena uburyo bugomba gukoreshwa mu kuryigisha. Ibi
bikaba ari umwihariko w’inyigisho mbonezamubano.
Kubera ko inyigisho mbonezamubano zishingiye ku nyigo y’imibereho y’abantu n’ibidukikije, umwigisha agomba gufasha
uwiga kuvumbura ibyo agiye kwiga, gushakashaka,kuganira n'abandi , kujya impaka bityo akagira uruhare runini ku myigire
ye.
2.1. Uruhare rw’umunyeshuri
Agomba kugira ubushobozi mu gusesengura,gushishoza, gusabana no gukora wenyine cyangwa mu matsinda.
Gukorera mu matsinda bifasha umunyeshuri :
- Kwiyumvisha uruhare rwa buri wese (uburinganire).
- Kwigirira icyizere.
- Kubana neza na bagenzi be basangiye itsinda.
5
- Kubaha ibitekerezo by’abandi no kwemera ubwuzuzanye.
- Kwifatanya n’abandi mu gutunganya umurimo bahawe.
- Kungurana ibitekerezo mu mahoro n’ubwumvikane.
Anketi: - Ubu buryo ni ingirakamaro mu masomo mbonezamubano.
- Umunyeshuri agiramo uruhare runini kuko ari we ushakashaka, akavumbura, akiyungura ubumenyi, ubukesha,
imico myiza n’imyitwarire.
- Umwigisha arashishikaza, akayobora kandi agakurikirana ibikorwa by’umunyeshuri.
- Ubu buryo busaba kwifashisha ibitangazamakuru, ibitabo, amashusho n’ibishushanyo.
Umushinga
- Ahanini umunyeshuri ahabwa umurimo/igikorwa cyo gukora.
- Imishinga ntinganya uburemere n’igihe ariko iba ikwiranye n’ikigero ndetse n’ubushobozi bw’umunyeshuri.
- Buri gihe mwarimu afasha kandi ayobora umunyeshuri kugira ngo akore umurimo we neza.
- Umunyeshuri yifashisha ishuri, aho atuye n’ahandi.
Urugero: inzibutso, inzu ndangamurage, amasomero, inkiko gacaca n’ibindi…
Gukorera mu matsinda
Mwarimu akora amatsinda y’abana bavangavanze, batanganya ubushobozi/ubwenge.
Buri tsinda rihabwa umurimo waryo.
6
Muri iyo mirimo twavuga nko:kujya impaka, gusura umudugudu, segiteri, akarere, intara, ahantu ho ku rwego
rw’igihugu, inkiko gacaca, inzibutso…,
Gusoma no gusesengura ikarita.
Abanyeshuri b’abanebwe cyangwa badashabutse baterwa umwete na bagenzi babo b’inkwakuzi bari kumwe
mu itsinda.
Mu mirimo y’amatsinda, haba ubwuzuzanye, butuma imyigire yoroha kandi ikaba myiza kurusha ko mwarimu
yaba ariwe ukora wenyine.
Kujya impaka
Ubu buryo ni ingenzi kandi bugira akamaro mu masomo mbonezamubano ariko busaba gutegurwa neza no
kugenzurwa. Bitabaye ibyo habaho gutakaza umwanya ku ruhande rwa mwarimu n’abo yigisha.
Dore inama zakurikizwa kugira ngo bitegurwe kandi bigende neza:
- Impaka zigibwa ku kintu abana bazi neza kandi gisobanutse.
- Abanyeshuri bose bagomba gushishikarizwa kujya impaka.
- Ibisubizo/ ingingo bitanzwe neza byumvikana ni byo byemerwa.
- Agaciro gahabwa ibisubizo biri byo.
- Ibisubizo birimo amakosa birakirwa ariko bigakosorwa.
- Mwarimu abaza ibibazo bifasha abanyeshuri kugera ku bisubizo biri byo.
- Ibisubizo byemejwe bishyirwa ku kibaho bikavamo incamake y’ibyo bize.
7
Kwitoza no gusubiramo
- Ubu buryo burihariye kandi bwuzuza ubwavuzwe haruguru.
- Bugamije gufasha umunyeshuri gusubira mu byo yize, kubishyira mu bikorwa no kubisobanukirwa neza.
- Kwitoza( gushyira mu bikorwa) no gusubiramo bifasha umunyeshuri kubona ibyo atumvise neza.
Ibyamucitse, bityo akagira ubumenyi bwuzuye bw’ibyo yigishijwe.
2. 2 Uruhare rwa mwarimu
Impinduka izazanwa n’integanyigisho ivuguruye, ishingiye ku bushobozi, igaragaza ihinduka ry’uruhare rwa mwarimu
mu myigishirize. Umurezi azareka uburyo bw’imyigishirize ishaje yo kuba ipfundo rya byose ahubwo azabe
umwunganizi, ajye ayobora umunyeshuri mu myigire ye, aha agaciro ibifitiye umunyeshuri akamaro n’ibindi akeneye .
- Umwarimu areba uburyo bukwiye bwo gutegura ishuri rye, uko yicaza abanyeshuri, uko abatondeka cyangwa
abashyira mu matsinda ku buryo buri wese agira uruhare mu bikorwa mu isomo no mu byigisho runaka.
- Umwarimu ayobora abanyeshuri mu gukoresha neza imfashanyigisho: ibitabo, amakarita, amashusho..., mu
gukora ubushakashatsi buri ku kigero cyabo, mu kujya impaka, mu buryo bunoze bwo gufata ibitekerezo
n’ingingo z’ingenzi z’ibyo bakoze n’uko babigaragariza abandi mu ishuri.
- Umwarimu yunganira abafite ingorane izo ari zo zose mu myigire yabo ( Abagenda buhoro, abandika
buhoro,abafata mu mutwe batinze, abihuta kurusha abandi, abafite ubumuga bw’ingingo...abategurira imyitozo
bashoboye , akanabyitaho mu gutanga imirimo.
8
2.3 Uburezi bw’abafite ibibazo byihariye n’imyigishirize idaheza
Abanyarwanda bose bafite uburenganzira bungana ku burezi. Ni muri urwo rwego ishyirwamubikorwa ry’iyi
ntegenyanyigisho rigomba kuzita ku burezi budaheza bita ku bana bafite ubumuga bwihariye. Ikibazo kigaragara ni uko mu
banyeshuri habamo abafite imibereho itandukanye n’iy’abandi bitewe n’ibibazo by’imikorere y’ingingo z’umubiri,
iby’imikorere y’ubwonko cyangwa iby’ukuntu bagaragaza imbamutima zabo. Abo bose bagomba kwitabwaho by’umwihariko
mu myigire yabo.
Uruhare rw’ishuri n’urw’umwarimu ni urwo gushaka uburyo bukwiye bwo gufasha abo bana hitabwa ku bibazo bafite kugira
ngo na bo bakurikire amasomo nk’abandi nta mbogamizi. Bityo bagashakirwa ibikoresho n’imfashanyigisho byabo byihariye .
Ikindi ni uko mu gihe cy’isuzuma nabwo hagomba kwitabwa ku bibazo byihariye by’abo bana.
Inyoborabarezi ireba buri kiciro cy’abafite ubumuga zarateganyijwe mu rwego rwo gufasha abarimu kunoza imyigishirize .
9
3. ISUZUMA/ IGENZURA
3.1 Isuzuma mbere y’imyigire: rikorwa hagamijwe kumenya niba nta nyigisho abana baba baracikanwe mu cyiciro
kibanziriza icyo bagezemo cyangwa umwaka ubanziriza uwo bagiyemo. Bigafasha no kumenya aho bafite ingorane zababuza
gukurikira neza inyigisho bagezeho.
3.2. Isuzuma mu gihe cy’imyigire rikorwa umwarimu yitegereza buri munsi uko umunyeshuri yiyungura ubumenyi, uko
ashyira mu bikorwa ibyo asabwa byose, uko ahindura imyitwarire, uko abana na bagenzi be ( baba bakina, baganira , bajya
impaka, bakemura ikibazo runaka …)
Isuzuma ry’intego z’isomo:
Mbere yo gutanga isomo, umwarimu agena intego ashaka kugeraho, bityo agateganya n’uburyo bw’isuzuma kugira ngo
amenye niba koko intego zagezweho by’ukuri, bikaba byatuma yigisha isomo rishya cyangwa agasubiramo ibitarumvikanye
neza. Umwarimu urangije gutanga isomo rye atanga imyitozo igamije kureba niba intego yihaye zagezweho. Intego z’isomo
zigaragazwa n’ibyo umunyeshuri yungutse. Intego z’isomo ziteganya kandi ingingo umwarimu aheraho asuzuma isomo
yatanze n’ibituma zigerwaho.
Isuzuma ryo kugorora imyigishirize:
Iri suzuma rikorwa nyuma yo kwigisha umutwe wose cyangwa nyuma yo kurangiza kwiga ikigwa runaka. Ibi umwarimu
abikora agamije kumenya ko intego z’amasomo ye zagezweho ahereye ku byo abanyeshuri bazi gukora. Iyo asanze hari ikibazo
bafite, ashaka impamvu zabiteye bityo agahindura imyigishirize ye cyangwa agasubira mu masomo abona bafitemo ingorane
10
kugira ngo inyigisho zumvikane kurushaho. Mu Masomo mbonezamubano imyitozo y’isuzuma igomba gufasha abanyeshuri
gushakashaka, kwitegereza, gusobanura neza ibyo bungutse. Imyitozo yo kujya impaka, gusobanurira abandi ibyo babonye mu
bushakashatsi, itinyura abanyeshuri, ikabafasha kwiyigisha, kwitoza kuvuga neza no gucengera ibyigwa nta ngorane.
Buri ntego igomba kugira isuzuma, mu ntera zose zituma igerwaho. Isuzuma rero rihoraho mu nyigisho (imikoro,
amarushanwa, isiganuza, ubushakashatsi,ibizamini....).
3.3 Isuzuma nyuma y’imyigire:
Iri suzuma rikorwa nyuma y’ igihe runaka cyo kwiga, ryo rireba muri rusange niba umunyeshuri ashobora kujya mu kiciro
gikurikiyeho.
Isuzuma rigamije kumenya intera abanyeshuri bagezeho:
Umwarimu ateganya amasuzuma anyuranye nyuma y’igihe runaka nk’igihembwe cyangwa umwaka kugira ngo arebe muri
rusange ubushobozi umunyeshuri afite akurikije intego rusange yari yihaye. Nyuma y’iri suzuma ni bwo hakorwa urutonde
rw’abanyeshuri hakurikijwe amanota bagize kandi agashyirwa ku ndangamanota.
Icyitonderwa :
- ibyavuye muri buri suzuma bigomba kwandikwa mu gitabo kigaragaza uko buri mwana atera imbere
- Bibikwa neza kandi bikamenyeshwa n’ababyeyi
11
4.IMFASHANYIGISHO
4.1 Abantu
Kubera ko amasomo mbonezamubano yigisha imibereho n’imibanire y’abantu ndetse n’aho baba, imfashanyigisho ya mbere
kandi y’ingirakamaro ni abantu ubwabo n’ibiboneka aho baba.
4.2 Ibidukikije
Mwarimu n’abanyeshuri bifashisha ibidukikije (abantu n’ibintu) by’aho batuye. Muri byo dusangamo:
Abantu b’inararibonye, amasoko, amazu, ibihingwa, ibimera, ibiyaga, imigezi n’inzuzi, imisozi, ibibaya, insengero, inyamaswa/
Amatungo, amasomero, insisiro z’ubuyobozi, amavuriro, ibitaro, ibigo nderabuzima, amazu ndangamurage, amazu
y’ubuyobozi, ibyanya (Akagera, Nyungwe, ibirunga), inganda, inzuri za kijyambere, ahantu hakorerwa iby’iteganyagihe,
amashyamba kimeza inzibutso, ahantu nyaburanga hanyuranye.
4.3 Izindi mfashanyigisho ni:
Ibitabo by’inyigisho, ibitabo binyuranye, amashusho, amofoto, amakarita, ibihangano, ibishushanyo, filimi, videwo, radiyo,
tereviziyo, terefoni, mudasobwa, murandasi.
12
4.4 Ibisabwa umwarimu w’amasomo mbonezamubano
Umwarimu w’amasomo mbonezamubano agomba kugendana n’ibihe: guhora ashakashaka uburyo bugezweho bwo kwigisha
n’imfashanyigisho zigezweho akaba kandi asabwa kugira ubumenyingiro bukurikira:
- Kugira impamyabushobozi mu kwigisha amasomo mbonezamubano.
- Gutegura no gutunganya ishuri rye ku buryo abanyeshuri biga bisanzuye.
- Gufasha abanyeshuri kwiga bashishikaye, buri wese akagira uruhare mu myigire ye nta nzitizi cyangwa imbogamizi izo
ari zo zose;(abafite ubumuga bw’ingigo, abiga buhoro, abafite impano yo kwiga vuba cyane ...).
- Gushishikariza abanyeshuri kwigira mu mutuzo, bubaha ibitekerezo bya bagenzi babo.
- Gukundisha abanyeshuri kwiga bashyizeho umwete, bakunda umurimo nta gusigana cyangwa kwiganyiriza, bagira
ishyaka ryo kunoza ibyo bakora.
- Gutoza abanyeshuri be kugira imyitwarire iboneye yuje ubupfura.
- Kubamenyereza gusobanuza, gushakashaka, kubaza ibyo batumva cyangwa batazi.
- Gufasha abana bafite ubumuga butandukanye kwiga biboroheye hakoreshejwe
uburyo bwabigenewe.
- Gukoresha uko bikwiye imfashanyigisho n’integanyanyigisho.
13
5. AMASOMO Y’INTEGENYANYIGISHO
5.1 Imiterere y’integanyanyigisho
Mu ntangiriro y’iyi nteganyanyigisho hari iriburiro, intego rusange n’imbonezamasomo by’ikiciro cya mbere cy’amashuri
abanza. Ibyigwa muri buri mwaka bikubiye mu mitwe inyuranye. Ibyigwa mu mwaka wa mbere bikubiye mu mitwe cumi
n’ibiri naho mu mwaka wa kabiri n’uwa gatatu biri mu mitwe icyenda muri buri mwaka.
Buri mutwe ugira ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe kugerwaho umutwe wose umaze kwigwa. Kugira ngo ubwo bushobozi
bugerweho, hari intego z’ubumenyi, z’ubumenyi ngiro n’iz’ubukesha bifasha umwarimu mu gutegura no gutanga isomo rye
ashingiye ku byigwa binyuranye bikubiye mu nsanganyamatsiko iri mu mutwe.
Ibyigwa bya buri mwaka bigiye bigaragazwa mu mbonerahamwe y’urutonde rw’amasomo y’uwo mwaka
5.2 Umwaka wa mbere
5.2.1 Intego rusange z’umwaka wa mbere
- Gusobanukirwa imiterere y’umuryango abamo.
- Kwimakaza umuco w’amahoro n’ uburenganzira bwa muntu mu muryango.
- Kurangwa n’imyitwarire iboneye aho ari hose.
- Guharanira imibereho myiza y’umuryango.
- Gusobanukirwa ubukungu bw’umuryango.
- Kugira ubumenyi ku burere mboneragihugu, ubumenyi bw’isi n’amateka.
14
INYIGISHO: AMASOMO MBONEZAMUBANO
Imbumbanyigisho : IMITERERE Y’UMURYANGO Inyigisho:UMURYANGO MUTO
Umwaka wa 1 Umutwe wa 1:
UMURYANGO WANJYE
Umubare w’amasomo: 15
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe :gusobanura imiterere y’umuryango we n’imibereho yawo
Intego Ibyigwa Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Gutandukanya
amoko y’inyubako
zo mu rugo iwabo
-Kugaragaza
abagize
umuryango muto
-Kugaragaza
-Gutandukanya amoko
y’inyubako zo mu rugo
iwabo agendeye ku
bikoresho bizigize.
-Gusobanura imiterere
y’urugo abamo
-Gusobanukirwa abagize
umuryango we
n’amasano bafitanye
-Kwishimira
urugo rwacu
n’ibirugize
-Gufata neza
inyubako n’
ibikoresho byo
mu rugo.
Urugo rwacu :
-Inzu yacu
(ibice
biyigize)
-Ibikoresho
byubatse inzu
yacu
-Ibikoresho
tubona mu nzu
yacu
-Akamaro
-Kwitegereza buri wese
ukwe inzu z’iwabo n’iziri
hafi y’iwabo akaza kubwira abandi
mu ishuri uko ziteye n’ibikoresho
bizubatse
- Kuganirira mu matsinda akamaro
ko kugira aho umuntu atuye
-Bakabwira abandi ibyo bagezeho
bityo buri wese akishimira aho atuye
-Gusobanuza abagize umuryango we
n’amasano bafitanye akabirondorera
15
abagize
umuryango we
-Kugaragaza
inshingano za buri
wese ugize
umuryango
-Gutandukanya
inshingano z’abagize
umuryango we
-Gusobanura ku rugero
rwe ibyiza
by’umuryango muto
Kubaha no
kugirira
urukundo
abagize
umuryango
-Guharanira ko
abagize
umuryango
buzuza
inshingano zabo
-Kubaha no
kugirira
urukundo
abagize
umuryango
k’inzu yacu
-Urugo rwacu:
ibirugize
n’akamaro kabyo
Abagize
umuryango
-Abagize
umuryango
-Uko barutana
Inshingano za
buri wese mu
bagize
umuryango
-Inshingano
abandi
-Kuganirira mu matsinda uko
bitwara ku bagize umuryango wabo -
Gutangariza abandi mu ishuri ibyo
bagezeho
-Kuganirira mu matsinda ibyiza byo
kuzuza inshingano za buri wese
n’ingaruka zo kutazuzuza.
-Gukina agakino kerekana amasano
y’abagize umuryango muto
n’inshingano z’abana n’iz’ababyeyi
barangiza bakabisobanurira abandi
bakabiganiraho bakora incamake ku
bitekerezo by’ingenzi
-Gushushanya igiti cy’amasano
y’umuryango muto
-Kuganira mu matsinda ku byiza byo
kuba mu muryango muto
bakabijyaho impaka bagakora
16
z’ababyeyi
-Inshingano
z’abana
Umuryango
muto( kugera
kuri sekuru)
-Igiti cy’amasano
y’umuryango
muto
-Ibyiza
by’umuryango
muto
incamake yabyo
-Kuganira mu matsinda ku byiza byo
kubahana no gukundana mu
muryango
Ihuriro n’andi masomo: inyunguramagambo ku miterere y’umuryango we n’imibereho yawo
Ibigenderwaho mu isuzuma : ubushobozi ku gusobanura imiterere y’umuryango we n’imibereho yawo
Imfashanyigisho : ibishushanyo bijyanye n’ibyigwa biri muri iyi nsanganyamatsiko
17
Imbumbanyigisho: Uburere mboneragihugu
Amasomo mbonezamubano
Umwaka wa 1 Umutwe wa 2 : Ibirango by’igihugu Umubare w’amasomo: 5
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : kuririmba neza indirimbo yubahiriza igihugu no gutandukanya ibendera ry’igihugu cy’u Rwanda n’andi mabendera
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
- Kurondora amagambo avugwa mu ndirimbo yubahiriza igihugu - Kurondora amabara agize ibendera ry’u Rwanda
- Kugaragaza uburyo buboneye bwo kuririmba indirimbo humvikanishwa neza amagambo yayo
Kuririmba neza indirimbo yubahiriza igihugu - Gushushanya amabara
agize ibendera ry’igihugu cy’u Rwanda
- Gukunda igihugu no kubaha indirimbo yubahiriza igihugu
- Kwishimira kuba umunyarwanda - Kurangwa n’umuco
wo kubaha no kubahiriza ibirango
by’igihugu
- Indirimbo yubahiriza igihugu
-Indirimbo yubahiriza igihugu Rwanda nziza
-Ibendera ry’igihugu cy’u Rwanda - Amabara agize ibendera ry’igihugu -Ayo ari yo n’uko akurikirana
- Kuganirira mu matsinda bagaragaza amagambo y’ingenzi avugwa mu ndirimbo yubahiriza igihugu
- Gukora umwitozo wo kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu abandi bakavuga niba yabikoze neza.
- Kujya hanze y’ishuri bakitegereza ibendera ry’igihugu bakarishushanya hanyuma bakag anira ku bintu bitandukanye birigize
18
Ihuriro n’andi masomo : uburyo bwo kuririmba neza, gushushanya
Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kuririmba neza indirimbo yubahiriza igihugu, no gutandukanya ibendera ry’igihugu n’andi mabendera Imfashanyigisho : CD y’indirimbo yubahiriza igihugu ,radiyo, Filimi , ibendera ry’igihugu cy’u Rwanda
19
Imbumbanyigisho: Uburere mboneragihugu
Amasomo mbonezamubano
Umwaka wa 1 Umutwe wa 3 : Abayobozi n’ibirango by’ishuri muba
Ure w’amasomo:3
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : gutandukanya ibirango by’ishuri ryabo n’iby’andi mashuri no gutandukanya abayobozi b’ishuri ryabo
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyin
giro Ubukesha
-Gutandukanya Abayobozi b’ishuri - Gusobanura inzego z’ubuyobozi ku ishuri
-Gusobanura inshingano z’abayobozi ku ishuri
-Kubaha abayobozi b’ishuri -Kwiyambaza inzego z’ubuyobozi bw’ishuri igihe cyose bibaye ngombwa (gusaba uruhusa, gusaba ibikoresho ibitabo, ingwa…, kubaza amanota, gusaba gukemurirwa ikibazo…
Abayobozi b’ishuri -Abayobozi b’ishuri n’inshingano zabo =Ibirango by’ishuri ( indirimbo y’ishuri, impuzankano ,intego y’ishuri (motto)
-Kuganirira mu matsinda ku bagize ubuyobozi bw’ishuri no ku birango by’ishuri hanyuma bagatangariza abandi ibyo bagezeho -Gukina udukino tugaragaza imyitwarire y’abayobozi b’ishuri n’uburyo bwo kubiyambaza hanyuma bakagaragaza uko babafasha mu myigire yabo
Ihuriro n’andi masomo : inyunguramagambo ku biranga ishuri ryacu, ubumenyi bw’isi, imibare Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo gusobanura ibiranga ishuri ryacu Imfashanyigisho : ibishushanyo binyuranye byerekana inyubako z’ishuri aho ziherereye
20
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza Inyigisho: ISUKU
Umwaka wa 1 Umutwe wa 4 : Isuku y’umubiri n’imyambaro
Umubare w’amasomo:10
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: kurangwa n’ isuku ku mubiri no ku myambaro Intego Ibyigwa
Ibikorwa
by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha - Gusobanura uburyo bunyuranye bwo kugira isuku y’umubiri - Gusobanura akamaro k’isuku y’ibice by’ingenzi y’umubiri
-Gusobanura uko basukura umubiri wose n’akamaro kabyo -Gutandukanya ibikoresho binyuranye by’isuku - Gusukura intoki n’ibirenge - Gukora isuku y’akanwa - Gukora isuku y’amaso n’amatwi
- Kuba umunyesuku - Kugaragaza isuku y’umubiri aho ari ho hose
Isuku y’umubiri - Uburyo buboneye bwo kwiyuhagira umubiri wose - Isuku y’intoki
n’ibirenge -Isuku y’amaso n’amatwi - Isuku yo mu kanwa - Akamaro k’isuku y’umubiri
-Gukaraba intoki, ibirenge. Koza mu kanwa, gusukura amatwi n’amaso ukoresheje ibikoresho byabugenewe kandi byujuje ubuziranenge -Hanyuma bakagaragaza ibyiza byabyo n’ukuntu babigira umuco. -Kuganira mu matsinda ku bibi byo kutagirira isuku intoki, ibirenge. Kutoza mu kanwa, kudasukura amatwi n’amaso ukoresheje ibikoresho
21
byabugenewe kandi byujuje ubuziranenge. Hanyuma bagatangariza abandi ibyo baganiriyeho.
-Gusobanura uburyo bunyuranye bwo gusukura imyambaro n’akamaro kabyo
-Gukora isuku y’imyambaro ye
-Kurangwa n’isuku y’imyambaro aho ari ho hose
Isukuy’imyambaro -Isuku y’imyambaro isanzwe n’iy’ishuri -Isuku y’imyambaro y’imbere (Amakaliso , amasogisi, amasengeri…) -Akamaro k’isuku y’imyambaro
-Gukorera mu matsinda bamesa amakaliso, amasogisi , amasengeri, imiswaro n’indi myenda yoroheje hanyuma bakagaragariza hamwe ibyiza byo kugirira isuku imyambaro yabo. -Kuganirira mu matsinda ku bibi byo kutagirira isuku
22
y’imyambaro, barangiza bagatangariza abandi ibyo baganiriyeho.
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku isuku Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kugira no kugaragaza isuku kuri we n’ahantu ari aho ari ho hose Imfashanyigisho: Ibikoresho by’isuku: amazi, isabune, amabase, indobo, ibitambaro by’amazi, ibishushanyo bigaragaza uko bakora isuku
23
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza Inyigisho: ISUKU Umwaka wa 1 Umutwe wa 5 : Isuku yo mu rugo no
ku ishuri Umubare w’amasomo:7
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe :kurangwa n’ isuku mu rugo no ku ishuri
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Gusobanura uburyo bunyuranye bwo gukora isuku yo mu rugo n’akamaro kabyo -Gusobanura uburyo bunyuranye bwo gukora isuku ku ishuri no mu ishuri n’akamaro kabyo
-Gukora isuku yo mu rugo -Gukora isuku yo mu ishuri no ku ishuri
-Kurangwa n’isuku yo mu rugo -Kugaragaza isuku aho ari ho hose -Kurangwa n’isuku ku ishuri no mu ishuri -Kugaragaza isuku aho ari ho hose
Isuku yo mu rugo -Isuku yo mu rugo ( ahantu, ibikoresho,uko bandurura imyanda yo mu rugo ) -Akamaro k’isuku yo mu rugo Isuku yo ku ishuri -Isuku mu ishuri - Isuku ku ishuri - Akamaro k’isuku
ku kigo cy’ishuri
-Gukora buri wese ibikorwa byo gusukura mu rugo iwabo (gukubura, gukoropa, gutondeka ibitabo, imyenda…) Hanyuma bakabwira abandi ibyo bakoze n’uko babikoze, bakaboneraho kuvuga uko basukura mu rugo. -Gukora ibikorwa byo gusukura ishuri n’ikigo ( gutoragura ibipapuro, Gukubura, gukoropa, gutondeka ibitabo… Hanyuma bakabwira abandi ibyo bakoze, bakaboneraho kuvuga uko basukura mu ishuri.
