KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana...
Transcript of KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana...
![Page 1: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/1.jpg)
KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE AMASEZERANO YA
BURUNDU Y’ABAFURERE 2 B’INYIGISHO ZA GIKRISTU
Tariki 04 Gashyantare 2018, muri Cathédrale ya Nyundo niho Nyiricyubahiro
Musenyeri Anaclet MWUMVANEZA,yakiriye amasezerano ya burundu
y’abafurere babiri : Furere INGABIRE Jean Paul na Furere Alexis
HAGENIMANA, b’Inyigisho za Gikristu(Les Frères de l’Instructions
Chrétienne) mu Gitambo cy’Ukaristiya. Kuri icyi cyumweru kandi hari
n’ubutumwa bw’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda buvuga ku mwaka
w’ubumwe n’ubwiyunge bwasomewe abakristu bose.
![Page 2: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/2.jpg)
Abafurere Jean Paul na Alexis bakora amasezerano imbere y’Umukuru
w’umuryango wabo. Nyuma barambarara hasi nk’ikimenyetso
cy’ubwiyoroshye.
![Page 3: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/3.jpg)
Nyuma yo gusezerana no gusabirwa mu rwunge rw’amasengesho,basinyiye ibyo
biyemeje imbere y’Umwepiskopi.
Nyuma y’ibyo umwepiskopi yabahobeye nk’ikimenyetso cyo kubishimira ku
ntambwe bateye muri Kiliziya.
![Page 4: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/4.jpg)
Nyuma y’amasezerano ya burundu, abandi bafurere bose bari bahari nabo
bavuguruye amasezerano yabo.
![Page 5: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/5.jpg)
Abafurere basezeranye burundu bari hamwe n’Umwepiskopi
![Page 6: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/6.jpg)
Nyuma y’Igitambo cy’Ukaristiya abatumiwe bakiriwe mu rugo rw’abafurere
muri Muhira. Aho byabimburiwe n’umuhango wo gukata Gato kubafurere babiri
basezeranye hamwe n’Umwepiskopi.
![Page 7: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/7.jpg)
Mu ijambo rye umwe mubasezeranye burundu mu muryango w’abafurere
b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya
bikagera naho bayiyegurira,yashimiye Imana cyane ko amasezerano yabo
noneho abereye iwabo mu Gihugu cyabo. Yashimiye Nyiricyubahiro Musenyeri
Umwepiskopi wa Nyundo wemeye kuba hamwe nabo. Ashimira abakuru
b’umuryango wabo babafashije kugeza ubu. Ashimira ababyeyi babo batabaciye
intege mu rugendo rwabo rwo kwiha Imana. Yakomeje avuga ko ubu urugendo
rumwe rurangiye ariko batangiye urundi rukomeye rwo kuba umuhamya koko
w’icyo biyemeje imbere y’Imana na Kiliziya. Nuko asoza ijambo rye avuga ko
we na mugenzi basaba inkunga y’isengesho kugira ngo bazabashe kurangiza
neza ubutumwa Imana ibahamagarira mu muryango wabo badahemutse.
![Page 8: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/8.jpg)
Mu ijambo rye umubyeyi wahagarariye abandi yateruye avuko ko kwiha Imana
ari ikintu kiza kandi gikomeye. Ashimira abo bafurere batacitse intege mu nzira
banyuze zose, abasaba kutazacika intege nubu kuko urugendo rugihari kandi
rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga amaso uwabahamagaye
ntacyo bazabura kandi mubyo abatuma gukora ntakizabananira
nibamwiyambaza muri byose. Yarangije ashimira umuryango w’Abafurere,
ashimira Kiliziya Gatolika kuburere batanga mu buryo bunyuranye kandi
bwuzuzanya.
![Page 9: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/9.jpg)
Mu rubyiruko batoza kandi bafasha harimo n’impano zitandukanye zigaragara.
Cyane cyane iyo babafasha kwidagadura kuburyo bwa gikristu.
![Page 10: KURI ICYUMWERU UMWEPISKOPI YAKIRIYE … · b’Inyigisho za Gikristu, yatangiye ashimira Imana yabahaye kuyimenya bikagera ... rusaba ubutwari. Yakomeje avuga ko nibihatira guhanga](https://reader036.fdocument.pub/reader036/viewer/2022081722/5ad884fc7f8b9a98098e2a64/html5/thumbnails/10.jpg)
Mu Ijambo ryeNyiricyubahiro Musenyeri Anaclet MWUMVANEZA yatangiye
ashimira umuryango w’Abafurere b’Inyigisho za Gikristu, ku bikorwa bakora
binyuranye mu iyogezabutumwa ry’urubyiruko. Yakomeje ashimira abafurere
basezeranye burundu mu muryango w’Abafurere b’Inyigisho za Gikristu ; avuga
ko kuba basezeraniye ku Nyundo bitanga isura nziza kubandi bose bifuza kuza
mu muryango wabo. Yakomeje avuga ko ingero nziza batanga n’ibyiza bakora
bizajya bibyara ubutorwe. Yashimiye abitabiriye uwo munsi mukuru bose,
aboneraho kubabwira ko mu kwezi kwa cyenda 2018 abafurere kandi bazizihiza
Yubile y’Imyaka 50 bageze mu rwanda ikazabera hano ku Nyundo. Yarangije
ashimira abateguye uyu munsi bose n’ibirori byiza byagaragaye, yifuriza Furere
Alexis na Furere Jean Paul ubutumwa bwiza abifuriza kuzaba koko intumwa
z’Imana mu bantu bikazatuma n’abandi babakurikira mu nzira bahisemo.
Padiri Jean Marie KWIZERA