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku isuku Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kugira no kugaragaza ahantu ari aho ari ho hose Imfashanyigisho: Ibikoresho by’isuku: amazi, isabune, amabase, indobo, ibitambaro by’amazi, ibishushanyo bigaragaza uko bakora isuku
24
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza Inyigisho: Indwara Umwaka wa 1 Umutwe wa 6 : indwara zandura
n’izitandura Umubare w’amasomo:3
Imbumbe y'ubushobozi bugamijwe : gusobanukirwa no kwirinda indwara zandura n’izitandura
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
Gutandukanya Indwara zandura n’izitandura
Gusobanura uburyo bwo kwirinda indwara zandura n’izitandura
Kugira ubuzima buzira umuze n’umuco wo kwirinda indwara
Indwara Indwara zandura Indwara zitandura
-Kwitegereza amashusho y’indwara no gutahura indwara zandura n’izitandura bakaziganiraho bagaragaza izo bahuye nazo -Kuganirira mu matsinda mato uburyo bwo kwirinda indwara no gutangariza abandi uko bakwitwara ngo birinde -Kureba filimi ku ndwara zandura n’izitandura
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku ndwara Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo gutandukanya indwara zandura n’izitandura n’uko bazirinda Imfashanyigisho : Ibishushanyo, amafoto y’abarwayi, filimu ,videwo ku ndwara
25
Imbumbanyigisho:Imibereho myiza Umwaka wa 1 Umutwe wa 7: Imibanire , imyitwarire
iboneye
Umubare w’amasomo: 3
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : kurangwa n’ubupfura n’ubushishozi mu mibereho ye
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kuvuga uko abantu babana n’abandi mu muryango no ku ishuri
-Gutanga ingero z’ukuntu abantu babana n’abandi mu mahoro - Gusobanura ingaruka zo kutabana neza mu mahoro
-Kurangwa n’urukundo kwiyubaha no kubaha abandi. -Kwishimira umuryango we. -Kubana n’ abandi mu mahoro mu rugo no ku ishuri
Kubana mu mahoro - Mu rugo( uburyo bwo kubana mu mahoro n’akamaro kabyo ) -Ku ishuri ( uburyo bwo kubana mu mahoro n’akamaro kabyo) -Ibibi byo kutabana neza mu mahoro mu rugo no ku ishuri
-Gukora udukino mu matsinda bagaragaza uko abantu babana mu rugo cyangwa ku ishuri bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
-Gutandukanya uburyo bunyuranye yafashamo abandi mu rugo no ku
-Gusobanukirwa ibyiza byo gufashanya
-Kurangwa n’umuco wo gufasha
Gufashanya -Mu rugo ( uburyo bwo gufashanya n’akamaro kabyo)
-Kuganira mu matsinda uburyo bunyuranye buri wese yafashamo abandi mu rugo no ku ishuri
26
ishuri
-Gutanga ingero z’ibyo ashobora gufasha (mo) abandi - Gusobanura ingaruka zo kudafashanya no gukunda gufashwa
-Kunga ubumwe n’abo abana nabo mu rugo no ku ishuri
-Ku ishuri ( uburyo bwo gufashanya n’akamaro kabyo) -Ibibi byo kudafashanya no gukunda gufashwa
Gukorera mu matsinda ya 5 - bagashakisha abana bakeneye gufashwa bakaganira n’abandi uburyo bakwiriye gufashwa -bakagaragaza ibyiza byo gufashanya n’ibibi byo kudafashanya n’ibyo gukunda gufashwa -Buri tsinda rikabwira abandi ibyo bagezeho bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
-Kugaragaza
uburyo bwo
gusangira no
gusaranganya
-Gusobanura
akamaro ko
gusangira no
gusaranganya
n’abandi n’ingaruka
zo kutabikora
-Kugira umuco wo gusangira no gusaranganya -Gukunda gutanga, gusangira n’abandi no gusaranganya ariko yirinda gukabya
Gusangira/gusaranganya 1. Uburyo buboneye bwo gusangira no gusaranganya 2. Akamaro ko gusangira no gusaranganya 3. Ingaruka zo kudasaranganya
Gukora igikorwa cyo kugabana no gusaranganya ibintu bitandukanye (amakaramu ,udukinisho, amashusho, amakarita, amabombo, imbuto,…) -No kugaragaza imbamutima zabo nyuma y’icyo gikorwa (ibibi , ibyiza, ibisimisha n’ibibabaza).
27
Gusobanukirwa ihohoterwa rishingiye ku myanya ndangagitsina
Gutandukanya uburyo bunyuranye bw’ihohoterwa rishingiye ku myanya ndangagitsina.
Kugira ubuzima bwiza kwirinda ihohoterwa rishingiye ku myanya ndangagitsina
Ihohoterwa rishingiye ku myanya ndangagitsina Uko rikorwa Uko umuntu yaryirinda
-Kwitegereza amashusho y’ihohoterwa no gutahura uko ihohoterwa rishingiye ku myanya ndangagitsina rikorwa bagafata ingamba zo kwirinda
Ihuriro n’andi masomo : inyunguramagambo ku mibanire n’imyitwarire iboneye
Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo Kurangwa n’ubupfura n’ubushishozi mu mibereho ye
Imfashanyigisho : amashusho agaragaza imibanire n’imyitwarire y’abantu itandukanye
28
Imbumbanyigisho: Imyitwarire iboneye
Umwaka wa 1 Umutwe wa 8: Ikinyabupfura Umubare w’amasomo:8
Imbumbe y'ubushobozi bugamijwe : kugira no kugaragaza imyitwarire iboneye mu rugo
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Gusobanura ikinyabupfura icyo ari cyo
-Gusobanura imyitwarire iboneye ku bantu batandukanye n’ahantu hatandukanye
-Kugaragaza ikinyabupfura (mu myitwarire, mu bikorwa no mu mvugo) aho ari hose
Ikinyabupfura -Ikinyabupfura ku bo babana -. Ikinyabupfura ku bashyitsi - Ikinyabupfura ku meza -. Ikinyabupfura mu mvugo -. Ikinyabupfura mu ndamukanyo -. Ikinyabupfura mu nzira -Ikinyabupfura ahateraniye abantu benshi
-Kwitegereza amashusho ariho abana bagaragaza imyitwarire inyuranye ahantu hatandukanye no mu bihe bitandukanye. Maze bakavuga ibyiza babonaho n’ibibi -Gukina udukino tugaragaza uko bitwara imbere y’abantu bakuru, y’abashyitsi n’ahantu hatandukanye. Bakavuga muri make uko bakwiye kujya bitwara.
Ihuriron’andi masomo : Inyunguramagambo ku kinyabupfura Ibigenderwaho mu isuzuma: kugenzura ko bagaragaza ikinyabupfura mu buzima bwa buri munsi. Imfashanyigisho : Amashusho atandukanye ariho abantu bitwara mu kiyabupfura , filimi/ videwo (aho bishoboka),..
29
Imbumbanyigisho: Ubukungu Umwaka wa 1 Umutwe wa 9 : Umutungo w’umuryango Umubare w’amasomo:4 Imbumbe y'ubushobozi bugamijwe : gusobanukirwa ibyangombwa by’ibanze by’umuryango no gucunga neza umutungo w’umuryango
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Gutandukanya ibyangombwa by’ibanze nkenerwa mu muryango
-Gusobanura uko tubona ibyangombwa by’ibanze mu muryango n’uburyo buboneye bwo kubicunga
-Gucunga neza umutungo w’umuryango -Kwirinda gusesagura
Ibyangombwa nkenerwa mu muryango - Ibyangombwa by’ibanze bikenerwa mu muryango -.Uburyo bwo gucunga ibyangombwa nkenerwa mu muryango
-Gukina mu matsinda udukino twerekana uko mu muryango babona ibyangombwa nkenerwa -Bagafata ingamba z’ukuntu babicunga neza
-Gusobanukirwa agaciro k’amafaranga
-Gusobanura aho tuvana amafaranga n’uburyo bwo kuyakoresha neza
-Kuzigama -Gukoresha neza amafaranga
Amafaranga -Aho tuvana amafaranga -Ibyo dutangaho amafaranga mu rugo -Imyitwarire iboneye ku birebana n’amafaranga
-Kujya kubaza uko iwabo babona amafaranga n’uko bayakoresha bakabiganirira bagenzi babo -Gukora igikorwa cyo kwizigama
30
( nko gutangira kubika uduceri..)
-Gusobanukirwa umutungo we n’uw’umuryango we.
-Gusobanura ibigize umutungo we n’uw’umuryango we.
-Gukoresha no gucunga neza umutungo we n’uw’umuryango.
Imicungire inoze y’umutungo bwite w’umunyeshuri n’uw’umuryango -Ibigize umutungo bwite w’umunyeshuri -Ibigize umutungo bwite w’umuryango -Gucunga neza umutungo bwite
-Kugenzura buri wese ibikoresho bya mugenzi we , -Kureba uko bibitswe n’uko bifashwe -Kugaragaza muri rusange uburyo bunoze bwo kwita ku bikoresho bwite bya buri wese no kubibika neza Kuganirira mu matsinda ibigize umutungo w’umuryango hanyuma bagatangariza abandi muri rusange ibyo bagezeho bagakora incamake yabyo.
Ihuriro n’andi masomo : inyunguramagambo ku mutungo w’umuryango Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo gutandukanya ibyangombwa by’ibanze by’umuryango no gucunga neza umutungo w’umuryango Imfashanyigisho : Amashusho agaragaza ibyangombwa by’ibanze by’umuryango n’abantu bakora ibikorwa byo kwizigamira ,
amafoto,filimi, ibintu bifatika
31
Imbumbanyigisho: Ubumenyi bw’isi Umwaka wa 1 Umutwe wa 10: Ibidukikije Umubare w’amasomo:19
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe :kwiyobora , kuyobora abandi no gufata neza ibidukikije
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Gutandukanya amerekezo
-Kugaragaza amerekezo akurikije aho we ari
-Kubasha kwiyobora no kuyobora abandi
Amerekezo akoreshwa mu kuranga ikintu n’ ahantu - Amerekezo
- Kuranga ibintu n’ahantu ukoresheje amerekezo
Gukina mu matsinda udukino dutandukanye ku merekezo bagenda baranga aho ibintu biri. Kuranga aho ishuri ryabo riherereye uhereye ku yandi mashuri ( umwaka wa 2,3,4…) kuranga ikibuga cy’umupira , ibiro by’umuyobozi w’ikigo,kuranaga aho ubwiherero buri..
-Gusobanukirwa n’ibintu biboneka mu nzira ijya ku ishuri
-Gutandukanya ibintu biboneka mu nzira ijya ku ishuri
-Kurangwa n’ imyitwarire myiza mu nzira ijya ku ishuri -Kwirinda ibyago n’impanuka mu nzira
Inzira ijya ku ishuri -Ibintu by’ingenzi biboneka ku nzira iva cyangwa ijya ku ishuri -Ibintu bibi biboneka mu nzira iva cyangwa ijya
Kuganira mu matsinda ku byo babona mu nzira ijya ku ishuri ,uko bagenda , bakagaragaza ibibi n’ibyiza bahura nabyo , bagafata ingamba zo kwitwara neza
32
ijya ku ishuri, -Kuvuga ibyamubangamiye muri iyo nzira
ku ishuri -Uburyo bwo kwirinda ibintu bibi biboneka ku nzira iva cyangwa ijya ku ishuri
Gusobanukirwa imiterere y’ishuri rye
Kuranga ishuri rye
-Gusobanurira abandi imiterere y’ishuri rye -Kuranga aho ikintu giherereye n’uko giteye
Ishuri ryacu: -Uko riteye (inyubako) n’aho riherereye
-Gukorera mu matsinda mato bakagaragaza uko ishuri ryabo riteye, inyubako zaryo n’aho riherereye hanyuma bakabibwira abandi; bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
Gusobanukirwa n’ibikikije urugo rwabo
Gutandukanya ibikikije urugo rwabo no gusobanura akamaro kabyo
-Kubungabunga ibidukikije biboneka hafi y’urugo rwabo
Ibikikije urugo -Ibidukikije by’ingenzi biboneka hafi y’urugo -Akamaro k’ibidukikije biboneka hafi y’urugo 3. Kubungabunga ibikikije urugo
-Gukora igikorwa cyo kwita ku bikikije urugo no kubwira abandi icyo yakoze n’akamaro kacyo -Bagashyira hamwe ibikorwa byose bakoze mu kubungabunga ibikikije ingo zabo
Gusobanukirwa n’ibikikije ishuri ryabo
Gutandukanya ibikikije ishuri ryabo no gusobanura akamaro kabyo
Kubungabunga ibikikije ishuri
Ibikikije ishuri -Ibidukikije by’ingenzi biboneka ku ishuri -Akamaro k’ibidukikije biboneka ku ishuri -Kubungabunga ibikikije
Gukora mu matsinda ibikorwa binyuranye byo kwita ku bikikije ishuri no kubwira abandi ibyo bakoze n’akamaro kabyo
33
ishuri Kurondora abagize umuryango
Kubara neza abagize umuryango
Kubasha kwiyakira mu mubare w’abagize umuryango
Abaturage -Umubare w’abari mu muryango
-Gukora igikorwa (umukoro) cyo kubara abagize umuryango wabo no kubibwira abandi bakagereranya imibare iri mu miryango yabo
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku bidukikije
Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo Kwiyobora , kuyobora abandi no gufata neza ibidukikije
Imfashanyigisho :Ibishushanyo biriho ibidukikije bitandukanye :
34
Imbumbanyigisho: Ubumenyi bw’isi Umwaka wa 1 Umutwe wa 11: Ubwikorezi
n’itumanaho
Umubare w’amasomo:4
Imbumbe y'ubushobozi bugamijwe : gukoresha neza umuhanda n’ibikoresho by’itumanaho
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
- Gutandukanya amoko y’imihanda n’abayikoresha
- Gusobanura akamaro k’imihanda, uburyo buboneye bwo kuyikoresha.
- Kugaragaza imyitwarire iboneye mu muhanda
Umuhanda - Amoko y’imihanda - Abakoresha umuhanda - Akamaro k’umuhanda - Uburyo bwo gukoresha neza umuhanda
- Kujya kwitegereza abantu n’ibintu binyura mu muhanda n’uko ukoreshwa. - Hanyuma bakavuga uko bakwiriye gukoresha umuhanda n’akamaro kawo
- Gutandukanya uburyo bunyuranye(bworoheje) bw’itumanaho
- Gusobanura ibikoresho binyuranye by’itumanaho n’akamaro kabyo.
- Kugira imyitwarire iboneye ku bikoresho by’itumanaho - Gukoresha neza itumanaho
Itumanaho - Ibikoresho by’itumanaho - Akamaro k’itumanaho - Uburyo buboneye bwo gukoresha ibikoresho by’itumanaho
- Gukinira mu matsinda bagaragaza uburyo bunyuranye bwo gukoresha itumanaho ( telefoni, ibaruwa,gutuma umuntu, interineti…) bakavuga uburyo bwiza bwo kubikoresha
35
Ihuriro n’andi masomo : inyunguramagambo ku birebana Ubwikorezi n’itumanaho Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo gukoresha neza umuhanda n’ibikoresho by’itumanaho Imfashanyigisho: ibyapa by’umuhanda, ibishushanyo by’abakoresha umuhanda , ibikoresho by’itumanaho ( telefoni, Amabahasha,impapuro…)
36
Imbumbanyigisho: Amateka Inyigisho: Amateka y’umuryango Umwaka wa 1 Umutwe wa 12: Amateka y’ingenzi yaranze
umuryango Umubare w’amasomo:4
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : gusobanura amasano y’abagize umuryango we n’amateka y’ingenzi yawuranze
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
- Kurondora ibyaranze umuryango we
- Kuvuga amateka yaranze umuryango we kugeza kuri sogokuru na nyogokuru
- Kubaha abagize umuryango, kubishimira no kubana nabo neza - Kunezezwa n’ibyaranze umuryango we - Kwigana intwari zo mu muryango we
Amateka y’umuryango Bimwe mu byaranze amateka y’umuryango
Gukora ubushakashatsi ku byaranze umuryango akabiganirira abandi bakagereranya n’ibyabaye ku miryango yabo
Ihuriro n’andi masomo :Inyunguramagambo ku masano y’abagize umuryango n’ amateka yabaranze Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo gusobanura amasano ari hagati y’abagize umuryango n’amateka yabo Imfashanyigisho: amashusho y’ibikorwa byaranze abanyarwanda, amafoto, filimi.
37
5.3 Umwaka wa kabiri
5.3.1 Intego rusange z’umwaka wa kabiri
- Gusobanukirwa imiterere y’ umudugudu n’akagari atuyemo.
- Kwimakaza umuco w’amahoro n’ uburenganzira bwa muntu aho atuye.
- Kurangwa n’imyitwarire iboneye aho ari hose.
- Guharanira imibereho myiza y’umuryango.
- Gusobanukirwa ubukungu bw’ umudugudu n’akagari atuyemo.
- Kugira ubumenyi mu burere mboneragihugu, ubumenyi bw’isi n’amateka.
5.3.2 Urutonde rw’amasomo y’umwaka wa kabiri
1 Umutwe wa 1: Umuryango mugari 2 Umutwe wa 2: Ishuri,Umudugudu n’Akagari 3 Umutwe wa 3: Isuku 4 Umutwe wa 4 Indwara
5 Umutwe wa 5 :Imibanire ,imyitwarire iboneye
6 Umutwe wa 6 Ubukungu
7 Umutwe wa 7:Ibidukikije
8 Umutwe wa 8:Ubwikorezi n’itumanaho
9 Umutwe wa 9: ibintu by’ingenzi byaranze amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye
38
Imbumbanyigisho: Imiterere y’umuryango
Umwaka wa 2 Umutwe wa 1: Umuryango mugari
Umubare w’amasomo: 4
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: gusobanukirwa abagize umuryango mugari kugeza kuri sekuruza
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
- Kurondora
abagize
umuryango
mugari
- Gushushanya
igiti cy’amasano
y’umuryango
mugari
- Gutandukanya amasano y’abagize umuryango mugari
- Kurangwa n’ urukundo rw’abagize umuryango mugari kwimenya;kubaha no kubahana
Umuryango mugari - Amasano y’abagize umuryango mugari ( kugera kuri sekuruza) - Igiti cy’amasano agize umuryango mugari
- Gukora ubushakashatsi ku masano y’abagize umuryango we ( mugari) no kubitangariza abandi hanyuma bakagereranya ibyo bagezeho
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo n’umubare w’abagize umuryango mugari Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kutitiranya amasono y’abagize umuryango mugari Imfashanyigisho : Ibishushanyo bigaragaza umuryango mugari
39
Imbumbanyigisho: Uburere mboneragihugu Umwaka wa 2 Umutwe wa 2: ishuri,Umudugudu
n’Akagari
Umubare w’amasomo: 16
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe :- Gusobanukirwa n’inshingano z’umunyeshuri, ibiranga Umudugudu n’Akagari -Gutanga ibisobanuro by’ibigize ibendera ry’u Rwanda
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kurondora inshingano z’abanyeshuri .
- Kuzuza neza inshingano z’abanyeshuri
-Kubaha abayobozi n’amategeko y’ishuri. -Kubana neza n’abandi
Inshingano z’abanyeshuri - Inshingano z’abanyeshuri ku ishuri no mu rugo - Ibyiza byo kuzuza inshingano zabo - Ingaruka zo kutuzuza inshingano zabo
Gukorera mu matsinda bakaganira ku nshingano z’abanyeshuri, ku byiza byo kuzuzuza no ku ngaruka zo kutazuzuza; hanyuma bagatangariza abandi ibyo bagezeho.
- Kurondora amabara agize ibendera
- Gushushanya no gusobanura amabara agize ibendera ry’igihugu
- Gukunda igihugu - Kurangwa n’umuco wo kubaha no
Ibendera ry’igihugu - Amabara agize ibendera
- Kujya hanze y’ishuri bakitegereza ibendera ry’igihugu bakarishushanya hanyuma bakaganira ku bintu bitandukanye birigize n’icyo bisobanura
40
kubahiriza ibirango by’igihugu
ry’igihugu - Ayo ari yo n’uko akurikirana - Icyo asobanura
- Kurondora
ibigize umudugudu atuyemo
-Gusobanura ibiranga umudugudu atuyemo
- Kubaha ibiranga umudugudu atuyemo no kubibungabunga
Ibiranga umudugudu atuyemo Umudugudu wacu - ibiwuranga - uko bita ku biranga umudugudu
- Gukora urugendoshuri rwo kwitegereza ibiranga umudugudu atuyemo - Kwitegereza uko babungabunga ibiranga umudugudu - kubitangariza abandi bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
- Kurondora
ibigize Akagari atuyemo
-Gusobanura ibiranga Akagari atuyemo
Kubaha ibiranga akagari atuyemo no kubibungabunga
Ibiranga Akagari atuyemo Akagari kacu -Ibikaranga akagari kacu -Uko bita ku biranga akagari kacu
- Gukora urugendoshuri rwo kwitegereza ibiranga akagari atuyemo - Kwitegereza uko babungabunga ibiranga akagari kubitangariza abandi bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
41
- Kurondora abagize ubuyobozi bw’Umudugudu.
Gusobanura inshingano z’abayobozi b’Umudugudu
Kubaha abayobozi n’inzego z’ubuyobozi Kwiyambaza inzego z’ubuyobozi no kubishishakariza abandi
Abayobozi b’Umudugudu 1. Abayobozi b’Umudugudu 2. Inshingano z’abayobozi b’Umudugudu
- Kuganirira mu matsinda hagaragazwa inzego z’ubuyobozi bw’Umudugudu n’inshingano zabwo hanyuma bakabitangariza abandi
Kurondora abagize ubuyobozi bw’Akagari.
Gusobanura inshingano z’abayobozi b’Akagari
Kubaha abayobozi n’inzego z’ubuyobozi Kwiyambaza inzego z’ubuyobozi no kubishishakariza abandi
Abayobozi b’Akagari 1. Abayobozi b’Akagari 2. Inshingano z’abayobozi b’Akagari
- Kuganirira mu matsinda hagaragazwa inzego z’ubuyobozi bw’Akagari n’inshingano zabwo hanyuma bakabitangariza abandi
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ijyanye n’ishuri , Umudugudu n’Akagari Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo gusobanura inshingano z’umunyeshuri, ibiranga Umudugudu n’Akagari n’ibigize ibendera ry’u Rwanda Imfashanyigisho : Ibishushanyo bigaragaza inshingano z’abanyeshuri , ibiranga Umudugudu n’Akagari , ibendera ry’u Rwanda
42
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza Umwaka wa 2 Umutwe wa 3: Isuku
Umubare w’amasomo: 8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe Azaba ashobora: - Kurangwa n’ umuco wo gusukura ibiribwa n’ibinyobwa - kwirinda indwara ziterwa no kudasukura ibiribwa n’ibinyobwa
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha -Kuvuga uko bagirira amazi isuku
-Kugaragaza uburyo bwo gusukura amazi, kuyabika n’akamaro kabyo
-Kurangwa n’ umuco wo gusukura amazi - Kugira akamenyero ko kunywa amazi asukuye - Kugira ubuzima buzira umuze ukomoka ku mwanda w’amazi
Isuku y’amazi -Uburyo bwo gusukura amazi ( uko bayateka, uko bayabika…) -Akamaro ko gusukura amazi
-Guteka amazi , kuyayungurura no kuyabika neza no kuganira ku kamaro kabyo
-Gutahura uburyo bunyuranye bwo gusukura ibiribwa
-Gusobanura uburyo ibinyobwa n’ibiribwa bisukurwa n’akamaro kabyo
-Kurangwa n’ umuco wo gusukura ibiribwa n’ibinyobwa -Kugira ubuzima
Isuku y’ibiribwa n’ibinyobwa -Isuku y’ ibiribwa n’akamaro kayo
-Gusukura ibiribwa (imbuto) n’ibinyobwa (amata, umutobe…) no kuganira ku kamaro
43
n’ibinyobawa
buzira umuze ukomoka ku mwanda w’ibiribwa n’ibinyobwa
-Isuku y’ ibinyobwa n’akamaro kayo
kabyo
-Gusobanura ingaruka zo kutagira isuku y’amazi, ibiribwa n’ibinyobwa
-Gusesengura ingaruka zo kutagira isuku y’amazi, ibiribwa n’ibinyobwa
-Kugira umuco wo gusukura amazi , ibiribwa n’ibinyobwa igihe cyose -Kurangwa n’isuku
Ingaruka zo kutagira isukuy’ibiribwa n’ibinyobwa -Ingaruka zinyuranye zo kutagira isuku y’amazi,y’ibiribwa n’iy’ibinyobwa -Uko bazirinda
-Kuganirira mu matsinda ku ngaruka zo kutagira isuku y’amazi, ibiribwa n’ibinyobwa no kubwira abandi ibyo bagezeho bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku isuku n’isukura ry’ibiribwa n’ibinyobwa Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kugira no kugaragaza isuku y’ibiribwa, ibinyobwa no kwirinda indwara ziterwa no kudasukura ibiribwa n’ibinyobwa Imfashanyigisho: Amazi, isafuriya, inkwi, imbuto zinyuranye, amashusho y’ukuntu basukura ibiribwa , imashini isya imbuto, agakamurandimu,…
44
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza
Umwaka wa 2 Umutwe wa 4 Indwara Umubare w’amasomo: 5 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : kwirinda indwara zitandura
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha -Kurondora
indwara zitandura zirimo iziterwa n’umwanda
-Gusobanura ibitera indwara zitandura
-Kurangwa n’ umuco wo kwirinda indwara ziterwa n’umwanda -Kugira imyitwarire iboneye mu kwirinda indwara zitandura
Indwara: -Kwirinda indwara zitandura ziterwa n’umwanda ( Inzoka zo mu nda n’impiswi) -Izindi ndwara zitandura (Bwaki, uruzingo…)
-Kwitegereza amashusho no gutahura indwara zandura n’izitandura bakaziganiraho bagaragaza izo bahuye nazo -Kuganirira mu matsinda mato uburyo bwo kwirinda indwara no gutangariza abandi uko bakwitwara ngo birinde
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku ndwara zitandura Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kwirinda indwara zitandura Imfashanyigisho : Amashusho agaragaza abantu barwaye indwara zitandura ,amafoto,filimi
45
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza
Umwaka wa 2 Umutwe wa 5 :Imibanire ,imyitwarire iboneye Umubare w’amasomo: 11
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe :kurangwa n’ubupfura , ubushishozi no kudasesagura mu mibereho ye Intego Ibyigwa
Ibikorwa
by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro
Ubukesha
-Kurondora uburenganzira bw’abana.
-Gusobanura akamaro ko kubahiriza uburenganzira bw’abana n’ingaruka zo kutabwubahiriza -Gusobanura uburyo bunyuranye bw’ihohoterwa rikorerwa abana n’uko baryirinda
-Kurangwa n’ubupfura (kwiyubaha no kubaha abandi), ubumwe no kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana -Guharanira uburenganzira bw’umwana
Uburenganzira bw’umwana -Uburenganzira bw’abana -Akamaro ko kubahiriza uburenganzira bw’abana -Ihohoterwa rikorerwa abana n’impamvu ziritera -Kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana
-Ikinamico igaragaza uburyo bwo kubahiriza uburenganzira bunyuranye bw’umwana no kuvuga Umutwe wa bakuyemo -Kuganirira mu matsinda uburyo bunyuranye abana bahohoterwamo n’uko bakwirinda ihohoterwa hanyuma bakageza ku bandi ibyo bagezeho.
-Kurondora ibikorwa
-Gusobanura uburyo bwo
-Kurangwa n’ibikorwa byimakaza
Umuco w’amahoro Kubana mu mahoro n’abantu banyuranye
-Gushakira hamwe mu matsinda ibikorwa
46
byimakaza umuco w’amahoro
kubana n’abandi mu mahoro
umuco w’amahoro
-mu mikino, - mu myigire Kwimakaza umuco w’amahoro -mu biganiro - mu bikorwa binyuranye ku ishuri
byimakaza umuco w’ Amahoro bakabigeza ku bandi, hanyuma bakarebera hamwe ibyo bakwiriye gukora.
-Gutahura imyitwarire iboneye ku ishuri
-Gusobanura uburyo bunyuranye bwo kwitwara neza ku ishuri n’akamaro kabyo
-Kubaha, kurangwa n’ ubupfura n’ubworoherane no guha agaciro abantu n’ibintu Kubana neza n’abandi -Kwisuzuma( kugenzura uko yitwara ku bandi) no kwisubiraho
Imyitwarire iboneye ku ishuri -Imyitwarire iboneye mu ishuri ( kubahiriza amategeko n’amabwiriza y’ishuri) -Imyitwarire iboneye ku bayobozi b’ishuri, kuri bagenzi be cyane cyane abafite ibibazo byihariye (Ubumuga n’ibindi)
-Gukorera mu matsinda batora amategeko yagenderwaho mu ishuri rye, bakayatangariza abandi -Gukora ibikorwa bigaragaza imyitwarire iboneye kuri bagenzi babo bafite ibibazo byihariye nabo bakabwira abandi uko babyakiriye n’icyo byabamariye
-Gutahura ibikorwa bibangamira imyanya ndangagitsina
-Gusobanura uburyo buboneye bwo kwirinda ibikorwa bibangamira imyanya ndangagitsina
-Kwirinda ihohoterwa rishingiye ku myanya ndangagitsina -Kugira ubuzima bwiza
Imyanya myibarukiro -Ibikorwa bibi bibangamira imyanya ndangagitsina (gukorakora , gukurura…) guhohotera,imihango ikorerwa abana ibabaza : gusiramura abakobwa…)
-Kwitegereza amashusho no gutahura uko ihohoterwa rishingiye ku myanya ndangagitsina rikorwa bagafata ingamba zo kwirinda
47
-Gusobanura ubumuga
icyo ari cyo
-Gusobanura uburenganzira bw’abafite ubumuga
-Kugira imyitwarire iboneye ku bantu bafite ubumuga -Kwiyakira ku bafite ubumuga
Ubumuga -Ubumuga icyo ari cyo
-Uburenganzira bw’abafite ubumuga
-Kuganira mu matsinda ubumuga icyo ari cyo n’ibikorwa bikorerwa abafite ubumuga (kubafasha kugenda,gutwara ibintu, kutabaha akato.. -Kugeza ku bandi ibyo baganiriye bose bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku byangombwa nkenerwa mu buzima Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kugaragaza ibikorwa by’ubupfura , ubushishozi no kudasesagura mu mibereho ye Imfashanyigisho : Amashusho agaragaza imibanire n’imyitwarire y’abantu itandukanye ibintu bifatika,amafoto,filimi
48
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza
Umwaka wa 2 Umutwe wa 6: Ubukungu Umubare w’amasomo: 11
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Kurangwa no kudasesagura mu mibereho ye
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kugaragaza inzitizi zo kutabona ibyangombwa nkenerwa mu buzima
-Gusobanura inzitizi n’ingaruka zo kutabona ibyangombwa nkenerwa mu buzima
-Gucunga neza umutungo w’urugo n’uw’ishuri. -Kwirinda gusesagura
Ibyangombwa nkenerwa mu buzima -Inzitizi zo kubona ibyangombwa mu buzima -Ingaruka zo kutabona ibyangombwa bikenerwa mu buzima
-Kwitegereza amashusho ariho imirimo inyuranye ituma imiryango ibona ibyo ikeneye maze bakagaragaza igikorwa buri wese mu muryango we -Gukina mu matsinda udukino twerekana uko mu muryango babona ibyangombwa nkenerwa, inzitizi n’ingaruka zo kutabibona hanyuma bagafata ingamba z’uko bakwitwara bigatangarizwa abandi mu ruhame.
49
-Kugaragaza akamaro k’amafaranga
-Gusobanura uburyo buboneye bwo gukoresha amafaranga
-Gukoresha neza amafaranga -Kuzigama -Kwirinda gusesagura -Kwishimira ibyo Ufite(nturarikire iby’abandi)
Amafaranga -Akamaro k’amafaranga mu muryango - Inzitizi zituma amafaranga ataboneka mu muryango -Ingaruka zo kubura amafaranga mu rugo -Uburyo buboneye bwo gukoresha neza amafaranga -Ingaruka zo gukoresha nabi amafaranga
-Gukorera mu matsinda bakagaragaza akamaro k’amafaranga mu muryango, ingaruka zo kutayabona n’uburyo buboneye bwo kuyakoresha nyuma bakabitangariza bagenzi babo mu ishuri.
-Gutahura
ibigize umutungo rusange
-Gusobanura ibintu by’ingenzi bigize umutungo rusange mu mudugudu no mu kagari atuyemo
- Kurangwa no kubungabunga umutungo rusange -Kugira umuco wo kurata, gushima no kunezezwa n’ibintu nyaburanga biri aho atuye
Umutungo rusange -Ibintu by’ingenzi bigize umutungo rusange mu mudugudu no mu kagari -Imicungire y’umutungo rusange uri mu mudugudu no mu kagari
-Gukora urugendoshuri rwo gusura bimwe mu bigize umutugo rusange mu mudugudu no mu kagari hanyuma bakaganira ku byo babonye bose bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku byangombwa nkenerwa mu buzima Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kugaragaza ibikorwa by’ubupfura , ubushishozi no kudasesagura mu mibereho ye Imfashanyigisho : Amashusho agaragaza imibanire n’imyitwarire y’abantu itandukanye ibintu bifatika,amafoto,filimi
50
Imbumbanyigisho: Ubumenyi bw’isi
Umwaka wa 2 Umutwe wa 7:Ibidukikije Umubare w’amasomo:11
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : kwiyobora, kuyobora abandi no gufata neza ibidukikije
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumen
yi Ubumenyingi
ro Ubukesha
-Gutahura aho ibintu n’ahantu biherereye
-Kuranga aho ibintu n’ahantu biherereye akoresheje amerekezo
-Kwiyobora no kuyobora abandi -Kwitegereza ibimukikije
Amerekezo -Uburyo bwo kuranga ibintu by’ingenzi biri hafi y’iwabo akoresheje amerekezo -Uburyo bwo kuranga ibintu by’ingenzi biri hafi y’ishuri akoresheje amerekezo -Uko yaranga ahantu runaka akoresheje amerekezo
-Kwitegereza ibyo babona bari hanze y’ishuri, ku nzira ijya ku ishuri bakaranga aho biherereye, bakaza kubwira abandi aho buri kintu giherereye.
-Kugaragaza ibidukikije biri mu gace ishuri rihererey
-Gusobanura uburyo bwo gufata neza ibidukikije akamaro kabyo, n’ingaruka zo kutabyitaho
-Kurangwa n’ umuco wo kubungabunga ibidukikije
Ibidukikije -Ibidukikije biri mu gace ishuri riherereyemo -Uburyo bwo gufata neza ibidukikije
-Akamaro ko kubungabunga ibidukikije aho umuntu atuye -Ingaruka zo kutita ku bidukikije
-Gukora urugendoshuri bajya gusura ahantu hatandukanye hari ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije (amaterasi y’indinganire, ubusitani bukoze neza…) no gusura ahantu hari ibikorwa byangiritse , barangiza bagatangaza ibyo babonye
51
emo
-Gukora ubwabo igikorwa cyo kubungabunga ibidukikije (gutera ibiti n’indabo, kuvomerera ibimera…)
-Kwegeranya no gutanga imibare y’abanyeshuri bigana
-Kubara abanyeshuri abashyira mu byiciro bitandukanye
-Kurangwa n’ umuco wo kwitegereza, gusesengura no kugereranya
Abaturage -Umubare w’abanyeshuri bigana -Uburyo bwo kwegeranya imibare y’ibintu bisano kugereranya ibyiciro ( Urg : Umubare w’abakobwa ,
uw’abahungu, abimutse, abasibiye,…)
-Gukorera mu matsinda umwitozo wo kubara abanyeshuri bigana , bakabashyira mu byiciro bitandukanye hanyuma bagatangaza imibare babonye muri buri cyiciro.
Ihuriro n’andi masomo :inyunguramagambo ku bidukikije Ibigenderwaho mu isuzuma:ubushobozi bwo kwiyobora, kuyobora abandi no gufata neza ibidukikije Imfashanyigisho :ibishushanyo by’ibintu n’ahantu hatandukanye, amafoto, videwo n’ibintu bifatika
52
Imbumbanyigisho: Ubumenyi bw’isi Umwaka wa 2 Umutwe wa 8:Ubwikorezi n’itumanaho Umubare w’amasomo:5 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Gutandukanya amoko y’ubwikorezi n’itumanaho n’akamaro kabyo
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingir
o Ubukesha
-Kugaragaza amoko y’ubwikorezi n’uburyo bukorwamo aho aba
Gusobanura akamaro k’ubwikorezi bukorerwa aho atuye
-Kurangwa n’umuco wo kubungabunga inzira z’ubwikorezi (imihanda, ibiraro, imigezi, ibiyaga….)
Ubwikorezi - Amoko y’ubwikorezi n’uburyo bukorwamo -Akamaro k’ubwikorezi
-Kuganira mu matsinda ku moko y’ubwikorezi, uburyo bukorwamo n’akamaro kabwo hanyuma bakabwira abandi icyo baganiriyeho bose bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi. -Gukora urugendoshuri rwo gusura ahantu hakorerwa ibikorwa by’ubwikorezi : ku kiyaga, ku isoko, muri gare, ku kibuga cy’indege… bagasura ibikorwa bihakorerwa bakaganira ku bwikorezi hanyuma bakaza gukora incamake y’ibyo babonye
-Kurondora amoko y’itumanaho
-Gusobanura akamaro k’itumanaho n’uburyo rikorwamo
-Kurangwa n’ umuco wo gukoresha neza itumanaho
Itumanaho -Amoko y’itumanaho n’uburyo rikorwamo -Akamaro k’itumanaho
-Kuganira mu matsinda ku moko y’itumanaho, uburyo rikorwamo n’akamaro karyo hanyuma bakabwira abandi icyo baganiriyeho bose bakabiganiraho bakora incamake ku bitekerezo by’ingenzi
Ihuriro n’andi masomo : inyunguramagambo ku birebana n’ubwikorezi n’itumanaho Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo gutandukanya amoko y’ubwikorezi n’itumanaho n’akamaro kabyo Imfashanyigisho: ibyapa by’umuhanda, ibishushanyo by’abakoresha umuhanda , ibikoresho by’itumanaho ( telefoni, Amabahasha,impapuro…)
53
Imbumbanyigisho:Amateka Umwaka wa 2 Umutwe wa 9: ibintu by’ingenzi byaranze
amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye Umubare w’amasomo:4
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Gushakashaka no kuzirikana amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye
Intego Ibyigwa Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kurondora ibintu by’ingenzi byaranze amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye
-Gusobanura ibyaranze amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye
-Kurangwa n’ umuco -- wo kuzirikana amateka - kumenya aho uva n’aho ujya - gushakashaka
Amateka -Ibintu by’ingenzi byaranze amateka y’aho atuye -Ibintu by’ingenzi byaranze amateka y’ishuri yigamo
-Gukora ubushakashatsi ku byaranze amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye akabiganirira abandi bakabyunguranaho ibitekerezo.
Ihuriro n’andi masomo :inyunguramagambo ku mateka Ibigenderwaho mu isuzuma:ubushobozi bwo gushakashaka no gusobanura amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye Imfashanyigisho : amashusho y’ibyaranze amateka y’aho atuye n’ay’ishuri rye , amafoto,filimi
54
5.4 . Umwaka wa gatatu
5.4.1 Intego rusange z’umwaka wa Gatatu
- Gusobanukirwa imiterere y’umurenge atuyemo - Kwimakaza umuco w’amahoro n’ uburenganzira bwa muntu aho atuye - Kurangwa n’imyitwarire iboneye aho ari hose - Guharanira imibereho myiza y’umuryango Gusobanukirwa ubukungu bw’ umurenge atuyemo Kugira ubumenyi
mu burere mboneragihugu, ubumenyi bw’isi n’amateka.
5.4.2 Urutonde rw’amasomo y’umwaka wa gatatu
1 Umutwe wa 1: Umuryango mugari
2 Umutwe wa 2: Umurenge wacu
3 Umutwe wa 3 : Isuku 4 Umutwe wa 4: Imibanire n’imyitwarire iboneye
5 Umutwe wa 5 : Ubukungu 6 Umutwe wa 6: Ubuyobozi bw’Akagari n’ubw’Umurenge
7 Umutwe wa 7: Ibidukikije mu murenge
8 Umutwe wa 8:Ubwikorezi n’itumanaho
9 Umutwe wa 9 : Ibintu by’ingenzi byaranze amateka y’Umurenge wacu
55
Imbumbanyigisho :Imiterere y’umuryango
Umwaka wa 3 Umutwe wa 1: Umuryango mugari Umubare w’amasomo:7
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Kugaragaza akamaro ko kubahiriza inshingano mu muryango n’ingaruka zo kutazubahiriza
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kurondora inshingano za buri wese ugize umuryango mugari
-Gusobanura akamaro ko kubahiriza inshingano mu muryango mugari n’ingaruka zo kutazubahiriza
-Kurangwa n’umuco wo kubana neza n’abandi ,gufashanya kubahana no kugira urukundo
Kubahiriza inshingano mu muryango mugari
-Ibyiza byo kubahiriza inshingano za buri wese mu muryango mugari -Ingaruka mbi zo kutubahiriza inshingano mu muryango mugari .
-Gukora igikorwa cyo kubaza mu muryango mugari wabo uko bubahiriza inshingano zabo n’ingaruka bahura nazo iyo batabyubahirije hanyuma bakabitangariza abandi mu ishuri ;bose bakabiganiraho bagakora incamake .
-Kurondora ibigize umutungo w’umuryango
-Gusobanura akamaro k’ibintu by’ingenzi bigize umutungo w’umuryango
Kurangwa n’ umuco wo : - kubungabunga umutungo w’umuryango
Gufata neza umutungo w’umuryango -Umutungo w’umuryango
-Akamaro k’umutungo w’umuryango
-Imikoreshereje n’imicungire
-Kuganirira mu matsinda Ibigize umutungo w’umuryango, akamaro n’imicungire yawo hanyuma bagatangariza
56
n’uburyo bwo kubicunga neza
-Kunyurwa no kunezezwa n’umutungo w’umuryango
iboneye y’umutungo w’umuryango
3. Ibyiza byo kunyurwa no kunezezwa n’umutungo w’umuryango
abandi ibyo bagezeho -Kuganirira mu matsinda Uko bacunga neza umutungo w’umuryango, hanyuma bagatangariza abandi ibyo bagezeho -Kuganirira mu matsinda Ibyiza byo kunyurwa no kunezezwa n’ umutungo w’umuryango, hanyuma bagatangariza abandi ibyo bagezeho
Ihuriro n’andi masomo : kwiteganyiriza, kuzigama Ibigenderwaho mu isuzuma: ubushobozi bwo kugaragaza akamaro ko kubahiriza inshingano mu muryango n’ingaruka zo kutazubahiriza Imfashanyigisho : amashusho agaragaza uko abagize umuryango bubahiriza inshingano zabo, amafoto n’ ibintu bifatika biboneka aho atuye
57
Imbumbanyigisho: Uburere mboneragihugu
Umwaka wa 3 Umutwe wa 2: Umurenge wacu Umubare w’amasomo:15
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Kubaha no kwiyambaza ubuyobozi bw’Umurenge no kubungabunga ibikorwa by’ingenzi biri mu murenge
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kugaragaza ibiranga Umurenge we n’aho uherereye ku ikarita y’Akarere
-Kwerekana ku ikarita aho Umurenge uherereye ,Utugari twawo n’Imirenge bihana imbibi
-Kurangwa n’ umuco wo kwitegereza
Ibiranga Umurenge wacu -Ibiranga Umurenge wacu -Ikarita y’Umurenge wacu n’Utugari tuwugize -Gutandukanya ikarita n’igishushanyo -Imirenge ihana imbibi n’Umurenge wacu
-Gukorera mu matsinda bagaragaza aho Umurenge wabo uherereye ku ikarita y’akarere n’ibiwuranga hanyuma bakaza gutangariza abandi ibyo bagezeho. Bose bakabyunguranaho ibitekerezo.
-Kugaragaza ibintu by’ingenzi biri mu murenge wabo
-Gusobanura uburyo bunyuranye bwo kubungabunga ibintu by’ingenzi biri mu murenge wabo ,
-Kurangwa n’umuco wo kwitegereza no gusobanurira abandi ibyo
Ibintu by’ingenzi biboneka mu murenge wacu -Ibintu by’ingenzi mu murenge wacu
-Gukora urugendo shuri bakitegereza ibintu by’ingenzi biri mu murenge wabo;
bakaza kurebera hamwe akamaro kabyo , niba
58
n’akamaro kabyo yabonye -Kugira uruhare mu kubungabunga ibintu by’ingenzi biboneka mu murenge
-Akamaro ka bimwe mu bintu by’ingenzi mu murenge wacu. -Kubungabunga ibintu by’ingenzi mu murenge wacu
bifashwe neza cyangwa nabi n’ingamba zafatwa zo kubibungabunga .
-Kurondora abagize ubuyobozi ku rwego rw’Umurenge n’ inshingano zabo.
-Gutandukanya abayobozi ku rwego rw’Umurenge n’ inshingano zabo -Gusobanura uko abayobozi b’inzego z’ibanze bashyirwaho
-Kwiyambaza inzego z’ubuyobozi no kubishishakariza abandi -Kubaha abayobozi
Abayobozi b’umurenge -Abayobozi b’Umurenge -Inshingano z’abayobozi b’Umurenge
-Uburyo abayobozi b’inzego z’ibanze bashyirwaho
-Kuganirira mu matsinda hagaragazwa abagize ubuyobozi ku rwego rw’Umurenge n’inshingano zabo hanyuma bakabitangariza abandi -Kuganirira mu matsinda uburyo bwo kubaha abayobozi n’inzego z’ubuyobozi, bagatangariza abandi ibyo bagezeho , bagafata ingamba z’ibyo bakora.
-Kugaragaza ibigize umutungo w’ishuri.
-Gusobanura akamaro k’ ibintu by’ingenzi bigize umutungo w’ishuri , imicungire
Kurangwa n’umuco wo - kubungabunga umutungo w’ishuri
Gufata neza umutungo w’ishuri -Umutungo w’ishuri -Akamaro k’umutungo w’ishuri -Imikoreshereje n’imicungire
-Kuganirira mu matsinda Ibigize umutungo w’ishuri, akamaro n’imicungire yawo hanyuma bagatangariza abandi ibyo bagezeho
59
n’imikoreshereze yawo
-kunyurwa no kunezezwa n’umutungo w’ishuri
iboneye y’umutungo w’ishuri
Gutahura ibigize umutungo rusange uri mu murenge
Gusobanura akamaro k’ ibintu by’ingenzi bigize umutungo rusange uri mu murenge, imicungire n’imikoreshereze yawo
Kurangwa n’umuco wo : -kubungabunga umutungo rusange uri mu murenge -kunyurwa no kunezezwa n’umutungo rusange uri mu murenge
Gufata neza umutungo rusange mu murenge 1. ibikorwa remezo n’akamaro kabyo 2. Imikoreshereze n’imicungire iboneye y’umutungo rusange
Gukora urugendoshuri rwo gusura bimwe mu bigize umutungo rusange mu murenge hanyuma bagatangariza abandi ibyo babonye Kuganirira mu matsinda Ibigize umutungo rusange uri mu murenge, akamaro n’imicungire yawo hanyuma bagatangariza abandi ibyo bagezeho. -Gukora igikorwa cyo kubungabunga kimwe mu bikorwa remezo (umuhanda , ishuri,ivomo…)
Ihuriro n’andi masomo : gusoma ikarita Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo gutahura umurenge wabo ku ikarita y’Akarere , kuvuga ibiwuranga n’inshingano z’abayobozi b’Umurenge Imfashanyigisho : ikarita y’Akarere, iy’Umurenge, ibishushanyo by’ibintu by’ingenzi biboneka mu murenge
60
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza
Umwaka wa 3 Umutwe wa 3 : Isuku
Umubare w’amasomo: 4
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : kurangwa n’ isuku kuri we, aho yiga n’aho aba Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha -Kurondora uburyo bunyuranye bwo gukora isuku y’ishuri n’aho atuye
-Gusesengura akamaro k’isuku n’ingaruka z’umwanda ku ishuri n’aho atuye
-Kugaragaza isuku mu ishuri, ku ishuri n’aho atuye ( Mu myambarire, mu gufata neza ibikoresho bye, mu kwandika neza…..)
Isukuy’ishuri n’aho dutuye -Isuku y’ishuri no ku ishuri -Akamaro k’isuku y’ishuri no ku ishuri -Isuku y’aho atuye 3. a)Akamaro k’isuku y’aho
atuye b) Ingaruka zo kugira isuku
nke
-Gukorera mu matsinda ibikorwa by’isuku: gukubura ishuri, guhanagura imikungugu, kubika neza ibitabo, guhanagura ikibaho,… -Kuganirira mu matsinda ku kamaro ko kugira isuku mu ishuri , ku ishuri n’aho atuye n’ingaruka z’umwanda hanyuma bagafatira hamwe ingamba zo guhorana isuku
-Kurondora indwara zandura , uko zandura n’uburyo bwo kuzirinda
-Gusobanura akamaro ko kwirinda indwara zandura
-Kurangwa n’ umuco wo kwirinda indwara
Indwara zandura
-Amoko y’indwara zandura : Ubuheri, ibihushi, ise, amaso, Inkorora , igituntu,
amashamba, iseru, ibihara, Malariya, SIDA, Ebola,… -Inzira abantu banduriramo
-Kwitegereza amashusho no gutahura indwara zandura bakaziganiraho bagaragaza izo bahuye nazo -Kuganirira mu matsinda mato uburyo bwo kwirinda indwara zandura no gutangariza abandi uko bakwitwara ngo birinde
61
indwara zandura -Uburyo bwo kwirinda indwara Zandura
-Gusobanura uko yagirira isuku imyanya ndagagitsina
-Gusukura imyanya ndagagitsina -Kugaragaza uko yakwirinda ingaruka z’isuku nke y’imyanya ndangagitsina
-Kubungabunga imyanya ndagagitsina -Kurangwa n’ ubuzima bwiza
Isuku y’imyanya ndangagitsina -Isuku y’imyanya ndagagitsina
- Ingaruka zo kutagirira isuku
imyanya ndangagitsina
-Kuganirira mu matsinda uko basukura imyanya ndangagitsina hanyuma bagafata ingamba zo kubishyira mu bikorwa -Kwitegereza mu matsinda Amashusho yerekana indwara ziterwa n’isuku nke y’ imyanya ndangagitsina hanyuma bagafata ingamba zo kuzirinda
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku isuku n’isukura no ku ndwara zandura Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo kugaragaza isuku kuri we, aho yiga n’aho aba Imfashanyigisho : ibikoresho binyuranye by’isuku,amashusho agaragaza ibikorwa by’isuku, indwara zandura , amafoto, filimi, video.
62
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza
Umwaka wa 3 Umutwe wa 4: Imibanire n’imyitwarire iboneye Umubare w’amasomo : 4
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : kwiyubaha no kubaha ikiremwa muntu Intego Ibyigwa
Ibikorwa
by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha -Kurondora uburenganzira bw’ibanze bwa muntu
-Gusobanura uburyo bwo kubahiriza uburenganzira bw’ibanze bwa muntu kuri we no ku bandi
-Kubahiriza uburenganzira bwa muntu -Kurangwa n’ ubupfura (kwiyubaha no kubaha abandi ) n’ubumwe
Uburenganzira bw’ibanze bwa muntu Uburenganzira bw’ibanze bwa muntu (aho ari ho hose n’uko ameze kose )
Gukina mu matsinda udukino tugaragaza uburyo bunyuranye bwo kubahiriza uburenganzira bw’ibanze bwa muntu hanyuma bakavuga isomo bakuyemo
-Kurondora amoko y’ubumuga
-Gusobanura ibitera ubumuga no kugaragaza uburyo bukwiye bwo kubyirinda
-Kubana neza n’abafite ubumuga Kwiyakira ku bafite ubumuga -Kugira imyitwarire iboneye ku bantu bafite ubumuga
Ubumuga -Amoko y’ubumuga
( ubumuga
bw’ingingo, ubwo
kutabona n’ubwo
kutumva )
-Ibitera ubumuga
-Kuganira mu matsinda ibitera ubumuga n’amoko yabwo bakageza ku bandi ibyo baganiriye -Kuganirira mu matsinda uko bakwirinda ubumuga bakabitangariza
63
- Uko bakwirinda
ubumuga
- Uko babana neza
n’abafite ubumuga
abandi muri rusange -Kuganirira mu matsinda uko babana n’abafite ubumuga bakabitangariza abandi muri rusange
-Kurondora imyitwarire iboneye umwana agomba kugira ahantu aho ari ho hose
-Gusobanura uburyo bunyuranye bwo kugaragaza imyitwarire iboneye umwana agomba kugira ahantu aho ari ho hose
Kurangwa n’umuco wo:
- kubaha,n’ubupfura - w’ubworoherane no
guha agaciro abantu n’ibintu -Kubana neza n’abandi -Kwisuzuma no kwigaya
Imyitwarire iboneye -Imyitwarire iboneye
y’abana mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye ( mu minsi mikuru, ahateraniye abantu benshi,mu nzira,…)
-Gukora ibikorwa bigaragaza imyitwarire iboneye kuri bagenzi babo bafite ibibazo byihariye nabo bakabwira abandi uko babyakiriye n’icyo byabamariye
Ihuriron’andi masomo : Inyunguramagambo ku : Imibanire n’imyitwarire iboneye Ibigenderwaho mu isuzuma:Ubushobozi bwo kwiyubaha no kubaha ikiremwa muntu Imfashanyigisho : Ibishushanyo bigaragaza imyitwarire iboneye , filimi, videwo
64
Imbumbanyigisho: Imibereho myiza
Umwaka wa 3 Umutwe wa 5 : Ubukungu
Umubare w’amasomo:6
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Kugira umuco wo kwizigamira no kudasesagura n’ingaruka zo kutizigamira
Intego
Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha -Kurondora ahantu hanyuranye dukura amafaranga n’ibintu tuyatangaho
- Gusobanura uburyo bwiza bwo gukoresha amafaranga, akamaro ko kwizigamira n’ingaruka zo kutizigamira
Kugira umuco wo kuzigama , kwirinda gusesagura no kwishimira ibyo ufite Gukoresha neza amafaranga
Kwiteganyiriza
-Aho dukura amafaranga -Ibyo dutangaho amafaranga -Uburyo bwo kwizigamira -Akamaro ko kwizigamira -Ingaruka zo kutizigamira
-Gukorera mu matsinda bakagaragaza imikoreshereze y’amafaranga, ibyiza byo kuzigama n’ibibi byo kutazigama hanyuma bagatangariza bagenzi babo ibyo bagezeho maze bagafata ingamba
Ihuriro n’andi masomo : inyunguramagambo ku kwizigamira Ibigenderwaho mu isuzuma:ubushobozi bwo gusobanura imikoreshereze myiza y’amafaranga, akamaro ko kwizigamira n’ingaruka zo kutizigamira Imfashanyigisho : amashusho agaragaza ibikorwa binyuranye abantu bakuramo amafaranga , filimi , amafoto,videwo, ibintu bifatika
65
Imbumbanyigisho: Uburere
Mboneragihugu
Inyigisho: Imiyoborere myiza
Umwaka wa 3 Umutwe wa 6: Ubuyobozi bw’Akagari n’ubw’Umurenge
Umubare w’amasomo:3
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe :Kugaragaza abayobozi b’Akagari n’ab’Umurenge n’inshingano zabo Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Gutahura abayobozi ku rwego rw’Akagari
-Gutandukanya abayobozi ku rwego rw’Akagari n’ inshingano zabo
-Kwiyambaza inzego z’ubuyobozi no kubishishakariza abandi -Kubaha abayobozi n’inzego z’ubuyobozi
Abayobozi b’akagari -Abayobozi b’Akagari -Inshingano z’abayobozi b’Akagari
-Kuganirira mu matsinda hagaragazwa abayobozi ku rwego rw’Akagari n’inshingano zabo hanyuma bakabitangariza abandi -Kuganirira mu matsinda uburyo bwo kubaha abayobozi n’inzego z’ubuyobozi, bagatangariza abandi ibyo bagezeho, bagafata ingamba z’ibyo bakora.
-Kurondora abagize ubuyobozi ku rwego rw’Umurenge n’ inshingano zabo.
-Gutandukanya abayobozi ku rwego rw’Umurenge n’ inshingano zabo -Gusobanura uko abayobozi b’inzego z’ibanze bashyirwaho
-Kwiyambaza inzego z’ubuyobozi no kubishishikariza abandi -Kubaha abayobozi
Abayobozib’umurenge -Abayobozi b’Umurenge -Inshingano z’abayobozi b’Umurenge -Uburyo abayobozi b’inzego z’ibanze bashyirwaho
-Kuganirira mu matsinda hagaragazwa abagize ubuyobozi ku rwego rw’Umurenge n’inshingano zabo hanyuma bakabitangariza abandi -Kuganirira mu matsinda uburyo bwo kubaha abayobozi n’inzego z’ubuyobozi, bagatangariza abandi ibyo bagezeho,bagafata ingamba z’ibyo bakora.
66
Ihuriro n’andi masomo :inyunguramagambo ku nzego z’ubuyobozi bw’ Akagari Ibigenderwaho mu isuzuma:ubushobozi bwo kugaragaza abayobozi b’ Akagari n’inshingano zabo n’uburyo bwo kubiyambaza no kububaha Imfashanyigisho :ibishushanyo bigaragaza inzego z’ubuyobozi bw’Akagari , filimi
67
Imbumbanyigisho: Ubumenyi bw’isi
Umwaka wa 3 Umutwe wa 7: Ibidukikije mu murenge Umubare w’amasomo:5 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Kugaragaza no kuranga ibidukikije biri mu murenge akoresheje ikarita y’Umurenge
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kurondora amerekezo akoreshwa mu kuranga ahantu n’ibintu
-Kwerekana aho ibintu n’abantu biherereye yifashishije amerekezo -Gushushanya ikarita y’Umurenge no kwerekana ahantu h’ingenzi
-Kwiyobora no kuyobora abandi akoresheje amerekezo -Kwitegereza ibimukikije -Kugira umuco wo kujora , gushima no kunezezwa n’ahantu cyangwa ibikorwa
Amerekezo -Amerekezo ane y’ingenzi (gukoresha idira)
-Ikarita y’Umurenge
-Ahantu h’ingenzi mu murenge wacu n’ibihakorerwa.
-Kuganira mu matsinda ku bintu by’ingenzi bigaragara mu murenge bakabiranga bakoresheje amerekezo n’idira hanyuma bakaza kuvuga ibyo bagezeho -Gushushanya buri wese ukwe ikarita y’umurenge yerekana ahantu h’ingenzi
-Kurondora ibidukikije biboneka mu murenge we
-Gusobanura uburyo bwo gufata neza ibidukikije mu murenge , akamaro kabyo, n’ingaruka zo kutabyitaho
-Kurangwa n’umuco wo kubungabunga ibidukikije
Ibidukikije -Amoko y’ibidukikije -Akamaro k’ibidukikije biboneka mu murenge
-Kubungabunga no gucunga neza ibidukikije
-Gukora urugendoshuri bajya gusura ahantu hatandukanye hari ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije (amaterasi y’indinganire, ubusitani bukoze neza…) no gusura ahantu hari ibikorwa byangiritse ,
68
-Ingaruka zo kutita ku bidukikije
barangiza bagatangaza ibyo babonye -Gukora ubwabo igikorwa cyo kubungabunga ibidukikije (gutera ibiti n’indabo, kuvomerera ibimera…)
-Kwegeranya no gutanga imibare y’abatuye Umudugudu n’abatuye Umurenge
-Gusobanura imiturire mu mudugudu no mu murenge wabo
-Kugira umuco wo kwitegereza, gusesengura no kugereranya
Abaturage -Umubare w’abanyeshuri bari mu kigo cy’amashuri -Umubare w’abakozi bari ku kigo n’akazi bakora -Umubare w’abantu batuye mu mudugudu ishuri ryubatsemo -Imiturire mu murenge ishuri ryubatsemo
-Kujya hanze bakitegereza imiturire mu mudugudu ishuri ryubatsemo hanyuma bakaganira ku byo babonye -Kwitegereza ikarita igaragaza imiturire mu mudugudu no mu murenge no kuganirira mu matsinda ku byo babonye bakagira icyo bavuga kuri iyo miturire
69
-Kurondora imirimo inyuranye ikorerwa mu murenge no kugaragaza uruhare rw’umuryango n’urw’ikigo cy’ishuri muri uwo murenge
-Gusobanura uruhare rw’umuryango n’urw’ikigo cy’ishuri mu mirimo inyuranye ikorerwa mu murenge
-Kurangwa n’ umuco wo kwitegereza, gusesengura, kugereranya no gutanga ibitekerezo ku bintu runaka
Imirimo y’ingenzi ikorerwa mu murenge -Imirimo y’ingenzi ikorerwa mu murenge ishuri riherereyemo -Uruhare rw’umuryango n’urw’ikigo cy’ishuri mu mirimo ikorerwa mu murenge ishuri riherereyemo.
-Gukorera mu matsinda umwitozo wo kurondora imirimo ikorerwa mu murenge bagaragaza uruhare rw’ishuri n’urw’umuryango hanyuma bagatangaza ibyo babonye
Ihuriro n’andi masomo : Inyunguramagambo ku merekezo Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo kugaragaza no kuranga ibidukikije biri mu murenge akoresheje ikarita y’Umurenge Imfashanyigisho :Amakarita anyuranye y’Umurenge ,videwo,amafoto
70
Imbumbanyigisho: Ubumenyi bw’isi
Umwaka wa 3 Umutwe wa 8:Ubwikorezi n’itumanaho Umubare w’amasomo:5
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe : Kugaragaza no kuranga ibidukikije biri mu murenge akoresheje ikarita y’Umurenge Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha -Kurondora uburyo bukoreshwa mu gutwara abantu n’ibintu mu murenge .
-Gusobanura - ibimenyetso byo ku muhanda n’akamaro kabyo -Gusesengura ingorane abakoresha umuhanda bahura nazo n’uburyo bwo kuzirinda
-Kurangwa n’ imyitwarire iboneye mu muhanda
Ubwikorezi mu murenge -Uburyo bukoreshwa mu gutwara abantu n’ibintu mu murenge -Ibimenyetso byo mu muhanda biyobora abantu n’ibinyabiziga -Akamaro k’ibimenyetso byo mu muhanda. -Ingorane z’ubwikorezi bwo mu murenge
-Kujya mu matsinda bakitegereza amashusho anyuranye agaragaza uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu mu murenge, bakaganira ku ngorane abakoresha umuhanda bahura nazo n’uko bazirinda ; hanyuma bagatangariza abandi ibyo bagezeho
-Kurondora ibikoresho by’itumanaho
-Gutandukanya ibikoresho by’itumanaho no kugaragaza akamaro karyo
-Kurangwa n’umuco wo gukoresha neza itumanaho
Itumanaho -Ibikoresho by’itumanaho mu murenge -Akamaro k’itumanaho mu murenge wacu -Uburyo buboneye bwo gukoresha itumanaho mu murenge wacu
-Kuganira mu matsinda ku bikoresho by’itumanaho, n’akamaro karyo hanyuma bakabwira abandi ibyo baganiriyeho -Kuganira mu matsinda ku buryo bwo gukoresha neza itumanaho hanyuma bakabwira abandi ibyo baganiriyeho
71
Ihuriro n’andi masomo : inyunguramagambo ku birebana n’ubwikorezi n’itumanaho Ibigenderwaho mu isuzuma: Ubushobozi bwo gutandukanya amoko y’ubwikorezi n’itumanaho n’akamaro kabyo Imfashanyigisho : ibyapa by’umuhanda, amashusho y’ubwikorezi butandukanye , ibikoresho by’itumanaho ( telefoni, Amabahasha,impapuro,…)
72
Imbumbanyigisho: Amateka Inyigisho: Amateka y’Umurenge wacu Umwaka wa 3 Umutwe wa 9 : Ibintu by’ingenzi byaranze amateka
y’Umurenge wacu Umubare w’amasomo:5
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: gusobanura amateka yaranze Umurenge we no kuyashyira ku murongo ndangagihe
Intego Ibyigwa
Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha
-Kurondora amateka y’ingenzi yaranze Umurenge wabo -Kugaragaza uko bakoresha umurongo ndangagihe
-Gushyira ku murongo ndangagihe amateka y’ingenzi yaranze Umurenge wabo
-Kurangwa n’ umuco wo -gukunda igihugu no kumenya aho uva n’aho ujya -Kuzirikana amateka
Amateka -Ibintu by’ingenzi byaranze amateka y’Umurenge wacu
-Umurongo ndangagihe -Gukoresha umurongo ndangagihe
-Gukora ubushakashatsi ku byaranze amateka y’ Umurenge atuyemo akabiganiriza abandi bakabyunguranaho ibitekerezo -Gukora umwitozo wo gushushanya umurongo ndangagihe agashyiraho ibyaranze amateka y’Umurenge wabo
Ihuriro n’andi masomo :inyunguramagambo ku mateka y’Umurenge we Ibigenderwaho mu isuzuma :ubushobozi bwo gusobanura amateka yaranze Umurenge we no kuyashyira ku murongo ndangagihe Imfashanyigisho : amashusho agaragaza ibintu by’ingenzi byaranze amateka y’Umurenge, amafoto
73
6. IBYIFASHISHIJWE MU GUTEGURA IYI NTEGANYANYIGISHO 6.1 Inyandiko
- (Bartram, D. (2005) The Great Eight competencies: A criterion-centric approach to validation. Journal of Applied
Psychology, 90, 1185–1203
- (Catano, V., Darr, M., & Campbell, C. (2007). Performance appraisal of behaviour-based competencies: A reliable and
valid procedure. Personnel Psychology, 60, 201–230
- ( Craig, R., (2001) Creative Thinking Skills for Life and Education (teaching creativity)
- (Curriculum Framework for Rwandan schools from pre-primary to upper secondary (December 2014)(Dubois, D., &
Rothwell, W. (2004). Competency-Based Human Resource Management.
Davies–Black Publishing
- (Figurski, T. J., (1987) Self Awareness and other awareness: The use of Perspective in everyday life
- (International Conference, (May 2002)“Curriculum in the Service of National Development: What Skills do our
Children Need.
- ( Kathryn L.Stout, B.S.Ed, M.Ed (2004) Strategies for Teaching Kids with Special Needs
- (Kochanski, J. T.,& Ruse, D. H. (1996). Designing a competency-based human resources organization. Human Resource
Management, 35, 19–34
- (McEvoy, G., Hayton, J., Wrnick, A., Mumford, T., Hanks, S., & Blahna, M. (2005).
A competency-based model for developing human resource professionals.
74
Journal of Management Education, 29, 383–402
- (Rausch, E., Sherman, H., & Washbush, J. B. (2002). Defining and assessing competencies for competency-based,
outcome- focused management development. The Journal of Management Development, 21, 184–200
-
- (Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho (2007) Integanyanyigisho y’amasomo mbonezamubano
- (Sanchez, J. I., &. Levine, E. L. (2009). What is (or should be) the difference between competency modeling and
traditional job analysis? Human Resource Management Review, 19, 53–63
-
- (Shandler, D. (2000). Competency and the Learning Organization. Crisp Learning.
- (Shippmann, J. S., Ash, R. A., Battista, M., Carr, L., Eyde, L. D., Hesketh, B., Kehoe,
- J., Pearlman, K., & Sanchez, J. I. (2000). The practice of competency modeling,
Personnel Psychology, 53, 703–740.
- ( Smith SR, Fuller B. MD2000: A competency-based curriculum for the Brown
University School of Medicine. Med Health R.I. 1996;79(8):292-8.
- (Spencer, L M. in Cherniss, C. and D. Goleman, eds. (2001) “The economic value of emotional intelligence competencies
and EIC-based HR programs”, in The Emotionally Intelligent Workplace: How to Select for, Measure, and Improve
Emotional Intelligence in Individuals, Groups and Organizations. San Francisco, CA: Jossey–Bass/Wiley
- (The Zambia Education Curriculum Framework© 2012 Published by Curriculum Development Centre
- (Uganda National Curriculum Development Centre (UNCDC: 2009)
75
6.2. Poritiki z’uburezi - (Poritiki y’urwego rw’uburezi yakozwe mu mwaka wa 2002.
- (Gahunda y’ibikorwa by’uburezi bwa bose yakozwe muri Kamena 2003.
- (Gahunda y’ibikorwa 2003-2008 y’urwego rw’uburezi yakozwe muri Mata 2003.
- (Poritiki yo gutegura integanyanyigisho z’amashuri abanza n’ayisumbuye yakozwe mu mwaka wa 2004.
- (Poritiki yo kwandika ibitabo by’amashuri.
- (Raporo y’inama mpuzamahanga ku « Ruhare rw’integanyanyigisho mu
iterambere ry’igihugu: ni ubuhe bushobozi abana bacu bakeneye kugira?» Yakozwe muri Gicurasi 2002.
- (Gahunda y’ibikorwa y’imyaka itandatu (2004-2009) yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Integanyanyigisho.
- (Poritiki yo kwigisha indimi.
- (Rwanda Vision 2020
- (EDPRS 2
- ( Education Sector Policy 2003
- (Education for All Plan of Action (EFA), June 2003
- (Education Sector Strategic Plan 2013/2014-2017/2018
- (Ministry of Education, Science, Technology and Scientific Research,
- (Primary and Secondary School Curriculum Development Policy, 2004
- (Text book policy
- (LTM reform Feb 2010
- ( EFA 12 Year (Jul 27/2010
76
6.3. Imbuga nkoranyambaga
- HYPERLINK "http://www.wikipedia.org/wiki/social_studies" www.wikipedia.org/wiki/social_studies
- HYPERLINK "http://www.gov.rw/National" www.gov.rw/National symbols
- HYPERLINK "http://www.google.com" www.google.com
- www.intechopen.com
- http://www.cdc.gov/pcd/issues/2006/jan/05 0099.htm
- http://www.hrcompass.com/validation.htm
- http://www.asa3.org/ASA/ education/think/creative/htm.
- http://www.wgu.edu/why_WGU/competency_based_approach
- http://www.nytimes.com/2013/11/03/education/edlife/degrees-based-on-what-you-can-do- not-how- long-you-
ent.html?pagewanted=all&module=Search&mabReward=relbias%3Ar&_r=0
- http://www.evolllution.com/distance_online_learning/audio-revolutionizing competency-based-education/
- http://www.evolllution.com/distance_online_learning/meeting-the-storm-the-university-of-wisconsin-flexible-option/
77
IGICE CYA KABIRI : UBUMENYI BW’IYOBOKAMANA
78
URUTONDE RW’ABAGIZE URUHARE MU ITEGURWA RY’IYI NTEGANYANYIGISHO
Abakozi b’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda
Dr. MUSABE Joyce, Umuyobozi w’Ishami ry’Integanyanyigisho n’Imfashanyigisho. GATERA Augustin, Umuyobozi w’Itsinda ry’Indimi n’Ubumenyamuntu. BACUMUWENDA Nehemiah, ushinzwe ireme ry’integanyanyigisho n’imfashanyigisho mu Itsinda ry’Indimi
n’Ubumenyamuntu. Ntibizerwa Janvier , Umuteganyanyigisho w’Iyobokamana n’uburere Mboneragihugu,
Abarimu
Ndayisenga Eugene, Ishuri ribanza ryitiriwe Umubyeyi Nyina wa Jambo, Gasabo.
Bihibindi Faustin Gs Uwinkomo Nyamagabe.
Pastor Nkurunziza Ernest, Ishuri nderabarezi Rubengera, Karongi
Abandi bagize uruhare mu itegurwa ry’iyi nteganyanyigisho
Tuyishime Jean Claude: SNEC Pastor Bisanze Claver: BNEP Pastor Makuza Eliel: SDA Sr. Mukagatare Donathile SNEC Mrs: Mahuku Rachel: Wellspring foundation
Uwanonosoye integanyanyigisho
Dr. Phodidas Ndamyumugabe: Umwalimu muri Kaminuza yigenga INILAK
SINDAYIGAYA Moussa :Imamu wa Kigali
79
1. INTANGIRIRO
1.1. Imvano y’ivugurura ry’integanyanyigisho
Ivugururwa ry’integanyanyigisho z’ubumenyi bw’Iyobokamana mu kiciro cya mbere cy’amashuri abanza ryakozwe mu rwego
rwo kunoza imyigire n’imyigishirize y’abana bato hagamijwe kubaha ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibyo bize no
kugira imibereho irangwa n’indangagaciro z’ubumuntu ndetse n’iz’umuco nyarwanda. Ivugururwa ryashingiwe ku bitekerezo
byatanzwe n’abarezi ndetse no ku bushakashatsi bwakozwe. Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko umunyeshuri atagira uruhare
runini mu myigire ye bityo ntagire ubushobozi bwo guhuza ibyo yiga n’ubuzima bwa buri munsi. Iyi nteganyanyigisho rero
ivuguruye igamije izaha uruhare umunyeshuri mu byo yiga bityo akagira ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibyo yize
yifashishije ubumenyi, ubumenyi ngiro ndetse n’indagagaciro.
1.2. Impamvu zo kwigisha no kwiga Ubumenyi bw’iyobokamana
1.2.1. Ubumenyi bw’iyobokamana n’Umuryango Nyarwanda
Ubumenyi bw’Iyobokamana ni inyigisho ifite akamaro kanini ku mu muryango Nyarwanda. Ifite akamaro kanini ku mibereho
n’imibanire y’abantu ndetse no ku kiremwamuntu muri rusange. Ifasha abagize umuryango nyarwanda kurangwa
n’indangagaciro zinyuranye; muri zo twavuga nk’ubworoherane, ubudahemuka, kubana mu mahoro, kugira agaciro kubaha no
gufasha abandi, ubwizige kwitabira umurimo, gukundana n’ibindi. Iyi nyigisho kandi igamije gufasha umwana n’umryango
nyarwanda kurangwa n’indangagaciro zihamye zifasha buri wese kubana n’abandi mu mahoro. Izafasha kandi umuryango
nyarwanda guha agaciro Imana mu buzima bwabo bityo bakarangwa n’ibikorwa by’ubuyoboke no gufasha abatishoboye.
80
1.2.1 Akamaro k’ubumenyi bw’Iyobokamana ku munyeshuri
Iyi nteganyanyigisho y’ubumenyi bw’iyobokamana izatuma umunyeshuri agira imyitwarire mbonezabupfura iboneye mu
mibereho ye ya buri munsi. Rigamije kwibutsa umwana agaciro ke mu ruhando rw’ibiremwa Imana yaremye bityo akayikunda
kandi agakunda bagenzi be ndetse n’ikiremwamuntu muri rusange. Iri somo kandi riha umwana uburere bw’umutima
agaragariza mu ndangagaciro zimuranga.
Iyi nteganyanyigisho igenewe icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, igamije kubaka umwana ufite umutima, ubupfura,
n’urukundo bishimangirwa n’imyemerere ndetse n’imyizerere n’indangagaciro z’umuco nyarwanda. Izaha umunyeshuri
inyigisho z'ibanze zerekeye ubumenyi bw’iyobokamana kugira ngo abashe kugira imibereho myiza kuri iyi si ndetse
anitegurire kuzabona ubugingo bw'iteka.
Iyi nteganyanyigisho iteguwe ishingiye ku ihame ryo guha umunyeshuri ubushobozi bwo kugira icyo ashobora gukora
ashingiye ku bumenyi, ku bumenyingiro no ku bukesha ahabwa mu ishuri. Ibi bizatuma Umunyeshuri urangije icyiciro cya
mbere cy`amashuri abanza ashobora gukurikira amasomo mu cyiciro cya kabiri cy`amashuri abanza no kwikemurira ibibazo
by`ibanze byo mu buzima busanzwe birebana n’imyitwarire, imyemerere, indagagaciro, umuco, ikibi n’ikiza, n’ibindi…
Inashingiye kandi ku muco Nyarwanda no ku gitekerezo cyo guhuza integanyanyisho z’amashuri abanza yo mu Rwanda
n`iz`ibindi bihugu cyane cyane iz`ibihugu bigize Umuryango Nyafurika w`Iburasirazuba.
Integanyanyigisho y’Iyobokamana yo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza igizwe n’ibice bibiri bizigishwa ku buryo
butandukanye. Ibyo bice ni Iyobokamana rya Gikirisitu ndetse n’Iyobokamana rya Kiyisilamu. Buri shuri rizahitamo
hakurikijwe imyemerere n’ubuhsake bwa buri kigo kugira ngo rifashe abana gukurana imigenzo nyobokamana y’ibyo bemera
ariko batibagiwe kugira ubumenyi rusange ku yindi myemerere.
81
1.2.3 Ubushobozi
Ubushobozi ni ububasha bwo gukora umurimo uyu n’uyu wihariye uko bikwiye hashingiwe ku bumenyi, ubumenyi ngiro
n’ubukesha bijyanye n’ibyo wize. Politiki z’igihugu zishingiye ku byo igihugu gikeneye zerekana ubushobozi bw’ibanze
n’ubushobozi nsanganyamasomo bishingirwaho mu kubaka imitekerereze yimbitse. Muri iyi nteganyanyigisho ubushobozi
bw’ibanze bugaragarira mu bushobozi bugamijwe muri buri mutwe, muri buri mwaka ndetse no mu kiciro. Ibikorwa
by’umunyeshuri bigomba gushingira ku byo ashobora gukora kugira ngo hatezwe imbere ubushobozi bugamijwe mu gihe yiga
cyangwa arangije umutwe w’amasomo runaka.
Ubushobozi nsanganyamasomo
Ubushobozi nsanganyamasomo ni ubushobozi butihariwe n’inyigisho imwe ahubwo butezwa imbere mu masomo anyuranye,
mu bihe bitandukanye ndetse no mu kazi kanyuranye. Ubushobozi bw’ingenzi mu myigire n’imyigishirize abarimu bagomba
kwitaho busobanuye ku buryo bukurikira:
Ubushishozi no gushakira ibibazo ibisubizo: ubu bushobozi buzafasha umunyeshuri gutekereza ahanga no gushyira
mu gaciro ku buryo bwaguye bituma abonera ibisubizo ibibazo ahura na byo mu buzima bwa buri munsi.
Guhanga udushya: kunguka ubu bushobozi bizafasha umunyeshuri gufata iya mbere agatekereza ahereye ku byo azi,
maze agahanga ibintu bishya.
Ubushakashatsi: ubu bushobozi buzafasha umunyeshuri gukemura ibibazo ahereye ku makuru no ku bumenyi
busanzweho no gusobanura ibintu ahereye ku makuru yakusanyije.
Gusabana mu ndimi zemewe gukoreshwa mu gihugu: ubu bushobozi buzafasha abanyeshuri gusabana n’abandi nta
mususu no gutanga ibitekerezo byabo ku buryo buboneye mu mvugo no mu nyandiko bakoresha imvugo n’amagambo
bikwiye. Kubera iyo mpamvu, abarimu bose nubwo baba batigisha indimi basabwa kugenzura ko abanyeshuri
bakoresha uko bikwiye ururimi rwigishwamo.
82
Ubufatanye, imibanire ikwiye n’abandi n’ubumenyi ngiro mu buzima bwa buri munsi: ubu bushobozi buzafasha
abanyeshuri gukorana n’abandi mu matsinda, mu kazi ako ari ko kose bahawe barangwa n’imyitwarire n’indangagaciro
bikwiye, bubaha uburenganzira, ibitekerezo n’imyitwarire binyuranye n’ibyabo. Ibi bizafasha kandi abanyeshuri
gukora ibikorwa bijyanye no kubungabunga ibidukikije, gukora ubuvugizi ku byerekeye ubuzima bwabo
n’ubw’umuryango bita ku isuku n’imirire iboneye kandi na none bakemura ibibazo bahura na byo mu buzima.
Kwiga no guhora yiyungura ubumenyi: kunguka ubu bushobozi bizafasha abanyeshuri kujyana n’igihe biyungura
ubumenyi n’ubumenyi ngiro batarinze gufashwa muri byose. Ibi bizabafasha kandi kujyana n’iterambere bibanda ku
bumenyi n’ubumenyi ngiro bikenewe.
Ubushobozi rusange bugamijwe mu nyigisho y’Ubumenyi bw’iyobokamana
Nyuma yo kwiga iyi nyigisho y’iyobokamana rya gikirisitu umunyeshuri azaba ashobora:
- Gusobanura agaciro ke, ak'abandi n'ak'ibindi biremwa no kubungabunga ibidukikije. - Gusobanura umugambi w'agakiza Imana ifitiye umuntu n'uburyo yamugaragarije urukundo rwayo:
- Mu irema - Mu ijambo ry' Imana - Muri Yezu Kirisito (ku bakirisitu)
- Kugaragaza imibereho ibereye Imana, ababyeyi, abavandimwe n'igihugu Imana yamuhaye. - Kuzirikana inshingano Imana yahaye umuntu kuri iyi isi, akanashishikarira guharanira icyiza,
Kwanga no gukumira ikibi.
- Gukora imyitozo igarura amahoro y’umutima.
Inyigisho y’iyobokamana rya Kiyisilamu mu mashuri abanza igamije gutuma umunyeshuri ashobora:
- Kurangwa n’indangagaciro zishingiye ku myemerere ya Kiyisilamu. - Gusobanura neza ingingo z’ibanze z’imyemerere ya Kiyisilamu.
83
- Gusenga yubahiriza Imigenzo yategetswe yo gusenga. - Kurondora ibihe by’ingenzi byaranze intumwa y’Imana Mohamadi. - Kurangwa no kubaha n’urukundo aho ari hose ( kuri bagenzi be, ababyeyi, abo babana, abaturanyi n’abandi bantu). - Kurangwa n’imigenzo myiza yo kwicisha bugufi, gusaba imbabazi igihe yakosheje, guharanira icyiza no gukumira ikibi
haba kuri we no ku bandi.
Ubumenyi bw’iyobokamana n’ubumenyi bugamijwe
Politiki y’igihugu y’uburezi bw’u Rwanda ni ukurera umwana ufite uburere buboneye kandi urangwa n’indangagaciro z’ubumuntu ndetse n’iz’umuco nyarwanda. Inyigisho z’ubumenyi bw’iyobokamana ifasha umwana gukurana ubupfura, ubwitonzi n’izindi ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Usibye indangagaciro zishingiye ku muco no ku myemerere, umunyeshuri ahabwa ubushobozi n’ubumenyi ngiro rusange bimufasha kwibeshaho no kubana neza n’abandi.
Muri iyi nteganyanyigisho nshya hitawe kandi ku bumenyi ngiro ku buryo bw’umwihariko kugira ngo dufashe abana b’u
Rwanda mu buzima bwabo bwa buri munsi kandi tubashishikarize kwita ku bibazo bibangamiye isi muri rusange n’igihugu
cyacu ku buryo bw’umwihariko. Ingingo zitaweho cyane cyane ni umuco n’indangagaciro nyarwanda, ibidukikije,
uburinganire, uburenganzira bw’umwana n’ubw’ikiremwamuntu, gukunda igihugu, kwimakaza umuco w’amahoro ndetse no
kwihesha agaciro.
84
2. IMBONEZAMASOMO
Integanyigigisho y’iyobokamana izaba iri kumwe n’integanyanyigisho y’ubumenyi mbonezamubano bityo izaba ari igice cya
kabiri mu gihe ubumenyi mbonezamubano izaba ari igice cya mbere. Ibi bice byombi bigize integanyanyigisho mbumbe
y’ubumenyi mbonezamubano n’ubumenyi bw’iyobokamana. Imyigishirize yayo rero ishingiye ku ruhare runini umunyeshuri
agomba kugira mu myigire ye bimufasha gushakashaka, kwitegereza, kuzirikana, kuvumbura n’ubundi bushobozi. Muri ibi
bikorwa byose mwarimu akora akazi ko kumuyobora, kumufasha no kugenzura niba ibyo akora bigaragaza ubushobozi
bushingiye ku bumenyi, ku bumenyingiro, ku bukesha no ku ndangagaciro ahabwa cyangwa atozwa na Mwarimu nkuko
byateguwe muri iyi nteganyanyigisho.
Ibikorwa by`umunyeshuri bigomba gutegurwa bishingiye ku buzima bwe no ku bintu asanzwe abona bityo buhoro buhoro
akagenda asobanukirwa n’ibijimije kandi bitagaragara. Ibi bituma umunyeshuri yibona mu byo akora, bityo akarushaho
kubyishimira, kugira amatsiko no gucengera ibyo yiga.
Mbere y’uko basubiza, mwarimu agomba guha abanyeshuri igihe gihagije cyo gutekereza no kwishakashakira.
Imyitozo umwarimu atanga igomba kwibanda ku bintu umunyeshuri ahura na byo mu buzima bwe busanzwe abisanisha
n’ubuzima bujyanye n’ibyo yemera, abona atekereza ku bijyane n’ukwemera kwe.
Muri rusange, abanyeshuri biga neza iyo bagira uruhare mu myigire yabo kandi badafata mu mutwe gusa ahubwo bagira
ibikorwa bakora. Nubwo gukorera mu matsinda bifite akamaro ni ngombwa no kwita kuri buri munyeshuri kugira ngo
umwarimu akosore imivugire ye, imisomere ye ndetse n’imyandikire ye.
Buri somo rigomba kugira intego zeruye kandi uburyo bwo kuzigeraho ntibugore umunyeshuri ndetse n’umwarimu.
Umwarimu agomba kwita ku kigero cy’umunyeshuri kandi akamufasha kwiyigisha. Ni ngombwa rero guhera ku byo
umunyeshuri azi, bigaragara, byuzuye, mbere yo gusingira ibyigwa mpisho, birakwiye, guhera ku mvugo, ku nteruro yo ntango
y’ubwumvane n’umushyikirano kugira ngo bifashe abanyeshuri kwivumburira ikigwa cy’umunsi.
85
2.1. Uruhare rw`umwarimu
Bimwe mu bintu by`ingenzi umwarimu akwiye kwibandaho mu mikoreshereze y`integanyanyigisho ishingiye ku bushobozi ni
ibi bikurikira:
Kugira ubumenyi buhagije mu bijyanye n’iyobokamana ndetse n’uburyo bwo kuyigisha abanyeshuri ukurikije ikigero bagezemo;
Kwifashisha ibyanditswe bitagatifu n’ibindi bitabo byandiswe ku nsanganyamatsiko igihe cyose asobanurira abana amahame;
Kwitwara nk`umujyanama ukomeye ku banyeshuri be kuko bashobora kumugisha inama ku buzima bwite bwabo bwaba ubwa roho cyangwa busanzwe cyangwa mu myigire yabo;
Gukurikirana ibikorwa by`abanyeshuri no gukemura mu mahoro impaka zose zivutse; Kurangwa n’imigenzo myiza ishingiye ku ndagagaciro za Gikirisitu cyangwa za Kiyisilamu akabera abanyeshuri
urugero rwiza; Kugenzura uko bwije n’uko bukeye imyitwarire mbonezabupfura y’abanyeshuri kugira ngo amenye neza ibyo bize
babishyira mu bikorwa; Gutegura ibikorwa by`abanyeshuri ashingiye ku buzima bwabo, ku buzima bw`Igihugu no ku muco nyarwanda kuko ari
byo bituma barushaho kwibona mu bikorwa byabo no kwiga neza; Gutegura mbere imfashanyigisho zijyanye n`ibikorwa biteganyijwe kandi ziboneka mu karere abanyeshuri batuyemo; Kuba inyangamugayo mu buzima busanzwe no mu myitwarire ye imbere y`abanyeshuri;
Umwarimu afite uruhare rwo kuyobora umunyeshuri amufasha kuvumbura, amukosora, amwerekera kugira ngo amugeze ku
ntego z’isomo. Ni ngombwa ko umwarimu amenya ibibazo abanyeshuri bafite kugira ngo mu gutegura isomo ateganye uburyo
n’inzira aza gukoresha bitagira uwo biheza. Umwarimu agena imfashanyigisho, agategura aho abanyeshuri bigira bitewe
n’isomo ashaka kwigisha. Hari isomo ryatangwa neza ari uko ribereye hanze cyangwa se mu ishuri, rikorewe mu matsinda
cyangwa abanyeshuri bari hamwe bose, byose biterwa n’imiterere y’isomo ndetse n’aho bigira.
86
2.2. Uruhare rw`umunyeshuri Integanyanyigisho iha umunyeshuri uruhare rw`ibanze mu myigire ye. Ishingira kubyo asanzwe azi no ku bushobozi
asanganywe agafashwa buhoro buhoro kubwongera akoresheje ubumenyi, ubumenyingiro, ubukesha n`indangagaciro
nyarwanda agenda yunguka. By`umwihariko umunyeshuri akwiye gushingira imyigire ye ku bintu by`ingenzi bikurira:
Kunguka ubumenyi yifashishije ibikorwa bye bwite cyangwa mu bikorwa afatanyije na bagenzi be; Kwifashisha ibikoresho byabugenewe: ibikoresho bya Jewometiri, ibibarisho, mudasobwa n`ibindi; Kubaha Imana, umurera na bagenzi be; Gufata neza ibikoresho bye n`iby`abandi; Kurangwa n’indangagaciro zo kwicisha bugufi no kwemera guhinduka; Kumenya gukorana n`abandi, kwihangana no kwemeranya ku gisubizo kiri cyo; Kumenya kwitegereza, gukorakora no gushyira ibintu mu buryo.
87
3. ISUZUMA
Isuzuma mu kwigisha ni ingenzi kuko rifasha umwarimu kumenya niba intego z’isomo cyangwa umutwe zagezweho no
kumenya ibibazo abanyeshuri bahuye na byo mu rwego rwo kubafasha kubikemura akabafasha kandi akabageza ku bushobozi
buteganyijwe.. Rifasha kandi umwarimu guhindura uburyo atangamo amasomo akurikije ibibazo byagaragaye kugira ngo
afashe abanyeshuri kumva ibyo biga nta ngorane bagize. Abanyeshuri na bo isuzuma ribafasha kumenya aho bafite intege nke
mu myigire yabo bikabafasha kwivugurura. Ku babyeyi, isuzuma ribafasha kumenya imyigire y’abana bityo bagatanga
umusanzu wabo mu kubafasha aho bagize intege nke. Ibi babikora bakurikirana umunyeshuri by’umwihariko, bamufasha
gukora imikoro yo mu rugo n’ibindi.
Isuzuma ni igikorwa gihoraho kandi gikorwa mu bihe bitandukanye no mu buryo butandukanye, hagamijwe kureba intambwe
umunyeshuri amaze gutera mu myigire ye.
Mu kwigisha gusoma ubumenyi mbonezamubano n’iyobokamana umwarimu yibanda mu gusuzuma ibi bikurikira:
3.1 Isuzuma ry’intego z’isomo
Mbere yo gutanga isomo, umwarimu agena intego ashaka kugeraho, bityo agateganya n’uburyo bw’isuzuma kugira ngo
amenye niba koko intego zagezweho by’ukuri, bikaba byatuma yigisha isomo rishya cyangwa agasubiramo ibitarumvikanye
neza. Umwarimu urangije gutanga isomo rye atanga imyitozo igamije kureba niba intego yihaye zagezweho. Intego z’isomo
zigaragazwa n’ibyo umunyeshuri yungutse kandi ashobora gukora. Intego z’isomo ziteganya kandi ingingo umwarimu aheraho
asuzuma isomo yatanze n’ibituma zigerwaho.
88
3.1.1. Isuzuma rinoza imyigire n’imyigishirize
Mu isuzuma rinoza imyigire n'imyigishirize hakoreshwa uburyo buziguye n’ubutaziguye busanzwe bukoreshwa n'amashuri
mu gusuzuma ko abanyeshuri biga uko bikwiye. Mu gihe umwarimu ategura isomo rye, agomba kugena ingingo ngenderwaho
mu gusuzuma urwego rw’ubushobozi (ubumenyi, ubumenyi ngiro n’ubukesha) abanyeshuri bategerejwe kugeraho. Mu gusoza
umutwe, umwarimu asuzuma niba abanyeshuri bose bashoboye kugera uko bikwiye ku bushobozi bw'ingenzi bugamijwe
ahereye ku bigenderwaho mu isuzuma byateganyijwe mu ntangiro y’umutwe. Umwarimu azasuzuma uko abanyeshuri
bagaragaza ubushobozi bukubiye mu byigwa ndetse n’ubushobozi nsanganyamasomo. Ibi bizafasha umwarimu kubona
ishusho rusange y'iterambere mu myigire y'abanyeshuri. Mu isuzuma, umwarimu azakoresha bumwe cyangwa impurirane
y'uburyo bukurikira:(a) kwitegereza, (b) ibibazo basubiza bandika , (c) ibibazo basubiza bavuga.
3.1.2. Isuzuma rikomatanya
Igihe isuzuma rikozwe rigamije gusoza igihembwe, umwaka cyangwa ikiciro no gufata ikemezo cyo gukomeza, ryitwa isuzuma
rikomatanya. Isuzuma rikomatanya rigamije kureba intera umunyeshuri agezeho rigaragaza ishusho y'ubushobozi
umunyeshuri amaze kugeraho mu gihe runaka kihariye. Intego y'ibanze y'isuzuma rikomatanya ni ugusuzuma niba
ubushobozi bugamijwe bwaragezweho. Ibivuye mu isuzuma rikomatanya bishingirwaho mu gufata ikemezo cyo gukomeza ku
ntera yisumbuye mu myigire y’umunyeshuri nko kwimurirwa mu kiciro gikurikira cyangwa guhabwa impamyabushobozi. Iri
suzuma rigomba gukomatanya ibyo umunyeshuri yize, hakarebwa niba agaragaza ubushobozi bugamijwe bwari buteganyijwe.
Iri suzuma rishobora gukorerwa ku rwego rw'ikigo k’ishuri, akarere cyangwa ku rwego rw’igihugu nk'ibizamini bya Leta. Ku
rwego rw'ishuri iri suzuma rikorwa rimwe mu gihembwe ndetse n'iyo umwaka urangiye. Impuzandego y'amanota y'isuzuma
rikomatanya kuri buri nyigisho izongerwa ku manota y'ibizamini bya Leta. Ni ukuvuga ko hari ijanisha ry'amanota y'isuzuma
89
rikorerwa ku rwego rw'ishuri rizongerwa ku manota y'ibizamini bya Leta. Iri janisha rizagenda ryiyongera bitewe n'uko
abarimu bagenda bunguka ubunararibonye mu buryo bwo gusuzuma ku buryo nyuma y’imyaka itatu uhereye igihe iyi
nteganyanyigisho itangiye gushyirwa mu bikorwa ayo manota azongerwa ku bizamini bya Leta azaba ari 10% y'impuzandengo
y'amanota yo mu ishuri. Icyakora iri janisha rizagenda ryiyongera. Uturere tuzahabwa ubushobozi bwo gukomeza gufata iya
mbere mu gukoresha isuzuma rikomatanya mu mashuri yose mu gukurikirana imyigire ndetse n'intera abanyeshuri bagezeho
mu mashuri yabo. Hazajya hakorwa ibizamini bya Leta bisoza ibyiciro bikurikira: amashuri abanza, ikiciro rusange n’ikiciro
cya kabiri cy’amashuri yisumbuye.
3.2. Kubika inyandiko igaragaza ibyavuye mu isuzuma
Kubika inyandiko igaragaza ibyavuye mu isuzuma ni ugukusanya ibigaragaraza ko isuzuma ryakozwe no kubiha agaciro
hagendewe ku bipimo byagenwe mbere. Uburyo ubwo ari bwo bwose bwaba bwakoreshejwe mu isuzuma bugomba gutanga
amakuru abarwa mu manota yandikwa cyangwa hakoreshejwe ibindi bipimo, bikabikwa neza ku buryo hagaragazwa
intambwe igenda iterwa mu myigire. Ibi bigira uruhare mu gutegura ibikorwa cyangwa ingamba zihariye bituma inyigisho
zumvikana kurushaho. Ibyavuye mu isuzuma kandi bishingirwaho n’umwarimu mu gihe atanga inama ku banyeshuri
n'ababyeyi.
Ubu buryo bujyanye no kubika mu idosiye imwe (mu nyandiko cyangwa ku buryo bw'ikoranabuhanga) amasuzuma yose
y'umunyeshuri ndetse n'ibyayavuyemo bugaragaza aho umunyeshuri afite intege nke cyangwa adafite ibibazo mu myigire ye.
Kubika mu idosiye imwe inyandiko igaragaza amasuzuma umunyeshuri yakoze, ntabwo ari ukubika gusa impapuro
z'amasuzuma yakozwe (impapuro n'imikoro), ahubwo ni no kubika inyandiko z'imyitozo yose umunyeshuri akora ijyanye
90
n'imyigire ye. Ibyavuye mu isuzuma ni byo bizagaragaza ko umunyeshuri yakurikiye neza mu ishuri mbere y'uko akora
isuzuma risoza.
3.3. Gutegura ibibazo by'isuzuma rikomatanya
Mbere yo kwandika ibibazo by'isuzuma, ni ngombwa gukora imbonerahamwe y'ibigomba kubazwaho herekanwa:
Imitwe cyangwa inyigisho byibandwaho mu isuzuma;
Umubare w'ibibazo hashingiwe ku nzego z'intego z'imyigire n'imyigishirize zagenwe na Bulumu (Bloom);
Amanota agenewe buri kibazo.
Mu nteganyanyigisho ishingiye ku bushobozi, ibibazo biri ku ntera zo hejuru ku rwego rw'intego rwa Bulumu (Bloom)
bigomba guhabwa umwanya ugaragara kurusha ibibazo bishingiye ku ntera zo hasi zijyanye cyane cyane n’ubumenyi.
Mbere yo kwandika ibibazo, ubyandika agomba kureba neza ko ibibazo by'isuzuma bijyanye n'isuzuma rishingiye ku
bushobozi hitabwa kuri ibi bikurikira:
Kugena inyigisho yibandaho ahereye ku byo integanyanyigisho iteganya;
Kugaragaza ingingo z’ibyigwa zishingirwaho mu isuzuma;
Kugena intego zigamijwe zigomba gusuzumwa;
Gukora imbonerahamwe igaragaza ibigenderwaho by'ingezi mu isuzuma;
Kugenzura ko inshinga zakoreshejwe mu kwandika ibibazo zidasaba gusubiza ibibazo basubiramo ijambo ku ijambo
ibyo bize gusa, ko ahubwo n'ubushobozi rusange buri mu nteganyanyigisho bwasuzumwe.
91
3.4. Imiterere y'ibigomba gusuzumwa mu nyigisho y’iyobokamana
Isuzuma ry'inyigisho y’iyobokamana ni ngombwa mu kureba niba umwana yarabonye ubumenyi bugamijwe kandi agaragaza
ubumenyingiro nditse n’indangagaciro zigamijwe zaba izishingiye ku myemerere cyangwa iz’umuco nyarwanda. Mu gusuzuma
umwarimu azasuzuma ibi bikurikira.
Ubumenyi bw’umunyeshuri mu bijyanye n’ibyo yize
Imigenzo n’indagangaciro z’imyemerere runaka nkuo zigaragara mu nyishisho no mu bitabo bitagatifu
Buri ntego igamijwe igomba kugira isuzuma, mu ntera zose zituma igerwaho. Isuzuma rero rihoraho mu nyigisho(imikoro,
amarushanwa, ibizami....). Nta kwibagirwa n’utwitozo tw’induhura nk’udusakuzo, udukino, utwo gufindura, utubyino,
udukuru.... twajya dukurikira imyanya y’ingutu tugatuma umunyeshuri yiga yishimye.
3.5. Gukorera ababyeyi raporo y'isuzuma
Integanyayigisho y’Iyobokamana iteganya ko ababyeyi bahabwa raporo y'intambwe abanyeshuri bagenda batera mu myigire
yabo. Ntabwo amanota yonyine ahagije mu kwerekana ko abanyeshuri bageze ku bigamijwe mu ntego z'amasomo. Icyafasha
cyane ni ukwerekana aho abanyeshuri bagaragaza ubushobozi bugamijwe n'aho bafite intege nke hakenewe gushyirwamo
imbaraga. Ni ngombwa ko abarimu bagenera ababyeyi inyandiko isobanura neza imyitwarire, imyigire y’umunyeshuri
hagamijwekunoza imyigire ye.
92
4. IBIZAKENERWA MU ISHYIRWA MU BIKORWA RY’IYI NTEGANYANYIGISHO
Kugira ngo iyi nteganyanyigisho ishyirwe mu bikorwa ni ngombwa ko ibitabo bihagije hamwe n’izindi mfashanyigisho bigezwa
mu mashuri. Hakenewe rero ko umwarimu agira imfashanyigisho z’ubumenyi bw’iyobokamana bihagije. Muri ibi twavuga
nk’ibitabo bitagatifu, ibitabo by’amahame nyobokamana, amashusho anyuranye, filimi z’ubuyoboke, udushushanyo tugaragaza
indangagaciro nyarwanda,... Ibi ariko ntibibuza umwarimu kwishakira izindi mfashanyigisho akurikije umutwe cyangwa isomo
agiye kwigisha. Mu myigishirize mishya y’ubumenyi bw‘iyobokamana byaba byiza hateganyijwe uburyo bw’iyumvabona
(gukoresha tereviziyo na sinema).
Hagomba abarimu bashoboye kwigisha isomo ry’Iyobokamana no guhugura abasigaye kugira ngo bibafashe mu myigishirize
y’iyobokamana cyane ko muri iri somo ikibandwaho ari imyifatire mva mutima ndetse n’imyitwarire iboneye haba ku ishuri
cyangwa mu muryango avukamo. Ni ngombwa kwita ku bwuzuzanye bw’inyigisho y’ubumenyi nyobokamana n’izindi nyigisho.
Umwarimu kandi w’inyigisho y’ubumenyi bw’iyobokamana ni umujyanama ukomeye ku banyeshuri yigisha cyangwa bo ku
kigo akoramo. Agomba kugira umutima wo kuyobora no gufasha abana baza bamugana bamusangiza amwe mu mabanga
y’umutima wabo, ubuzima bwabo bwaba ubwa Roho cyangwa ubusanzwe. Agomba kugira imyitwarire ntangarugero kandi
agafasha aba banyeshuri bose gukura ku mubiri no kuri Roho bizihiye Imana, umuryango wabo ndetse n’igihugu muri rusange.
Umwarimu akwiriye kumenya ibibazo n’ingorane abanyeshuri bafite kugira ngo ashobore gutanga neza isomo rye. Agomba
kwita ku banyeshuri batabona neza abicaza ahababoneye kandi agakoresha imfashanyigisho zinyuranye kugira ngo ntihagire
ucikanwa. Abafite ubumuga bwo kutumva na bo umwarimu abitaho akoresha imvugo y’amarenga kugira ngo babashe
gusobanukirwa neza cyangwa avuga cyane yatura kugira ngo abanyeshuri bose babashe kumva. Hari ikindi gice
cy’abanyeshuri badafata vuba na cyo umwarimu agomba kwitaho byaba ngombwa akabagenera umwanya wihariye kugira ngo
bashobore kujyana n’abandi. Aha birasaba ko umwarimu ufite ibi byiciro by’abana agomba guhora yihugura kugira ngo afashe
abana bose nta mbogamizi.
93
5. IMITERERE Y’IYI NTEGANYANYIGISHO
Iyi nteganyangigisho y’Ubumenyi mbonezamubano n’ubumenyi bw’Iyobokamana igizwe n’ibice bibiri by’ingenzi. Igice cya
mbere umunyeshuri aziga ubumenyi mbonezamubano bumufasha gusobanukirwa neza ibimukikije guhera mu rugo iwabo, mu
nzego zinyuranye z’ubuyobozi kugeza ku rwego rw’akagari mu nzego z’ibanze. Muri iki gice azagira ubushobozi bwo
kwimenya ndetse amenye ibimukikije byose bikubiye mu mateka, ubumenyi bw’ibidukikije, n’ibindi.
Igice cya kabiri kigizwe n’ubuenyi bw’iyobokamana. Muri iki gice ibyigwa byibanda ku bumenyi umwana akeneye kumenya ku
bimukikije ariko abihuza n’imana umuremyi wa byose kugira ngo agire indangagaciro z’umuntu uzi, wemerakandi ukunda
Imana. Iki gice na cyo kirimo ibyiciro 2 bikurikira:
Iyobokamana rya Gikirisitu: Rigizwe n’imitwe yumvikanyweho n’amadini yose ashingiye kuri Kirisitu, bityo indangagaciro
zose zigishwa muri iki gice zubakiye ku bukirisitu. Ibi ntibibuza ko umwana yigishwa izindi ndagagaciro z’umuco nyarwanda.
Izi ndangagaciro zose zirunganiranana. Ubu bumenyi bw’iyobokamana buzigishwa mu buryo bwimbitse ariko ntibikuraho ko
umwana amenya ubumenyi bwihariye ku iyobokamana ya Kiyisilamu muri rusange. Ibi ni byo bizashingirwaho mu ibazwa
rizakorwa mu kiciro cya kabiri cy’amashuri abanza. Mu mitwe igize iki kiciro , harimo imitwe yihariye ishingiye ku myemerere
yihariye ya gikirisitu. Iyi mitwe yo izigishwa mu buryo bwihariye kandi ntizajya mu ibazwa ryaba iryo mu ishuri cyangwa iryo
mu kizamini gisoza amashuri abanza.
Iyobokamana rya Kiyisilamu: Rigizwe n’imitwe y’iyobokamana rya kiyisilamu. Ishuri rizayihitamo, abannyeshuri
bazigishwa indagagaciro zijyanye n’iyi myemerere hatirengagijwe n’indagagaciro z’umuco nyarwanda. Ibi ntibikuraho ko
umwana amenya ubumenyi bwagutse mu myemerere y’idini rya Gikirisitu. Ibi bizitabwaho mu gihe cy’ibazwa iryo ari ryo
ryose.
Ibi byose byakozwe mu rwego rwo kubahiriza imyemerere ndetse n’ibyumvikanyweho n’inzego zishinzwe uburezi mu
myemerere yose.
94
Buri mutwe muri iyi nyigisho ufite intego zigamije guha umwana ubushobozi buzasuzumwa hashingiwe ku bumenyi,
ubumenyi ngiro n’ubukesha umwana azagaragaza nyuma yo kwiga ibiteganyijwe. Hagenwe kandi n’ibikorwa by’imyigire
bigamije guha umwana ubu bushobozi. Umwarimu ashobora kongeraho ibindi bikorwa abona byaha umwana ubushobozi
buteganyijwe bwiyongera ku bushobozi fatizo ndetse n’ubushobozi nsanganyamasomo. Umwarimu azaha agaciro na none
isomo, umutwe runaka wo mu nyigisho y’ubumenyi bw’iyobokamana ufitanye n’andi masomo.
95
IYOBOKAMANA RYA GIKIRISITU
96
97
5.1 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa mbere
5.1.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe
- Kubaha Imana nk’Umuremyi no kubaha ibiremwa byayo;
- Kugira ubushobozi bwo gusobanura inkomoko y’icyaha cy’inkomoko n’ingaruka zacyo;
- Kurangwa n’imico myiza akurikije ingero z’abizeye Imana bagaragara muri Bibiliya;
- Gukurikiza imigenzo myiza afatiye ku rugero n’ubuzimabwa Yezu Kirisitu;
- Gusenga akoresheje amasengesho y’ibanze;
- Gukora imyitozo igamije kubaka amahoro y’umutima(siporo, udukino, …).
98
5.1.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa mbere
Imbumbanyigisho: Bibiliya n’Imyemere
Inyigisho: Kwigaragaza kw’Imana
Umwaka wa 1: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 1: Iremwa no gucumura kwa muntu Umubare w’amasomo: 8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azashobora kubaha Imana nk’umuremyi , kubaha ibiremwa byayo no kwirinda icyaha
Intego z’icyigwa Ibyigwa Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyi ngiro Ubukesha
-Kuvuga
akurikiranya
ibyo Imana
yaremye
akurikije igihe
byaremewe.
-Kumenya ko
umuntu
yaremwe mu
ishusho y’Imana.
-Gusobanurira
abandi uko
Imana yaremye
ibiremwa byayo.
-Gutandukanya
umuntu n’ibindi
biremwa.
-Gusobanura
inkomoko
-Gukunda no
kubaha Imana
n’ibiremwa byayo.
-Kwiyubaha no
kubaha abandi.
-Kwita no
kubungabunga
-Iremwa ry’ijuru,
Isi n’ibiyiriho
byose.
-Umuntu yaremwe
mu ishusho
y’Imana.
-Amambwiriza
Imana yahaye
-Kujyana abana aho bashobora
kwitegereza ibyaremwe maze
bagasubiza ibibazo bakurikije ibyo
babonye biganisha ku kugaragaza
ko Imana ari yo yaremye byose
kandi ikabibeshaho.
-Gukina udukino tugaragaza
ingaruka z’icyaha cya Adamu na Eva
muri Edeni ndetse n’ibihano
bahawe n’Imana bigaragara mu
buzima bw’iki gihe.
99
-Kuvuga
inkomoko
y’icyaha
n’ingaruka
zacyo.
n’ingaruka
z’icyaha.
ibiremwa byayo
-Kurangwa
n’imigenzo myiza
yo kwanga no
gukumira icyaha
Muntu muri Edeni.
- Inkomoko
y’icyaha n’ingaruka
zacyo.
-Inkuru ngufi isobanura icyaha
n’ingaruka zacyo ndetse n’uburyo
bwo gukumira icyaha mu buzima
bwa buri munsi.
Ihuriro n’andi masomo: Imibare(kubara iminsi),ubumenyi bw’isi(ibidukikije),itozamuco(kwirinda icyaha)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri afite imyitwarire igaragaza kubaha Imana nk’umuremyi , kubaha ibiremwa byayo no kwirinda icyaha
Imfashanyigisho: Amashusho, amafoto, firimi z’iremwa, Bibiliya, ubusitani bw’ishuli.
100
Imbumbanyigisho: Indangagaciro za gikrisitu
Inyigisho: Gusenga
Umwaka wa 1: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 2: Amasengesho y’ibanze Umubare w’amasomo: 10
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri ashobora gusenga Imana akoresheje amasengesho y’ibanze n’amasengesho yitekerereje ubwe.
Intego y’icyigisho Ibyigwa Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyi ngiro Ubukesha
-Kumenya
gusenga Imana
icyo ari cyo,
uburyo bwo
kubikora
n’akamaro
kabyo.
-Kuvuga ibice
bigize isengesho.
-Gusobanura
gusenga icyo ari
cyo n’akamaro
kabyo.
-Gusenga
isengesho
yiyubakiye ku
giti cye.
-Kwifata neza no
kubaha umwanya wo
gusenga Imana.
-Kurangwa n’umuco
mwiza wo gusenga
mu bihe bitandukanye
no mu buzima bwa
buri munsi.
-Isengesho n’imyitwarire mu gihe cyo gusenga. -Amasengesho y’ibanze (Dawe uri mu ijuru, isengesho ryo kuryama no kubyuka, isengesho mbere yo kurya, isengesho ryo gushimira, isengesho ryo gusabira abandi, isengesho mbere y’umurimo). -Igihe cyo gusenga n’amasengesho yabugenewe
-Kujya mu matsinda abana
bakaganira ku buryo
basenga iwabo ndetse
n’akamaro k’isengesho mu
muzima bwabo.
-Gusobanura mu matsinda
kandi ku buryo bworoheje
amasengesho y’ibanze ya
gikirisitu agaragaza uburyo
dushimira Imana kandi
tuyisaba ibyo dukeneye
byose ikabiduha.
101
-Gukora umwitozo wo
kuvuga amasengesho
anyuranye y’ibanze
-Gukoresha abana
umwitozo wo gusenga
bakoresheje amasengesho
bihimbiye ajyanye n’ibihe
binyuranye ( kurya, Kwiga,
kubyuka,….
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri ashobora gusenga Imana akoresheje amasengesho by’ibanze n’amasengengesho yitekerereje ubwe.
Isano n’andi masomo:
Imfashanyigisho: Amashusho, amafoto, Bibiliya n’ibitabo by’amasengesho n’ibindi
102
Imbumbanyigisho: Bibiliya n’Imyemerere
Icyigisho: Icungurwa rya muntu
Umwaka wa mbere: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 3: Ingero/Intwari z’abizeye Imana Umubare w’amasomo:10
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura neza imigenzereze myiza y’abizeye (abemeye) Imana baboneka muri Bibiliya.
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Gutanga ingero zimwe na zimwe z’abubashye Imana ziri muri Bibiliya. -Kuvuga ibikorwa by’urukundo Yezu yakoze.
-Kwerekana
akamaro ko
kumvira Imana
n’ingaruka
kubatayumvira.
-Gusobanura ibikorwa by’urukundo.
-Kubaha ababyeyi
no gukurikiza imico
myiza badutoza
-Kurangwa n’umuco mwiza wo kubaha no gufasha abandi
-Kumvira Imana kwa Abeli
intungane.
-Ingororano ya Enoki.
-Igihembo cya Nowa.
-Igitangaza cyo mu bukwe
bw’i Kana.
-Yezu ahaza imigati abantu
-Kuganira mu matsinda no
gusesengura neza inkuru
basomewe ndetse no
kuyitangaho ibitekerezo
bijyane n’imyifatire
mbonezabupfura ku nkuru
yabigishije.
-Gukina agakino kagaragaza ibitangaza Yezu yakoze bigaragaza ko ari Umwana w’Inama kandi bigaragaza impuhwe n’urukundo agirira abantu.
-Gukina udukino twerekana
103
barenga ibihumbi bitanu
-Yezu akiza abarwayi.
ingaruka z’uburiganya mu
buzima bwa buri munsi
n’ibihembo by’inyangamugayo
mu bijyanye n’ubuzima bwa
buri munsi.
Ihuriro n’andi masomo: Itozamuco (kumvira no kubaha).
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azashobora gusobanura neza imigenzo myiza y’abizeye (abemeye) Imana baboneka muri Bibiliya.
Imfashanyigisho: Amashusho, amafoto, Bibiliya, Filimi zerekana imibereho myiza y’abantu bizeye Imana bo muri Bibiliya
104
Imbumbanyigisho: Indangagaciro za Gikirisitu
Icyigisho: Kubana mu Mahoro
Umwaka wa 1: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwewa 4: Kwimakaza amahoro Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora kuririmba no gukina imikino itandukanye igamije kubaka amahoro y’umutima
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kurondora
ibiranga
amahoro
y’umutima
-Gufata mu mutwe indirimbo n’imikino by’amahoro
-Gukina udukino no
kuririmba
indirimbo bitanga
ubutumwa
bw’amahoro
y’umutima
-Kwishimira abandi
-Kutiheza no
kudaheza abandi
-Kudatesha
agaciro
ikiremwamuntu
-Inshoza y’amahoro. -Ibibuza amahoro umuntu. -Indirimbo z’amahoro. -Imikino yerekeye amahoro. -Imikino y’ubumwe n’amahoro.
-Gukorera mu matsinda
baganira kandi
basobanurirana icyo
amahoro ari cyo ndetse
n’ibimenyetso bigaragaza
ko amahoro yabuze haba
mu muryango ndetse no ku
ishuri
-Gukorera mu matsinda
udukino twerekeye ku
mahoro mu muryango.
105
-Gukina udukino dutoza
abana kugira uruhare mu
bikorwa byoroheje
bigamije kubungabunga
amahoro, nko gufasha
abandi, gukiza abarwanye,
kunga abagiranye ibibazo,
gusangira, kuganira,
gufashanya
Ihuriro n’andi masomo: Kuririmba,itozamuco
Ibipimo by’isuzuma Umunyeshuri arashobora kuririmba no gukina imikino itandukanye igamije kubaka amahoro y’umutima
Imfashanyigisho: Bibiliya,ibikoresho bisohora amajwi, ingoma, ibinyuguri, ibishushanyo
106
5.2 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa Kabiri
5.2.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe
- Kwerekana ibigaragaza ko umuntu yaremwe mu ishusho y’Imana kandi asumbije agaciro ibindi biremwa bityo
akiyubaha;
- Gusobanukirwa imizi yibyaha mu buzima bwa muntu no kuyirinda;
- Kugaragaza uburyo Umukiro Imana yateguriye abantu Yawucishije mu itorwa rya Abrahamu;
- Kugaragaza urukundo Imana yagaragarije Abayisiraheli mu Butayu bajya I Kanani;
- Kugaragaza uruhare rw’Imana mu itorwa ry’ubuyobozi bwa Israheli;
- Kurangwa n’urukundo rushyitse rw’Imana n’urwa mugenzi we;
- Gusesengura ubutumwa bw’amashusho n’amajwi hagamijwe kubaka amahoro y’umutima.
107
5.2.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa kabiri
Imbumbanyigisho: Bibliya n’Imyemerere
Inyigisho: Kwigaragaza kw’Imana
Umwaka wa 2: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 1: Muntu yaremwe mu ishusho y’Imana
Umubare w’amasomo:6
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura itandukaniro riri hagati ya Muntu n’ibindi biremwa.
Intego y’icyigisho Ibyigwa Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyi ngiro Ubukesha
Kumenya agaciro ka Muntu mu ruhando rw’ibindi biremwa. Kumva neza urukundo rw’Imana mu iremwa rya muntu.
-Gusobanura
itandukaniro
hagati ya Muntu
waremwe mu
ishusho y’Imana
n’ibindi biremwa.
-Kugaragaza
ibiranga
ubuhangange
bw’Imana mu
bihe
bitandukanye.
-Gukunda Imana, Kwiyubaha no kubaha abandi. -Kurangwa n’imigenzo myiza yo gufasha abandi, kubaka ubumwe mu bantu.
- Iremwa rya
Muntu mu ishusho
y’Imana.
-Amazina
agaragaza Imana
mu Muco
Nyarwanda.
-Kujyana abana mu matsinda aho bashobora kwitegereza ibindi biremwa ndetse bakaganira byimbitse ku mibereho yabyo bungurana ibitekerezo ku byo bihuriyeho ndetse bitandukaniraho n’abaantu. Gukina udukino tugaragaza ubuhangange bwa muntu haba mu bikorwa ndetse no mu bitekerezo baragaza ko ari we wahawe kugenga isi n’ibiyiriho bagaragaza ko kuba abantu badasa ku ishusho ari bamwe baremwe n’Imana imwe.
108
-Imana ni
Umurenyi
-Imana ni
umubyeyi
- Imana ni
urukundo
-Muntu umugenga
w’ibyaremwe.
Kuganira mu matsinda ibintu byose bigaragaza ubuhangange bw’Imana mu buzima bwa buri munsi bahereye ku byo babona mu miryango yabo cyangwa ku ishuri, ndetse no mu baturanyi.
Ihuriro n’andi masomo: ubumenyi bw’isi (Ibidukikije)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura itandukaniro riri hagati ya Muntu n’ibindi biremwa.
Imfashanyigisho: Bibiliya,ibidukikije,ibishushanyo
109
Imbumbanyigisho: Bibliya n’imyemerere
Inyigisho: Icyaha
Umwaka wa 2: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 2: Imizi y’icyaha Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura icyaha n’ imizi yacyo, kucyirinda no gufasha abandi kutakigwamo
Intego y’icyigisho Ibyigwa Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyi ngiro Ubukesha
-Kumenya no gusobanukirwa imizi y’icyaha mu buryo butandukanye. -Gusobanukirwa uko icyaha kiyongera mu gukura kwacyo.
-Gusobanura no kugaragaza imizi y’icyaha. -Kuvuga uko icyaha gikura iyo batacyihannye.
-Gushishoza no gufata icyemezo, Kwirinda ibishobora kutugusha mu cyaha, guhitamo inshuti nziza. -Kurangwa n’imyifatire myiza igaragaza uwihannye icyaha.
Ibisobanuro by’icyaha - Imizi y’ibyaha (Irari, umururumba, ishyari, ubwirasi, ubugugu, kwikunda, ubwibone...). -Ingaruka z’icyaha ku Mana no ku bantu (Urupfu, inzangano, kubura amahoro, ibihano, gutakaza). Uburyo bwo gukumira no kwirinda ibyaha.
-Kuganira mu matsinda ku ngaruka z’icyaha ku Mana no ku mibanire y’abantu bahereye mu miryango yabo. -Kujya mu matsinda mato bakaganira ku gitera abantu gukora ibyaha mu buzima bwa buri munsi ndetse n’uburyo bakoresha ngo birinde ibyaha. -Gukina udukino tugaragaza imizi yose
110
y’ibyaha ibaho ndetse n’imigenzo mbonezabupfura yakoresha mu kurandura no kwirinda gutsinda imizi y’ibyaha.
Ihuriro n’andi masomo: Imbonezamubano,itozamuco(imizi n’ingaruka by’icyaha)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura icyaha n’ imizi yacyo, kucyirinda no gufasha abandi kutakigwamo.
Imfashanyigisho: Bibiliya, filimi, amashusho.
111
Imbumbanyigisho: Bibiliya n’Imyemerere
Icyigisho: Icungurwa rya Muntu
Umwaka wa kabiri: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe: Umugambi w’Imana mu gucungura umuntu Umubare w’amasomo:10
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura uko Imana yujuje umugambi wabo wo gucungura abantu itora umuryango wa Israheli.
Intego y’icyigisho Ibyigwa Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyi ngiro Ubukesha
-Kumenya umugambi w’agakiza ka Muntu. -Gusobanukirwa n’urukundo rw’Imana Kuva kera. -Gufata mu mutwe incamake z’inkuru zivugwa muri Bibiliya zizwe.
-Gusobanura uburyo Imana yakunze Muntu. -Kuvuga inkuru zikurikira; -Itorwa rya Aburahamu -Inkuru ya Yozefu n’izindi zizwe ziri mu isezerano rya kera n’irishya.
-Kubabazwa no kwitangira abari mu kaga. -Kuzirikana k’umugambi w’icungurwa rya Muntu.
-Itorwa rya Aburahamu inkuru ya Yozefu. -Imana ikura abayisiraheri mu Misiri. -Imana yagaragarije urukundo abayisiraheri mu butayu. -Inkuru ya Dawudi Imana yigaragarije mu mwana wayo Yezu.
-Kuganira mu matsinda ku byo basomewe ku bijyane n’itorwa rya Abrahamu ndetse n’ibyo Imana yamusezeranije byose kugeza ukwemera kwe kwigaragrije mu gushaka gutamba umwana we w’ikinege Izaki. -Kuganira mu matsinda ku itorwa rya Musa ndetse n’imibereho y’Abayisiraheli mu Misiri, urugendo rwabo kuva mu Misiri kugera mu butayu.
112
Kurema amatsinda mato bakaganira uko urukundo rw’Imana rwigaragaje Mu nkuru ya Dawudi na Goliyati ndetse n’icyo byashushanyaga.
Ihuriro n’andi masomo: Amateka ku umuryango wa Isiraheli
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura uko Imana yujuje umugambi wabo wo gucungura abantu itora umuryango wa Israheli.
Imfashanyigisho: Bibiliya, filimi zerekana abantu bitangira abandi, amashusho.
113
Imbumbanyigisho: Indangagaciro za gikiristu
Icyigisho: Kubana mu mahoro
Umwaka wa kabiri: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 3: Isano iri hagati y’ubutumwa bw’Imana n’amahoro.
Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura isano iri hagati y’ubutumwa bw’Imana n’amahoro, no kwitabira ibikorwa by’amahoro.
Intego y’icyigisho Icyigishwa Ibikorwa by’umunyeshuri Ubumenyi Ubumenyi ngiro Ubukesha
-Kwerekana isano
iri hagati
y’ubutumwa
bw’Imana
n’amahoro.
-Gufata mu mutwe
Ingingo ntera
hirwe
“Hahirwa abatera
amahoro bazitwa
abana b’Imana”.
-Kugaragaza uruhare rw’ubutumwa bw’Imana mu kubaka amahoro. -Gusobanura uburyo bwo kwimakaza amahoro hifashishijwe ubutumwa bw’Imana.
-Kuba mu matsinda Yimakaza amahoro. -Guhamagarira abandi kujya mu matsinda yimakaza umuco w’amahoro. -Kwamagana ibikorwa bibangamira amahoro.
-Igisobanuro ku butumwa Bw’Imana n’amahoro -Hahirwa abatera amahoro bazitwa abana b’Imana. -Amahoro n’ubutabera
-Kuganira mu matsinda ku nkuru yasomewe zerekeranye no kubana mu mahoro kandi tugaragaza ukuntu amahoro ari ryo shingiro ry’ubuzima bw’umukirisitu.
-Gukina udukino tugaragaza ibikorwa by’amahoro bishingiye ku ijambo ry’Imana rigaragara muri Mt 5:1 ndetse n’isano iri hagati y’amahoro ndetse n’ubutumwa Imana iduha mu ijambo ryayo. -Gusesengura udukuru duto basomewe bagerageza gukuramo ibikorwa bitera amahoro
114
byakozwemo kandi bakagaragaza uburyo byashyirwa mu bikorwa mu buzima busanzwe.
Ihuriro n’andi masomo: Ubumenyimbonezamubano ku birebana n’amahoro
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura isano iri hagati y’ubutumwa bw’Imana n’amahoro, no kwitabira ibikorwa by’amahoro.
Imfashanyigisho: Bibiliya, filimi zerekana ibikorwa by’abantu bitangira amahoro, amashusho, Filimi ya yozefu, itorwa rya Abrahamu, Mosi na Yosefu, n’izabantu bitangira abandi.
115
UMWIHARIKO W’ABAKIRISITU GATORIKA
Imbumbanyigisho: Imyemerere no gusenga
Icyigisho: Ibikorwa by’Ubuyobokamana
Umwaka wa kabiri: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe 1: Indangakwemera Gatorika n’Amasakaramentu y’ibanze
Umubare w’amasomo:
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora kuvuga adategwa isengesho ry’indangakwemera no gusobanura akamaro k’amasakaramentu y’ibanze.
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kumenya
umubare
w’ingingo zigize
indangakwemera
gatorika.
-Kuvuga
amasakaramentu
y’ibanze.
-Gukurikiranya
ingingo
z’indangakwemera
uko ari 12.
-Gusobanura
imbuto zironkerwa
mu
masakaramentu
y’ibanze.
-Gusenga
yifashishije
indangakwemera.
Kwitabira
guhabwa
amasakaramentu
y’ibanze.
-Indangakwemera
gatorika (credo de
Nicee).
-Amasakaramentu
y’ibanze
(batisimu, ukarisitiya,
ugukomezwa).
-Umukino: Kwandika no
gutoranya udupapuro
turiho ingingo
z’Indangakwemera
bakatwomeka ku nkuta
aho basoma
bakurikiranye.
-Gukora amatsinda
bakagaragaza imbuto
zironkerwa muri buri
Sakaramentu.
116
Ihuriro n’andi masomo:amateka (umuryango w’abayisiraheri)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri ashobora kuvuga isengesho ry’indangakwemera no gusobanura amasakaramentu y’ibanze.
Imfashanyigisho: Bibiliya,amashusho,amafoto,amazi,buji,amavuta, ibitambaro byera
117
5.3 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa Gatatu
5.3.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe
- Kugaragaza ubutumwa Imana yahaye muntu nyuma yo kumurema uko bugaragara muri Bibiliya no kubugiramo
uruhare;
- Kwirinda no kwicuza ibyaha ndetse no gukurikiza imigenzo mbonezabupfura ku ishuri no mu rugo;
- Kwiringira Yezu umunyampuhwe n’umukiza w’abantu mu buzima bwabo;
- Guharanira ubutungane no kwihanganira ibigeragezo ( Yobu);
- Kubaha isengesho no gusenga mu buzima bwe avuga amasengesho y’ikoraniro;
- Gusobanura ingaruka zo kwiheza, guhezwa no kwigunga bibangamira amahoro y’umutima;
- Kurangwa n’urukundo, ubucuti, ubworoherane mu kubaka amahoro y’umutima.
118
5.3.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa mbere
Imbumbanyigisho: Bibliya n’Imyemere
Inyigisho: Kwigaragaza kw’Imana
Umwaka wa 3: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe 1: Imana imaze kurema muntu,imuha ubutumwa
Umubare w’amasomo:
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba shobora kuvuga ubutumwa Imana yahaye Muntu nyuma yo kumurema, gukunda umurimo no kubaha abamukuriye
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro
Ubukesha
Ibyigwa
-Kuvuga ubutumwa Imana yahaye muntu imaze kumurema -Kumenya icyo Imana imuhamagarira gukora
-Gusobanura ubutumwa Imana yahaye muntu n’uko bugomba Gushyirwa mu bikorwa
-Gukora ibikorwa bigira isi nziza aho ari hose -Kwitabira amatsinda arengera ibidukikije
Ubutumwa Imana yahaye muntu: -Gukora no kugenga isi -kubyara no kororoka
Kujyana abana aho bashobora kwitegereza ibintu binyuranye maze bagatandukanya ibyaremwe n’Imana ndetse n’ibyakozwe n’abantu. Nyuma bagasubiza bandika ibibazo mwarimu ababaza bishingiye ku nshingano z’umuntu ku isi -Kujya impaka ku bintu umuntu yakoze bitari byiza byangiza ubuzima bwe. No kugaragaza uruhare rw’umutimanama muzima mu gukora ibintu tubona ku isi. -Gusesengura mu matsinda udukuru ( case studies) bagasesengura uruhare rw’umurimo
119
mu gutunganya isi ndetse n’ingaruka zo gukoresha nabi iby’Imana yaduhaye ndetse n’uburenganzira bwa muntu bwo kubyaza umusarururo Iby’Imana yaremye
Ihuriro n’andi masomo: Ubumenyi bw’isi (kwita ku bidukikije),uburere mboneragihugu(kubaha abakuru)
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri azaba ashobora kuvuga ubutumwa Imana yahaye Muntu nyuma yo kumurema, gukunda umurimo no kubaha abamukuriye.
Imfashanyigisho: Bibiliya, ibikoresho bihangwa na muntu (iby’ikoranabuhanga, ibyo mu rugo,amafoto yerekana umuryango).
120
Imbumbanyigisho:Bibiliya n’imyemerere
Icyigisho: Icyaha
Umwaka wa gatatu: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 2: Kwirinda icyaha no gusaba imbabazi
Umubare w’amasomo:6
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: umunyeshuri azaba ashobora gukora icyiza, gusaba imbabazi z’ikibi yakoze no gukurikiza imigenzo mbonezabupfura aho ari hose
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Gusobanura icyaha icyo ari cyo. -Kuvuga akamaro ko gusaba imbabazi.
-Gusobanura uburyo bwo kwirinda icyaha. -Kugaragaza ingaruka z’icyaha.
-Kwanga no kwirinda icyaha n’imizi yacyo mu buzima bwa buri munsi. -Kubaho mu bupfura no -Gukurikiza amategeko y’Imana.
-Ibyaha n’imizi yabyo -Uburyo bwo kwirinda icyaha -Ingaruka z’ibyaha -Uburyo bwo kwicuza ibyaha no gusaba imbabazi -Imigenzo mbonezabupfura itsinda imizi y’ibyaha
-Gukora amatsinda abana baganira ku buryo bwimbitse ibijyanye n’igitera ibyaha mu bantu, buri muzi n’ibyaha utera ndetse n’ingamba zo kubikumira -Kuganira mu matsinda ibijyanye n’uburyo bwose bukoreshwa mu kugira ngo uwakoze ibyaha yiyunge n’Imana ndetse n’abo yahemukiye mu rwego rwo kwimakaza imibanire myiza -Gukina agakino kerekana Umugenzo mwiza wo gusaba imbabazi ndetse no kuzitanga,
121
gukora icyiza nk’icyiru k’ikibi wakoreye undi ndetse no kwiyunga n’Imana
Ihuriro n’andi masomo:ubumenyi mbonezamubano (kwirinda icyaha)
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri azaba ashobora gukora icyiza, gusaba imbabazi z’ikibi yakoze no gukurikiza imigenzo mbonezabupfura aho ari hose.
Imfashanyigisho: Bibiliya, amashusho (umwana w’ikirara), amafoto y’itangwa rya penetensiya..
122
Imbumbanyigisho:Bibiliya n’Imyemerere
Icyigisho: Icungurwa rya Muntu
Umwaka wa gatatu: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe 3: Yezu umucunguzi w’abantu Umubare w’amasomo:6
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gusobanura imibereho ya Yezu nk’Umukiza n’Umucunguzi.
Intego y’ikigisho Ibikorwambonezamasomo
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kuvuga muri make ku buzima bwa Yezu ku isi -Kumenya inkuru zo muri Bibiliya yize zijyanye n’icungurwa rya muntu.
-Gusobanura ivuka rya Yesu/Yezu -Gusobanura bimwe mi bitangaza bya Yezu -Gusobanura ibihe bya nyuma byo gucungura muntu
-Gufasha no kwitangira abandi mu buzima bwa buri munsi akurikije urugero rwa Yezu. -Kwemera Yezu no kumukurikira nk’umukiza.
-Imibereho ya Yezu ( inkuru z’ibitangaza Yezu yakoze ( kuzura Lazaro, kuzura umukobwa wa Yayiro, yirukana Roho mbi/amadayimoni, gukiza abarwayi, impumyi,…) -Yezu asubiza ubuzima abari bapfuye.(inkuru ya Lazaro, …) -Ububabare,
-Kuganira mu matsinda bimwe mu bihe by’ingenzi byaranze ubuzima bwa Yezu nk’umukiza n’umucunguzi w’abantu ivuga inyigisho yatangaga ku bijyane n’imibereho y’abantu n’Imana, ibitangaza by’ingenzi yakoze, urupfu n’izuka rye -Gukora amatsinda yo kungurana ibitekerezo ku bitangaza Yezu yakoze ndetse n’inyigisho babikuramo -Gukina agakino kagaragaza ineza ya Yezu mu bantu guhera akiri muto kugeza akuze ubwo yakoraga ubutumwa yigisha
123
Urupfu n’izuka bya Yezu Ijyanwa muijuru rya Yezu
amahanga yose, akiza indwara , agirira abababaye impuhwe
Ihuriro n’andi masomo:
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri ashobora kugararagaza ibikorwa byo kwitanga hagamijwe imibereho myiza y’abandi
Imfashanyigisho: Bibiliya, amashusho agaragaza abantu bagirira abandi neza, filimi ya Yezu.
124
Imbumbanyigisho:Indangagaciro za Gikirisitu
Icyigisho: Kubana mu Mahoro
Umwaka wa 3: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 4: Ubutabera n’Amahoro Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora kugaragaza ibikorwa by’urukundo n’ubworoherane mu kubaka amahoro y’umutima.
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha ibyigwa
-Kuvuga
ibyubaka
amahoro mu
mitima y’abantu
-Kurondora
ibyahungabanya
amahoro
y’umtima
-Kugaragaza
ingaruka
z’ihungabana
ry’amahoro
-Kugaragaza
akamaro
k’amahoro yuzuye
Gusobanura isano
iri hagati
y’ubutabera
n’amahoro
-Gukora ibikorwa
nteramahoro aho
ari hose
-Gukumira icyo
ari cyo cyose
cyahungabanya
amahoro mu
mitima y’abantu
-Ubusobanuro bw’ubutabera n’amahoro -Uburyo bunyuranye bwo gukemura amakimbirane umuco w’amahoro arambye yaba ayo mu mutima cyangwa mu bantu
-Abanyeshuri babifashijwemo
na mwarimu bagirana ibiganiro
mu matsinda ku mahoro mu
miryango yayo ibikorwa
biranga amahoro, ibigaragaza
ko yabuze ndetse n’uko aho
amahoro yabuze yagaruka.
-Gukina udukino twerekana
ingaruka z’ibikorwa
bihungabanya amahoro mu
mibereho y’abantu haba mu
125
-Kugaragaza
ibyubaka amahoro
-Kwitabira
amatsinda afite
ubutumwa
bw’amahoro
-Imigenzo mbonezabupfura iganisha ku mahoro n’ubutabera -Isano iri hagati y’ubutabera n’amahoro
muryango cyangwa mu gihugu
-Kungurana ibitekerezo ku
bigomba gukorwa mu rwego
rwo kwirinda amakimbirane
ndetse no kubungabunga
amahoro mu muryango
Nyarwanda.
Ihuriro n’andi masomo: Ubumenyimbonezamubano(ubutabera n’amahoro)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azaba ashobora kugaragaza ibikorwa by’urukundo n’ubworoherane mu kubaka amahoro
Imfashanyigisho: Bibiliya ,amashusho,filimi zijyanye n’ibikorwa by’amahoro n’ubutabera, ibidukikije
126
UMWIHARIKO W’ABAKIRISITU GATORIKA
Imbumbanyigisho:Imyemerere no Gusenga
Icyigisho: Ibikorwa by’Ubuyobokamana
Umwaka wa gatatu: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe 1: Misa Ntagatifu Umubare w’amasomo:5
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gutandukanya no gusobanura neza ibice bya Misa
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kumva neza icyo
Misa aricyo.
-Kuvuga ibice
by’ingenzi bya
Misa
-Gusobanura isano
y’igitambo
cy’ukarisitiya
-Gusobanura
ibikorwa muri buri
gice cya Misa
n’akamaro kabyo
-Gutandukanya
Misa n’andi
Masengesho
-Kwerekana isano
-Kwitabira Misa
ntagatifu
-Kubana n’abandi
akurikije ijambo
ry’Imana
-Gutanga urugero
rwiza
rw’ubuyobokaman
-Igitambo cya
Misa isengesho
rikuru.
-Ibice bya Misa
-Ibikoresho bya
Misa
-Gushyira abana mu matsinda
bakungurana ku cyo misa ari cyo
uko itangira kugeza irangiye
bagaragaza abagira uruhare muri
buri gice ndetse bavuga n’ibice
by’ingenzi biyigize
-Gukina udukino tugaragaza
akamaro ka misa ndetse n’uburyo
igomba kubahwa no kwitabirwa
n’abakirisitu bose nk’isengesho
127
n’igitambo cyo mu
isezerano rya kera.
iri hagati y’igitambo
cy’ukaristiya
n’igitambo kivugwa
mu isakaramentu
rya kera
a Isano iri hagati
y’ igitambo
cy’ukaristiya
n’igitambo cyo
mu isezerano
rya kera.
rituta ayandi
-Abana bakajya mu kiriziya aho
bishoboka bakitegereza bimwe mu
bikoresho bya misa kandi
bakabyunguranaho ibitekerezo
Ihuriro n’andi masomo:
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azaba ashobora gutandukanya no gusobanura neza ibice bya Misa
Imfashanyigisho: indabo, imyambaro n’amabara, amashusho, ibyuma bisohora amajwi, Bibiliya.
128
UMWIHARIKO W’ABAPOROTESITANTI N’ABADIVANTISITE
Imbumbanyigisho:Imyemerere no gusenga
Icyigisho: Ibikorwa by’Ubuyobokamana
Umwaka wa 3: Iyobokamana rya Gikirisitu
Umutwe wa 1: Ubuturo Bwera Umubare w’amasomo:
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: umunyeshuri azaba ashobora kugaragaza akamaro n’imirimo yakorerwaga mu buturo bwera.
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kuvuga ibice
byari bigize
ubuturo bwera
n’imirimo
yahakorerwaga
muri buri gice
Kugaragaza icyo
umutambyi ari
cyo n’uburyo
-Gutandukanya
ahera n’ahera
cyane
-Gusobanura
ibyakorerwaga
muri buri gice
cy’ubuturo
bwera
-Kubaha
abayobozi
b’itorero,
urusengero na
bagenzi be.
-Gutekereza ituro
akwiye gutura
Imana.
-Amabwiriza yo kubaka ubuturo bwera. -Ibikoresho n’imirimo yakorerwaga mu buturo -Ibirebana n’abatambyi muri Bibiliya
-Gushyira abana mu matsinda
bakaganira ku mirimo yakorerwaga mu
buturo bwera abayikoraga ndetse
n’amabwiriza yagengaga ubuturo bwera
-Kungurana ibitekerezo mu matsinda ku
nkuru ijyanye n’ubuturo bwera
basomewe babihuza n’ubuzima ndetse
n’imyitwarire iboneye mu rusengero
129
yashyirwagaho
-Kumenya
itandukaniro riri
hagati
y’abatambyi ba
kera na Yesu.
Gutandukanya
igitambo cya
Yesu
n’icyabatambyi
bo mu
isezerano rya
kera.
Hwihana igihe
cyose uguye mu
cyaha ubinyijije
ku mutambyi
mukuru ariwe
Yezu
-Yesu, Umutambyi Mukuru
-Gukora umwitozo wo gushushanya
ubuturo bwera bagaragaza ibice byari
bibugize kandi baganira ku kamaro
kabwo mu buzima bw’umuryango
w’Imana.
-Gukina udukino tugaragaza imirimo
y’ubutambyi n’anmategeko yagengaga
gutamba
Ihuriro n’andi masomo:amateka(umuryango w’abayisiraheri)
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri azaba ashobora kugaragaza akamaro n’imirimo yakorerwaga mu buturo bwera.
Imfashanyigisho: Bibiliya, amashusho y’ubuturo bwera.
130
131
IYOBOKAMA RYA KIYISILAMU
132
5.4 Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa Mbere
5.4.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe
- Gufata mu mutwe no kuvuga amahame shingiro y’ukwemera muri Islamu; - Gusoma neza amasura yo muri Qur’an yoroheje; - Gufata mu mutwe no kuvuga amategeko ngengabikorwa ngaragiramana;
- Gufata mu mutwe no kuvuga ubuzima bw’intumwa y’Imana Muhamadi, afatiye ku rugero rwe akagaragaza imibanire
myiza n’abandi ( Imana imuhe Amahoro n’Imigisha)’ - Kugaragaza urukundo ku bantu babana no kwita ku bidukikije.
133
5.4.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa mbere
Imbumbanyigisho:Ibyanditswe bitagatifu
n’imyemerere
Icyigisho: Tawhiid
Umwaka wa mbere: Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 1: Amahame shingiro
y’ukwemera muri Islam
Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: umunyeshuri azaba ashobora kuvuga adasoma amahame atatu ya mbere y’ukwemera,
kuyakurikiza no gukurikiza Intumwa mu kubanira abandi neza
Intego y’icyigisho
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kugaragaza ko
Imana ari imwe
rukumbi (Allah)
-Kugaragaza
impamvu Allah
yaremye amajini
n’abantu
-Gusobanura impamvu
Imana ari imwe
rukumbi (Allah)
-Gusobanura impamvu
Imana yaremye abantu
n’amajini
-Gusobanura uko
-Gukunda Allah
no kubaha
ibiremwa bye
-Gukurikiza
inyigisho
z’Intumwa
y’Imana
Muhamadi
-Imana ni imwe
rukumbi(Allah)
-Imana ni
umuremyi
w’Ijuru n’isi
n’ibirimo
byose(Rurema)
-Mu matsinda, kwitegereza
ibiremwa bitandukanye aho biri
(nko mu busitani)
-Mu matsinda, kungurana
ibitekerezo ku nkomoko
y’ibiremwa
-Gusangira ibyavuye mu
134
-Kuvuga inkomoko
y’ibiriho byose
-Kuvuga amazina ya
zimwe mu ntumwa
z’Imana
Kugaragaza
imigirire y’Intumwa
z’Imana
Imana yaremye ibiriho
byose
-Gusobanura
ubutumwa bwatanzwe
n’intumwa z’Imana
-Intumwa
z’Imana
n’ibyaziranze mu
mibereho yazo
-Umwihariko wa
Allah mu
gusengwa
n’ububi bwo
kumubangikanya
(Shirki)
matsinda
-Gukina udukino tugaragaza
imico y’Intumwa z’Imana.
Kwereka abanyeshuri ingero
z’ibishushanyo abandi bantu
basenga bitari Allah
Ihuriro n’andi masomo:Amateka ku ntangiriro ya Islam,ubumenyi mbonezamubano ku bwuzuzanye bw’ibiremwa
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri arashobora gikurikiranya neza amahame y’ukwemera,kuyakurikiza no gukurikiza inyigisho
z’Intumwa z’Imana
Imfashanyigisho: Qur’an,ibidukikije, amashusho n’ibishushanyo, ibikoresho byo kwifashisha mu dukino tw’imico myiza y’intumwa
135
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe bitagatifu
n’imyemerere
Icyigisho: Qur’an
Umwaka wa mbere : Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 2: Kwiga gusoma Qur’an Umubare w’amasomo: 8
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora gusoma inyajwi n’ingombajwi z’icyarabu nk’ururimi
Qur’an
Intego y’icyigisho
Ibikorwa by’umunyshuri
Ubumenyi ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kuvuga amategeka
agenga amajwi
y’inyuguti Qur’ an
yanditsemo
Gutondeka no
gusoma inyuguti
Qur’an yanditsemo.
-Kwigana
-Gutandukanya uko
basoma inyuguti Qur’an
yanditsemo n’inyuguti
zisanzwe
Kuvangura inyuguti
Qur’an yanditsemo mu
zindi zisanzwe
-Gufatanya inyuguti
-Kugira umuco
wo gusoma
Qur’an
-Gusubiramo
kenshi amajwi
y’inyuguti Qur’an
yanditsemo
nkuko amategeko
abigenga
abiteganya
-Inyajwi
n’ingombajwi
z’Icyarabu
Qur’an
yanditsemo
-Abana barasoma bigana
amajwi y’inyuguti Qur’an
yanditsemo ku kibaho
-Abana baritoza
kwisomesha bonyine
inyuguti Qur’an
yanditswemo.
-Abana baratombora
136
imisomerwe
y’inyuguti Qur’an
yanditsemo
bakurikije ingero
bumvise.
z’icyarabu no gusoma
imwe mu mirongo
zibonekamo
inyuguti Qur’an
yanditsemo,zanditse ku
mpapuro, buri wese asome
iziri ku rupapuro rwe.
Ihuriro n’andi masomo:ururimi rw’Icyarabu
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri arashobora gusoma neza inyuguti Qur’an yanditsemo
Imfashanyigisho: Qur’an,ikaramu zagenewe gushushanya,impapuro zagenewe gushushanywaho,impapuro zanditseho inyuguti
za Qur’an, Agatabo ka Yassarnal-Qur’an
137
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe
bitagatifu n’imyemerere
Icyigisho: Ubumenyoi bw’amaategeko y”idini: Fiq’hi
Umwaka wa mbere : Iyobokamana
rya kiyisilamu
Umutwe 3: Amategeko ngengabikorwa ngaragiramana
y’ibanze
Umubare
w’amasomo:7
ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora kwisukura yubahiriza amategeko y’isuku yo gusari
n’amategeko y’ibanze agenga Iswalat
Intego y’icyigisho
Ibikorwa
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kurondora amategeko agenga kujya
mu bwiherero
-Kugaragaza amategeko agenga
isuku mbere yo gusari.
-Kuvuga amasengesho ategetswe
n’ibihe byayo
Kwerekana
uko isuku
mbere yo
gusari ikorwa.
-Kwerekana
uko Iswala
ikorwa
-Gutandukanya
amasengesho
ategetswe
Kubahiriza
amategeko
agenga isuku ya
mbere yo gusari
-Kubaha igihe
cyagenewe
amasengesho
-Guharanaira
ibihembo
Imana
Isuku mbere yo
gusari
-Amasengesho atanu
ategetswe buri
munsi
- Amasengesho
y’umugereka
(sunnat)
Abana barakora
umwitozo w’isuku
bakaraba nkuko
bikorwa mbere yo
gusari (wudhu).
-Abana barakora
umwitozo wo
gukora Iswala
eshanu zitegetswe
n’iz’umugereka.
138
-Kuvuga amasengesho y’umugereka
(Sunnat) n’ ibihe byayo.
-Kuvuga ubusabe ( Iduwa)
bukoreshwa mu gusingiza Imana mu
Iswala na nyuma yayo (Adh’kar)
n’amasengesho
adategetswe
-Kuvuga
akamaro k’
Iswala muri
Islam
yageneye
abakora Iswala
uko bikwiye no
kwirinda
ibihano
byateganyirijwe
abayirengagiza
-Gusingiza
Imana mu
Iswala na
nyuma yayo.
-Amasengesho
yategetswe(Faradha)
-Ubusabe ( Iduwa)
bukoreshwa mu
gusingiza Imana mu
Iswala na nyuma
yayo (Adh’kar)
-Abana
barasubiramo
ubusabe ( Iduwa)
bukoreshwa mu
gusingiza Imana
mu Iswala na
nyuma yayo
(Adh’kar)
-Kureba videwo
n’amashusho
byerekana uko
bakora isuku nuko
basali
Ihuriro n’andi masomo: ubumenyi mbonezamubano
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri arisukura neza mbere yo gusari kandi arakora iswala mu gihe cyayo
Imfashanyigisho: Qur’an,amazi,akajerikani,ibirika,umuswalat(umukeka), Kambambiri, ibikoresho byerekana videwo
139
Imbumbanyigisho: Imyemerere
n’amateka y’Idini
Icyigisho: Amateka ya Islam (Taarekh)
Umwaka wa mbere:
Iyobokamana rya kiyisilamu
Umutwe 4: Ubuzima bw’intumwa y’Imana
Muhammad (Imana imuhe Amahoro n’imigisha)
Umubare w’amasomo:5
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba arangwa n’imico myiza n’urukundo muri bagenzi be nkuko byaranze
intumwa y’Imana Muhamadi
Intego y’icyigisho
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kuvuga
inshamake y’
amateka y’ibanze
y’ubuzima
bw’Intumwa
y’Imana
Muhamadi.
-Kurondora
imigenzo myiza
yaranze Intumwa
-Gusobanura
imibereho y’intumwa
y’Imana Muhamadi
mbere na nyuma yo
guhishurirwa
ubutumwa.
-Gutandukanya
Imyitwarire yaranze
intumwa y’Imana
Muhamad
-Gukurikiza
imigenzo yaranze
intumwa y’Imana
Muhamadi.
-Kubahiriza
inyigisho z’intumwa
y’Imana Muhamadi
-Gukunda Intumwa
-Igisekuru
cy’intumwa
y’Imana
Muhamadi(I.A.U)
-Amateka y’ibanze
yubuzima bwa
Muhamadi.
-Imigenzo
-Abana mu itsinda baribukiranya ku
buzima bwa Muhamadi mbere na
nyuma yo guhishurirwa ubutumwa.
-Abana mu rindi tsinda baraganira
ku migenzo mbonezabupfura
yaranze Muhamadi(ukuri,
kwizerwa, ubuntu, kugira impuhwe
mu gutanga ubutumwa bw’Imana
yagejejweho na Gaburiheli)
140
y’Imana
Muhamadi mu
buzima bwe
bw’ibanze.
n’iy’abandi bantu
basanzwe.
y’Imana Muhamadi
no kuyisabira
Amahro n’imigisha
igihe ivuzwe
n’ubupfura
byaranze Intumwa
yimana muhamadi
(i.a.u)
-Abana barakina ikinamico
hanyuma banarebe filimi ku buzima
bwa Muhamadi.
-Abana barahuriza hamwe ibyavuye
mu matsinda
Ihuriro n’andi masomo: Amateka y’amadini,ubumeny imbonezamubano
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri arabanira bagenzi be neza nkuko byaranze intumwa y’Imana Muhamadi.
Imfashanyigisho: Qur’an,ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi bitabo.
141
Imbumbanyigisho: Imyemerere n’imigenzo
mbonezabupfura
Icyigisho: Ubupfura (Adabu)
Umwaka wa mbere: Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 5: Ubupfura n’imibanire myiza
n’abandi)
Umubare w’amasomo:8
ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora gukora ibikorwa by’urukundo muri bagenzi be no kwita ku bidukikije
bigaragaza urukundo akunda Imana
Intego y’icyigisho
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha ibyigwa
-Kurondora
ibikorwa
by’urukundo mu
bantu
-Kugaragaza
imyifatire Islam
yateganyije mu bihe
bunyuranye
-Kugaragaza
indangagaciro za
-
Gutandukanya
urukundo
Imana idusaba
kugirira
abandi
n’ubucuti
busanzwe
Gusobanura
akamaro ko
kwita ku
-Kubaha no
gufasha bagenzi be
adashingiye ku
bwoko, ku karere,
ku idini cyangwa
irindi vangura iryo
ari ryo ryose
-Kwirinda
icyakwangiza
ibidukikije byose\
-Gukunda Imana no
gukunda mugenzi
wawe nk’uko wikunda.
-Imyitwarire mu bihe
bitandukanye (kurya,
kunywa , kuryama,
kubyuka, Kujya mu
bwiherero, kwambara,
mu rugendo, kubaha
abakuru, kugirira
impuhwe abato,
-Mu matsinda abana
baribukiranya indangagaciro
z’umuyislamu nyawe maze bajye
bazandika ku dupapuro.
-Abana baromeka ku rukuta
udupapuro twanditseho
indangagaciro za kiyislamu,
hanyuma bakore umwitozo wo
kuzisoma umwe umwe
-Abana barasubiramo indamutso
142
kiyislamu
hagamijwe
guhindura isi nziza
-Kuvuga ibikorwa
by’ibanze byo
kurengera
ibidukikije
nk’ibiremwa
by’Imana.
bidukikije
muri Islamu
-Kwitwara nk’uko
Islamu ibiteganya
mu bihe
bitandukanye
by’ubuzima bwa
buri munsi
indamutso
-Kubaha Imana mu
biremwa byayo
ubirinda, ubyitaho
kandi ubiteza imbere
mu mibereho yabyo
muri Islam (salamu), n’ubusabe
bwihariye mu bihe runaka
n’imyifatire isabwa.
-Abana barakora ikinamico ku
rukundo basabwa kugirira
abandi.
-Abana barareba filimi yerekana
ibikorwa bigamije kurengera
ibidukikije
Ihuriro n’andi masomo: ubumenyi mbonezamubano, ubupfura n’itozamuco
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri ararangwa n’imico myiza y’urukundo n’ubupfura muri bagenzi be no gukunda Imana
abinyujije mu biremwa kandi arangwe n’imyifatire isabwa mu bihe runaka nk’uko Isilamu yayiteganyije.
Imfashanyigisho: Qur’an, ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi bitabo, ibitabo bya Hadith , Ibitabo by’ububonezabupfura muri
Islam impapuro zo ku nkuta n’amakaramu yazo
143
5.5 Integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu: umwaka wa Kabiri
5.5.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe
- Kumenya no kubaha Imana nk’umuremyi w’ibiriho byose;
- Gusoma no gufata mu mutwe amasura;
- Gufata neza no gusubiramo inyuguti z’icyarabu;
- Gufata mu mutwe no kuvuga amateka y’ingenzi y’ubuyisiramu ;
- Kugaragaza imico myiza ngenga myitwarire kubwe ndetse no mu bandi bantu babana.
144
5.5.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Gikirisitu umwaka wa mbere
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe bitagatifu
n’imyemerere
Icyigisho: Tawhiid
Umwaka wa kabiri: Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 1: Amahame shingiro y’ukwemera
muri Isiramu,igice cya kabiri
Umubare w’amasomo:7
Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe: Umunyeshuri azaba ashobora kugaragaza ko Imana ari yo yonyine ikwiye gusengwa,
kwakira ubutumwa bwayo no gukorera Ijuru akirinda ibihano by’umuriro.
Intego y’icyigisho
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-
Kurondora
inkingi
esheshatu
zigize
ukwemera
muri
Isiramu
-Guhamya
ko Allah
-Kwerekana isano iri
hagati y’inkingi
z’ukwemera
n’ibikorwa
ngaragiramana
-Gusobanura akamaro
k’inkingi z’ukwemera
mu buzima bwa muri
munsi
-Guha Imana
icyubahiro kiyikwiye
mu masengesho.
-Kwirinda imihango
yose
y’ibangikanyamana
-Kubaha ibitabo
-Inkingi esheshatu zigize
ukwemera muri Isiramu:
-Imana imwe rukumbi (Allah)
-Abamarayika b’Imana
n’imirimo bamwe bashinzwe
(Djibril, Michael,Israfil, Izrail,
Malik, Malakulmawuti…)
-Mu matsinda abana
baraganira ku nshingano
zinyuranye z’Abamarayika
b’Imana
-Mu yandi matsinda abana
baragaragaza uburyo
Imana ikoresha ngo
abantu bayo bajye bahora
biyibutsa ubutumwa
145
ariwe
wenyine
ukwiye
Gusengwa
.
-Gutandukanya
amasengesho
akorerwa Imana
n’imigenzo
y’ibangikanyamana.
-Gusobanukirwa ibice
bitatu bigize
ukwemera
-Kugaragaza aho
abamarayika bahurira
n’ikiremwamuntu
bitagatifu.
-Gusenga Imana
imwe rukumbi
(Allah) no kumuha
icyubahiro no kubaha
intumwa ze
-Gutinya Imana
akurikiza inyigisho
zikubiye muri Qur’an
Kwemera igeno
ry’Imana
-Ibitabo by’Imana (Tawurat,
Suh’fi, Zaburi, Ivanjili,)
- Intumwa n’abahanuzi
-Umunsi w’Imperuka
(Ubuzima inyuma y’urupfu,
Izuka, ibarura, ijuru n’umuriro)
-Igeno ry’Imana
bwayo
-Abana barandika ku
dupapuro ibikorwa byiza
byahesha ubikoze Ijuru
-Abanyeshuri
baragaragariza hamwe
ibyo bagezeho mu
matsinda
Ihuriro n’andi masomo: Amateka mu iyobokamana (Djibril azanira ubutumwa bw’Imana intumwa), ubumenyi mbonezamubano.
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri azaba ashobora kugaragaza ko Imana ari yo yonyine ikwiye gusengwa, kwakira ubutumwa
bwayo no gukorera Ijuru akirinda ibihano by’umuriro.
Imfashanyigisho: Qur’an, Hadith z’intumwa Muhamad, ibindi bitabo.
146
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe bitagatifu
n’imyemerere.
Icyigisho: Qur’an
Umwaka wa kabiri: Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 2: Gusoma Qur’an Umubare w’amasomo:10
Ubushobozi bw’ibanze bugamijwe: umunyeshuri azaba ashobora gusoma no gufata mu mutwe amasura magufi ya Qur’an
Intego y’icyigisho
Ibikorwa
by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Gusoma neza amasura 11
magufi yo muri Qur’an
-Gusubiramo adasoma
amasura magufi yo muri
Qur’an yamaze gufata mu
mutwe
-Gutandukanya
imisomere ya
Qur’an mu nyuguti
zayo n’imisomere
y’ibindi bitabo
-Kutitiranya
imisomere ya
Qur’an n’indirimbo
zisanzwe
-Gusoma kenshi
Qur’an
-Kwimenyereza
gufata mu mutwe
Qur’an
-Gusoma: suurat
Al.-Fat’ha,
Al’fil
Qurayshi
Al’Mauna
Al’Kawthar
Al’kafiruna
Annasw’ru
-Gutega amatwi
imisomere y’amasura
ku majwi yafashwe mu
byuma
-Gufata igitabo cya
Qur’an abanyeshuri
bakisomesha
-Nyuma yo kumva
imisomere y’amasura
147
Al’Masad
Al-Ikh’laswi,
Al’Falaq.
Annasi
ya Qur’an,abanyeshuri
nabo barasubiramo
bigana uko babyumvise,
umwe umwe ,mu
matsinda cyangwa bose
hamwe
Ihuriro n’andi masomo:
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri azaba ashobora gusoma neza atajijinganya no gufata mu mutwe amasura cumi n’imwe magufi
ya Qur’an
Imfashanyigisho: Qur’an, udutabo twa yassarnal-Qur’an ibyuma bisakaza amajwi.
148
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe
bitagatifu n’imyemerere
Icyigisho: Ubumenyi bw’amategeko y’Idini: Fiq’hi
Umwaka wa kabiri: Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 3 : Iswalat Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora gusari no gutunganira Imana n’abantu
Intego y’icyigisho
Ibikorwaby’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha ibyigwa
-Kuvuga
amategeko
agenga
Iswalat.
-Kugaragaza
ibice bigize
iswalat
-Kurondora
ibyangiza
-Gusobanura
ibisabwa kugira ngo
Iswalat ibe itegeko
-Gusobanura
ibitegetswe
n’ibibujijwe mu
Iswalat.
-Gusobanura
ingororano
ziteganirijwe
abazirikana Iswalat
Gukora Iswalat uko
bitegetswe
-Kwirinda
icyakwangiza
iswalat cyose
-Kubanira neza
Imana n’abantu
Iswala 5 zitegetswe
-Ibisabwa kugira ngo
Iswala ibe itegeko
-Gukora Iswalat.
-Akamaro ko gukora
iswala
- Ibihano biteganirijwe
-Abanyeshuri mu matsinda
baraganira ku kamaro ko
gukora iswala n’ibihano
byo kuyirengagiza.
-Buri tsinda riragaragariza
abandi ibyo bagezeho ku
bijyanye n’akamaro ko
gukora iswala
-Abanyeshuri baritegereza
amafoto yerekana uko
149
iswala
-Gusobanura
ingaruka zo
kudakora iswalat
uko bikwiye
-Kwirinda ibyaha udakora iswalat Iswalat ikorwa
-Nyuma abanyeshuri nabo
barakora umwitozo wo
gukora Iswalat
Ihuriro n’andi masomo: ubumenyi mbonezamubano, icyarabu, siporo(mu gukora iswala no kwimenyereza kwirinda ibyaha)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri arashobora gusari yubahiriza amategeko no gutunganira Imana n’abantu.
Imfashanyigisho: Qur’an n’ibindi bitabo,umuswalat,amafoto,ikibaho cyo komekaho amafoto, kwerekana ikirere
150
Imbumbanyigisho: Imyemerere
n’amateka y’Idini (Taarekh)
Icyigisho: Amateka ya Islam
Umwaka wa kabiri : Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 4: Amateka y’ibanze ya Islam Umubare w’amasomo:5
Ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora kugaragaza ubupfura n’ubutwari nk’ibyaranze abasangirangendo b’intumwa,
abe intangarugero mu mico myiza
Intego y’ikigisho
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kuvuga imiterere
n’imibereho y’Abarabu
mbere y’ubutumwa
bw’intumwa
Muhamadi
-Kuvuga intangiriro ya
Islamu mu ncamake
-Kugaragaza imibereho
n’ubuzima
-Gusobanura
icuraburindi
ry’ubuyobe
abarabu babagamo
-Gusobanura uko
Malayika Djibril
yabonekeye
intumwa y’Imana
Muhamadi
-Kwemera
ubushobozi
bw’ubutumwa bwa
Muhamadi mu
guhindura
imibereho y’abantu
-Kwemera no
gukurikiza inyigisho
z’intumwa z’Imana
mu buzima bwa buri
-Imibereho
y’abarabu mbere
y’ubutumwa bwa
Muhamadi
-Ihishurirwa
ry’intumwa
Muhamadi (wah’yi)
Itangizwa ku
mugaragaro ry’idini
-Gukora amatsinda
abanyeshuri bakaganira
ku mibereho y’abarabu
mbere y’ubutumwa bwa
Muhamadi, ku mateka ya
Isilamu no kubuzima
bw’abayisilamu ba mbere
-Mu matsinda kugaragaza
indangagaciro
z’abayisiramu ba mbere
abo muri iki gihe bagomba
151
by’abayisilamu ba
mbere.
-Kurondora amazina
y’abasangirangendo ba
mbere b’Intumwa
y’Imana Muhamadi
-Gutandukanya
ingengabihe ya
Islamu
n’ingengabihe
isanzwe
-Kugereranya
ubuzima bwa
bamwe mu
bayisiramu ba
mbere n’ab’iki gihe
munsi
-Gutera ikirenge mu
cy’abasangirangendo
b’intumwa
Kuba umusiramu
nyawe no
guharanira
iterambere rya
Isilamu
ya Islamu
-Ubuzima
bw’abasangirangendo
ba Muhamadi babaye
abayisiramu ba
mbere
gukurikiza
-Kwandika
ibyemeranijweho mu
matsinda.
-Bari hamwe abanyeshuri
barasangira ibyavuye mu
matsinda
Ihuriro n’andi masomo: Amateka (ku madini).
Ibipimo by’isuzuma: umunyeshuri aragaragaza ubupfura n’ubutwari nk’ibyaaranze abasangirangendo b’intumwa, kuba
intangarugero mu mico myiza abanira abandi neza
Imfashanyigisho: Qur’an ,impapuro zo ku nkuta, amafoto n’ikarita bigaragaza umugi wa Maka n’umujyi wa Madina
152
Imbumbanyigisho: Imyemerere n’imigenzo
mbonezabupfura
Icyigisho: Ubupfura (Adaabu)
Umwaka wa kabiri : Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 5 : Imibanire y’umuyisiraamu
n’abandi(Adaabu)
Umubare w’amasomo:6
Ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora kubaha buri wese nta vangura no kudakorera abandi icyo atifuza gukorerwa
Intego y’icyigisho
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kuvuga ubwoko
bw’ivangura
bukwiye
kwirindwa.
-Kugaragaza
ingaruka
z’ivangura no
guheza muri
sosiyeti
Gusesengura Qur’an
hagaragazwa
impamvu Imana
yaturemye tudasa
-Gusobanura imirongo
ya Qur’an n’imvugo
z’intumwa Muhamadi
zigaragaza ingaruka
z’ivangura n’ibyiza
by’ubumwe no
kudaheza.
-Kubanira neza
bose nta vangura
-Kwirinda
icyabangamira
abandi
-Kubaha abakuru,
abato ndetse
n’ab’ikigero kimwe
- Imana yaremye
abantu mu budasa
kugira ngo
bamenyane
banuzuzanye
(Ubumwe mu
budasa)
-Gukunda abandi
nkuko wikunda
-Gukina agakino kerekana
ingaruka zivangura n’iheza iryo
ari ryo ryose muri sosiyeti.
-Gukina agakino kagaragaza
ingaruka zabaho igihe abantu
baramutse basa
-Gukora amatsinda agaragaza
ibikorwa by’urukundo.
153
-Kurondora
indangagaciro
zigaragaza
ikinyabupfura mu
bantu
-Gutandukanya imico
mbonezabupfura
n’ingeso mbi
-Ikinyabupfura mu
bantu ku nzego
zose n’ahantu hose
-Gusangiza abandi ibyo buri
tsinda ryagezeho
-Kureba videwo yerekana
indangagaciro z’ubupfura mu
mibanire y’abantu ku nzego
zose
Ihuriro n’andi masomo: Ubumenyi mbonezamubano(imibanire y’abayisiramun’abandi)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri araba ashobora kubaha buri wese nta vangura , gutera amahoro aho ari hose no kudakorera
abandi icyo atifuza gukorerwa
Imfashanyigisho: Qur’an, hadith z’intumwa Muhamadi, ibikoresho bisohora amashusho n’amajwi
154
5.6 integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa Gatatu
5.6.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe
- Kuvuga no gusobanura amazina y’Imana aranga ubushobozi bwayo;
- Gufata mu mutwe amasura no kuyasobanura ndetse no kwandika inyuguti z’icyarabu;
- Gufata mu mutwe no kuvuga amategeko ngengabikorwa ngaragiramana;
( uburyobwo gusari mu isengesho ry’imbaga( Djamaat);
- Gufata mu mutwe no kuvuga Imibereho ya zimwe mu ntumwa zabanjirije Muhamadi;
- Kugaragaza imico myiza ngenga myitwarire kubwe no mu bandi bantu babana ndetse no mu bimukikije.
155
5.6.2 Imitwe igize integanyanyigisho y’Iyobokamana rya Kiyisilamu umwaka wa gatatu
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe bitagatifu
n’Imyemerere
Icyigisho: Tawhiid
Umwaka wa gatatu : Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 1: Amazina aranga ubushobozi
bw’Imana
Umubare w’amasomo:6
Ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora kubaha , gusenga no gusingiza Imana imwe uko bikwiye
Intego y’icyigisho
Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kurondora inkingi
5 za Isilamu
-Gutanga ingero
z’amazina
n’ibisingizo
bigaragaza ubwiza,
ubutungane,
n’ubushobozi
by’Imana
-Kurondora
-Gusobanura no
gutandukanya
Ubuhamya 2 bugize
inkingi ya mbere ya
Isiramu ( shahadat an
laa ilaha ilallal wa Ana
Muhamada rasuulullah)
-Bigaragara muri buri
nkingi
-kwemera no kwizera
Imana (Allah)
n’Intumwa yayo
-Kutagira indi
mana asenga
uretse Allah
Wenyine rukumbi
-Kwitandukanya
n’ibindi bikorwa
byose
bibangikanya
Allah (shirki)
Inkingi eshanu za
Isiraamu ( ubuhamya
bubiri, guhozaho iswala
eshanu buri munsi,
gutanga amaturo, gusiba
ukwezi kwa Ramadhan,
gukora umutambagiro
mutagatifu (Hijja) i Makka
-Imana ikwiye gusengwa
ni Allah wenyine we
wahanze byose ibiboneka
-Mu matsinda hanze
y’ishuri, kwitegereza
ibiremwa bitandukanye
(umuntu,izuba, imikurire
y’ibimera, imibanire
y’inyamaswa...)
-Guhana ibitekerezo mu
matsinda ku nkomoko
y’imibereho n’imikorere
itangaje y’ibyo biremwa
156
ibikorwa Imana
ubwayo yiremeye
birenze ubwenge
bwa Muntu
Muhamadi
-Gutandukanya
amazina n’ibisingizo
by’Imana
-Kwerekana ko
ubushobozi bw’Imana
burenze ubw’abantu
-Gushimangira
ubumwe bw’Imana
no kubaho kwayo
hashingiwe ku
bwenge
-Kudahakana
Imana hashingiwe
ku bwenge
n’ibitaboneka
-Imana ni yo yonyine yo
gusengwa no kwizerwa
n’abo yaremye
- Ibisingizo byose
biharirwe Allah we ufite
ububasha, ubwenge
n’ubuhangange kurenza
ibindi biremwa
-Kurema amatsinda yo
kwegeranya amazina
n’ibisingizo bigaragaza
ubwiza, ubuhangange
n’ububasha bwe.
-Gusangira ibyavuye mu
matsinda no
kubyunguranaho
ibitekerezo
Ihuriro n’andi masomo: ubumenyi mbonezamubano (gukorera mu matsinda)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri arashobora kubaha, gusenga no gusingiza Imana imwe uko bikwiye nta kindi
ayisimbuje(abantu,amafaranga,ibigirwamana)
Imfashanyigisho: Qur’an, ibitabo bya Hadiths, ibitabo bya Tawiihd
157
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe bitagatifu n’Imyemerere
Icyigisho: Qur’an
Umwaka wa gatatu: Iyobokamana rya kiyisilamu
Umutwe 2 : Gufata mu mutwe amasura no kuyasobanura
Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora kuvuga amasura cumi n’atandatu atayasoma, kuyasobanura, kwiringira ubutabazi bw’Imana no kumvira impanuro zayo
Intego y’icyigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Gusoma Qur’an
yubahiriza
amategeko yo
gusoma
-Kuvuga mu
mutwe (adasoma)
amasura magufi
ya Qur’an
-Gusesengura
ibyiza byo gusoma
no gufata mu
mutwe amasura ya
Qur’an
-Gusobanura
amasura magufi ya
Qur’an yamaze
gufata mu mutwe
-Gusoma Qur’an
kenshi no
kwihatira gufata
mu mutwe
amasura yayo
-Kwiringira Imana
mu bihe byose
-Gukurikiza
amategeko y’Imana
nkuko agaragara
-Gusoma no
gusobanura;
Al.-Fat’ha,
Al’adiyati
Al’qariat
Attakathur
Al’as’ri
Al’humazat
Al’fil
Qurayshi
-Gutega amatwi amajwi yuko
basoma Qur’an yafashwe mu
byuma byabugenewe.
-Imyitozo yo gusubiramo
amasura ntaho asoma umwe
umwe cyangwa bose
-Umwitozo wo gusobanura
amasura: umunyeshuri umwe
umwe asobanurira abandi mu
158
muri Qur’an
Al’Mauna
Al’Kawthar
Al’kafiruna
Annasw’ru
Al’Masad
Al-Ikh’laswi,
Al’Falaq.
Annasi
ishuri
-Gukosorana mu gihe amasura
adasobanuwe neza
Ihuriro n’andi masomo: Indimi (icyarabu)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri arashobora gusobanura amasura neza, kwiringira ubutabazi bw’Imana no kumvira impanuro
zayo mu kubana neza n’abandi
Imfashanyigisho: Qur’an, ibisobanuro bya Qur’an mu Kinyarwanda, ibyuma by’ikoranabuhanga bisohora amajwi
159
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe bitagatifu
n’Imyemerere
Icyigisho:Ubumenyi bw’Amategeko y’idini : Fiq’hi
Umwaka wa gatatu: Iyobokamana rya
kiyisilamu
Umutwe 3: Imigenzo y’intumwa mu gukora
Iswalat
Umubare
w’amasomo:6
ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora kubera abandi urugero no kubahamagarira kwitegura neza mbere yo gusari
Intego y’icyigisho Ibikorwa
by’abanyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kwibutsa
amategeko
y’ibanze
y’Iswalat
-Kuvuga
amategeko
y’inyongera
y’Iswalat
-Kwibutsa
-Gusobanura
amategeko y’Ibanze
y’iswala
-Gutandukanya
amategeko y’ibanze
n’ay’inyongera
agenga Iswalat
-Gushimangira
akamaro ko
-Gukurikiza
amategeko
y’Iswalat
Kubaha intumwa
no kuyikunda
-Gushishikariza
abandi gukora
iswalat
-Sunnat z’ibanze za mbere yo
gukora iswala y’itegeko (gusuhuza
Umusigiti...)
- Adhaana mbere y’Iswalat
(guhamagarira abantu kuza
gusari)
-Iqaamat mbere y’uko iswala
itangiye(ikimenyetso cyerekana
Mu ishuri Umwitozo
w’Adhaana
(guhamagarira abandi
gusari)
Mu ishuri kwerekana
ikimenyetso cy’uko
iswala itangiye
Kureba videwo yuko
iswala zikorwa n’uko
160
ibyangiza iswala
byose
n’ingaruka
bigira mu
buzima
bw’umuyislamu
-Kuvuga Iswalah
y’uwa gatanu
(Idjuma)
n’ibisabwa
kugira ngo ibe
itegeko
kwitegura no gukora
iswala uko bikwiye
mu buzima
bw’umuyisiramu
-Gusobanukirwa
amategeko agenga
Iswalat y”idjuma
-Kwitabira Iswalah
y’Idjuma
yuko iswala itangiye)
-Ibihano Allah yateganyirije ureka
Iswalat
-Iswalat y’Idjuma n’amategeko
ayigenga
Inshingano z’ababyeyi mu
gushishikariza abana kwitabira
Iswalat
zitegurwa
Mu matsinda ,
kuganira Bihembo
byabazirikana I swalat
n’ibihano
by’abazirengagiza
Ihuriro n’andi masomo: ubumenyi mbonezamubano(gukorana n’abandi mu matsinda)indimi (guhamagarira abandi kuza gusari)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri ashobora kwirinda ibihano by’udakora n’uwangiza iswala, kubera abandi urugero no
kubahamagarira gusari uko bikwiye.
Imfashanyigisho: Qur’an, hadiths, Umuswalat, ibyuma by’ikoranabuhanga bisohora amajwi n’amashusho,indangururamajwi
161
Imbumbanyigisho: Ibyanditswe bitagatifu n’imyemerere
Icyigisho: Amateka ya Islam (Taarekh)
Umwaka wa gatatu: Iyobokamana rya kiyisilamu
Umutwe 4 : Imigenzo myiza y’Intumwa zabanjirije Muhamadi
Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi fatizo: Umunyeshuri azaba ashobora gukurikiza imigenzo myiza yaranze intumwa zabanjirije Muhamadi.
Intego y’ikigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Imyifatire n’indangagaciro
ibyigwa
-Kuvuga amazina
n’amateka
y’incamake ya zimwe
mu ntumwa
zabanjirije
Muhamadi.
-Kurondora ibikorwa
by’intumwa z’Imana
zabanjirije
Muhamadi.
-Gutandukanya ubutumwa
bwa Muhamadi n’ubw’izindi
ntumwa zamubanjirije.
-Kugaragaza ihuriro
n’itandukaniro hagati
y’ubutumwa bwa Muhamadi
n’izindi ntumwa
zamubanjirije
-Gusobanura uko intumwa
zabanjirije Muhamadi
zashoboye kwihanganira
-Gukurikiza
imigenzo myiza
y’intumwa
Muhamadi
-Kuba
indahemuka no
kwihanganira
ibigeragezo mu
kwemera no
buzima bwa buri
munsi
-Amateka ya ziwe
mu ntumwa
zabanjirije
Muhamad ( Nuhu,
Ibrahim, Mussa,
Ismael, Issa)
-Imigenzo
y’intumwa
Mussa(a.s)
-Mu matsinda
atandukanye, Kuganira ku
buzima n’imigenzo
yaranze zimwe mu
ntumwa zabanjirije
Muhamadi.
-Kungurana ibitekerezo
mu matsinda ku byafasha
umusiramu kudacogora
mu nzira igana ijuru.
162
-Kugaragaza
ibigeragezo
n’imbogamizi
intumwa zabanjirije
Muhamadi
zanyuzemo mu
murimo wo gukorera
Imana
ingorane mu gusohoza
ubutumwa bw’Imana
-Gutanga inama z’uko
umuyisilamu w’ubu
yakomera mu kwemera
n’uko yaba inyangamugayo
mu bo babana
-Kubanira neza
Imana binyuze
mu kubanira
neza abandi
-Imigenzo
y’intumwa
Ismail(a.s)
-Imigenzo
y’intumwa Issa
(a.s)
-Nyuma yo kwandika
ibyavuye mu matsinda,
buri tsinda mu ishuri
rirasangiza abandi
incamake y’amateka
n’imigenzo myiza bya
zimwe mu mtumwa
by’intumwa zabanjirije
Muhammad
Ihuriro n’andi masomo : Amateka (amateka y’amadini)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri ashobora kuba indahemuka mu bandi, guhamya ukwemera no gukurikiza indi migenzo myiza
yaranze intumwa zabanjirije Muhamadi
Imfashanyigisho: Qur’an, ibindi bitabo, impapuro zomekwa ku nkuta n’amakara mu manini yabugenewe.
163
Imbumbanyigisho: Islam n’indangagaciro zayo.
Icyigisho: Imyitwarire ikwiye mu bandi (Adaabu).
Umwaka wa gatatu: Iyobokamana rya kiyisilamu
Umutwe 5: Kwiyubaha no kubanira abandi neza Umubare w’amasomo:8
Ubushobozi fatizo: Umunyeshuri arashobora guha buri wese icyubahiro cye;kurangwa n’ikinyabupfura gisabwa mu bihe bitandukanye by’ubuzima bwa buri munsi, gusabana n’abantu ku nzego zose no guha umusigiti icyubahiro cyiwukwiye
Intego y’icyigisho Ibikorwa by’umunyeshuri
Ubumenyi Ubumenyingiro Ubukesha Ibyigwa
-Kurondora amabwiriza
agenga imyitwarire mu
gihe cyo kurya, kunywa,
indamutso( salamu),
kuryama no kubyuka,
kwinjira mu ngo z’abandi
kwakira abashyitsi,
kubaha Umusigiti
-Kuvuga ibikorwa
by’ingenzi mu kwakira
abashyitsi.
-Gusobanura
itandukaniro riri
hagati y’Umusigiti
n’izindi nzu.
-Gusobanura
ubusabe bwa
mbere na nyuma
yo kurya no
kunywa
n’amabwiriza
agenga
Umuyisilamu mu
-Gusenga Imana
mu bihe
bitandukanye
mu bizima bwa
buri munsi
-Kubaha
Umusigiti
-Kwakira neza
abashyitsi no
kubanira neza
abandi
-Amamwiriza agenga
ubupfura mu bihe
bitandukanye
by’ubuzima bwa buri
munsi
-Kwiyubaha,kubaha abo
uruta, kubaha urungano
kubaha abakuruta
(ababyeyi,abarezi,
abayobozi, abayobozi
b’idini)
-Mu ishuri,gukina
imyitwarire ikwiye mu
kwakira abashyitsi
-Kureba videwo y’umwitozo
wigisha ikinyabupfura mu
kurya
-Kureba videwo y’umwitozo
wigisha ikinyabupfura mu
bihe bitandukanye
164
-Kuvuga amabwiriza yo
kubaha umusigiti
-Kugaragaza ibyiciro
by’abantu n’uko bikwiye
kubahwa
bihe bitandukanye.
-Gusobanura
impamvu buri
wese akwiye
icyubahiro
kimukwiye
by’ubuzima bwa buri munsi
-Hanze y’ishuri, gukora
urugendoshuri rugamije
gusura umusigiti,
hakitegerezwa ibice
biwugize, hagakorwa
n’umwitozo wo kuwubaha.
Ihuriro n’andi masomo: Ubumenyi mbonezamubano(gusabana no gukorana n’abandi mu ishuri)
Ibipimo by’isuzuma: Umunyeshuri arashobora guha buri wese icyubahiro cye;kurangwa n’ikinyabupfura gisabwa mu bihe
bitandukanye by’ubuzima bwa buri munsi, gusabana n’abantu ku nzego zose no guha umusigiti icyubahiro kiwukwiye
Imfashanyigisho: Qur’an, ibitabo bya Hadiths, ibitabo by’amateka y’intumwa n’abahanuzi, ibikoresho by’ikoranabuhanga
bisohora amajwi n’amashusho.
165
6. INDANGABITABO I.INYANDIKO NTAGATIFU 1. Bibiliya ntagatifu, Ed. Verbum Bible, Kinshasa 1990 2. Bibiliya yera, ABU 1957 3. Le Coran-Essai d’interpretation par Denise Masson, Ed. Gallimard , Paris 1980
II. IYOBOKAMANA RYA GIKIRISITU
1. Binz, Stephen J. (2007). Introduction to the Bible: A Catholic Guide to Studying Scripture . Collegeville, MN: The Liturgical Press.
2. BNEP, (1997). Integanyanyigisho y’Iyobokamana mu mashuri abanza Umwaka wa1, 2, 3, 4, 5, 6, Kigali. 3. BNEP, (1988). Integanyanyigisho y’Iyobokamana mu mashuri abanza, Kigali. 4. Miller, John W. (2004)How the Bible Came to Be: Exploring the Narrative and Message . New York: Paulist Press. 5. Mueller, Steve. (1999). The Seeker's Guide to Reading the Bible: A Catholic View . Chicago: Loyola Press. 6. Murdy, Kay. (2004). What Every Catholic Needs to Know About the Bible: A Parish Guide to Bible Study . Resource
Publications. 7. SNEC, (1986). Vuga Nyagasani Umwana wawe arumva,Igitabo cy’umwarimu, Umwaka wa mbere. Kabgayi. 8. SNEC, (1987). Nkura nunguka ubugingo bw’Imana, Igitabo cy’umwarimu Umwaka wa kabiri. Kabgayi. 9. SNEC, (1988). Uhoraho nzamwitura iki ibyiza byose yampaye, Igitabo cy’ umwarimu, Umwaka wa 3. Kabgayi. 10. SNEC, (1988). Imana yakunze isi, Igitabo cy’umwarimu, Umwaka wa 4. Kabgayi. 11. SNEC, (1989). Ingoma y’Imana iri hagatiyanyu: Igitabo cy’umwarimu, umwaka Wa 5. Kabgayi, 12. SNEC, (1980). Muri ururnuri rw’isi, Igitabo cy’umwarimu, umwaka urangiza amashuri abanza Kabgayi. 13. Westerhoff, J. (1980). Bringing up Children in the Christian Faith. San Francisco, CA: Harper Collins.
166
III. IYOBOKAMANA RYA LIYISILAMU
1. ALI, S. (1978). The Spirit of Islam: A History of the Evolution and Ideals of Islam, with a Life of the Prophet. London: Chatto & Windus.
2. Al-Islam, (1975). Inzu Ndangamuco ya Islam Kigali. Rwanda. 3. As-Salat, (1975). Inzu Ndangamuco ya Islam. Kigali, Rwanda. 4. Armstrong, K. (2002). Islam: A Short History. New York: Modern Library, revised ed. 5. Behechti and Bahonar. (1986). Philosophie de l’Islam. Ed. Abb - Ahmad, A] Bostani Paris 6. Bloom, J. and Sheila, B. (2002). Islam: A Thousand Years of Faith and Power. New Haven, CT: Yale University Press. 7. Cook, M. (2000). The Koran: A Very Short Introduction. Oxford, UK: Oxford University Press. 8. Denny, F. (1994). An Introduction to Islam. New York: Macmillan. 9. Nasr, S. (2002).The Heart of Islam: Enduring Values for Humanity. San Francisco, CA: Harper SanFrancisco.
167
7. IMIGEREKA
Subjects and weekly time allocation for lower primary (P1 to 3)
Subjects in Primary 1 – 3 Weight(%) Number of periods (1 period = 40 min.)
P1 P2 P3
1. Kinyarwanda 27 8 8 8
2. English 23 7 7 7
3. Mathematics 20 6 6 6
4. Social and Religious Studies 13 4 4 4
5. Sciences and elementary Technologies
7 2 2 2
6. Creative Arts: Music, Fine Art and Craft
7 2 2 2
7. Physical Education 3 1 1 1
Total (number of periods per week) 100 (30) (30) (30)
Total number of contact hours per week 20 20 20
Total number of contact hours per year (39 weeks) 780